Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangaje ko Ikibuga gishya cy’Indege cya Bugesera, kizatangira gukora mu myaka itatu iri imbere.

Yvonne Makolo yabitangarije i Doha ku wa Gatatu tariki 15 Gicurasi mu Nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ya Qatar izwi nka ‘Qatar Economic Forum’.

Igice cya mbere cy’iki Kibuga cy’Indege cya Bugesera kizaba gifite ubugari bwa Metero kare ibihumbi 130, kikazaba gifite ubushobozi bwo kunyuraho abagenzi miliyoni umunani ku mwaka, mu gihe imibare iteganya ko mu myaka iri imbere kizajya cyakira abarenga miliyoni 14.

Iki kibuga cy’indege giherereye mu bilometero 40 uvuye mu Mujyi wa Kigali, biteganyijwe kandi ko kizajya cyakira imizigo ipima toni ibihumbi 150 ku mwaka.

Imirimo yo kubaka iki kibuga cy’Indege mpuzamahanga, biteganyijwe ko izarangira mu mwaka wa 2026, gitwaye agera muri Miliyari 2 $ (arenga Miliyari 2 500 Frw). Ni ukuvuga hafi 1/2 cy’ingengo y’Imari y’u Rwanda igezweho muri iki gihe.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, ubwo yari muri iyi nama yabereye i Doha, yagize ati “Imirimo yo kubaka yo irarimbanyije. Turenda kugera mu cyiciro cy’imirimo yo gusoza ibikorwa byo hadi ku butaka, ubundi tugatangira ibikorwa bizamuye. Turateganya ko hagati ya 2027 na 2028 mu bijyanye n’imikorere y’ibibuga by’Indege kizaba gikora.”

Yvonne Makolo, yakomeje avuga ko Ikibuga cy’Indege cya Kigali, kizakomeza kwifashishwa nk’ihuriro ry’ibyerecyezo bitandukanye byo ku Mugabane wa Afurika, nk’uko bimeze ku cya Addis Ababa muri Ethiopia.

Yavuze ko ikibuga cy’Indege cya Bugesera kiri kubakwa ku bufatanye bwa Sosiyete y’Indege ya Qatar Airways izaba ifitemo imigabane ya 60%, ndetse ikaba inafite 49% by’imigabane muri sosiyete ya RwandAir.

Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways, Badr Mohammed Al Meer yavuze ko kuba Qatar ikomeje ibikorwa by’ishoramari nk’ibi, ari ugukomeza gufasha Afurika kurushaho kugenderana mu by’ingendo z’indege.

Yavuze kandi ko uretse kuba iyi sosiyete ikorana n’u Rwanda, iri no mu mikoranire y’ibice byo muri Afurika y’amajyepfo.

Ku bijyanye n’ubukererwe bwabaye mu kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera, Al Meer yavuze ko ubu bari mu biganiro n’ababaha ibikoresho ndetse n’abakozi, kugira ngo uyu mushinga w’ikibuga cy’indege urangire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho wagize ikibazo cy’uruhu yagaragaje ko cyakomeje anavuga inkuru afitiye abakunzi-AMAFOTO

Next Post

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Related Posts

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

by radiotv10
29/11/2025
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi, barimo Nirere Madeleine wongerewe Manda nk'Umuvunyi Mukuru, na Amb. Fidelis Mironko wagizwe Umunyamabanga Uhoraho...

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

by radiotv10
29/11/2025
0

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba...

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

IZIHERUKA

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda
SIPORO

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

29/11/2025
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

29/11/2025
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.