Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya igihano cyahawe Umunya-Cameroon wahamijwe gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ikizakorwa natacyubahiriza

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya igihano cyahawe Umunya-Cameroon wahamijwe gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ikizakorwa natacyubahiriza
Share on FacebookShare on Twitter

Umwanditsi w’Umunya-Cameroon, Charles Onana yahamijwe n’Urukiko rwo mu Bufaransa icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi akaba ari na we wa mbere ubihamijwe muri iki Gihugu, rumuhanisha kwishyura ihazabu y’ihumbi 8,4 by’ama-Euro mu minsi 120, atabikora, agafungwa.

Ni icyemezo cyafashwe kuri uyu wa Mbere tariki 09 Ukuboza 2024 nyuma yuko uru Rukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwari rwatangiye kuburanisha uyu mwanditsi mu ntangiro z’Ukwakira 2024.

Me Gisagara Richard, umwe mu banyamategeko bakurikiranye uru rubanza, yavuze ko nk’uruhande rw’abari bahagarariye u Rwanda muri uru rubanza, bishimiye iki cyemezo cy’Urukiko cyo guhamya uyu mwanditsi iki cyaha.

Yavuze ko hari hashize imyaka 12 hasabwa ko Ubutabera bw’Igihugu cy’u Bufaransa buhana icyaha cyo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko hakunze kugaragara bamwe mu bagikora, none Onana akaba abaye uwa mbere ugihamijwe muri iki Gihugu.

Ati “Ni icyemezo cyadushimishije cyane, tukaba twumva ko kigiye kubera urugero abandi bose bari baragize Igihugu cy’u Bufaransa icy’abantu bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Me Gisagara yavuze ko Charles Onana yahanishijwe igihano cyo kwishyura ihazabu ya 8 400 Euro (arenga Miliyoni 11 Frw), ariko ko ikiba kigenderewe atari igihano, ahubwo ko ari ingaruka zo kuba yahamijwe iki cyaha.

Ati “Urebye ikintu kinini kiba kigenderewe, ntabwo ari igihano, kuko akenshi iyo uhamijwe icyo cyaha bwa mbere ntabwo igihano kiba kiri hejuru. Ikinini cyane ni uko iyo icyaha kiguhamye, ni icyasha bigushyiraho, iyo Ubucamanza bwemeje ko uri umuntu uhakana Jenoside, kugeza ubu ngubu abantu bari bamaze kwemezwa icyo cyaha, ni abantu bahakana Jenoside yakorewe Abayahudi, iyo icyo cyasha kimaze kugufata, nta muntu wongera kuguha ijambo.”

Avuga kandi ko ibi bizagira ingaruka zikomeye kuri Onana kuko yari asanzwe atunzwe no kwandika no gutangaza amakuru yo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ku buryo ubu nta muntu uzongera kumwizera no kumuha umwanya ngo abone aho anyuza ibyo yatangazaga.

Ati “Ntabwo wongera guca ku mateleviziyo azwi, ntabwo wongera kujya gutanga ibiganiro mbwirwaruhame. Ni cyo kintu cya mbere umuntu aba akurikiye, icya mbere ni ukugira ngo umuntu icyaha kimuhame.”

Charles Onana kandi yahise atangaza ko azajurira iki cyemezo yafatiwe, ariko ko iyi hazabu yakatiwe, aramutse atayitanze mu minsi 120, azahanishwa gufungwa iminsi 120.

Guhamywa iki cyaha byamwambitse icyasha kizatuma atongera guhabwa umwanya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 16 =

Previous Post

Abanyerondo b’umwuga bo muri Kigali babwiwe ikizafasha guhangana n’ababiyitirira bagakora ibidakwiye

Next Post

LONI yavuze icyo ubona mu kuba Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye kongera kuganira

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

LONI yavuze icyo ubona mu kuba Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye kongera kuganira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.