Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya igihe ikibuga cy’indege gishya u Rwanda rugiye kunguka kizafungurira imiryango
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangaje ko Ikibuga gishya cy’Indege cya Bugesera, kizatangira gukora mu myaka itatu iri imbere.

Yvonne Makolo yabitangarije i Doha ku wa Gatatu tariki 15 Gicurasi mu Nama y’Ihuriro ry’Ubukungu ya Qatar izwi nka ‘Qatar Economic Forum’.

Igice cya mbere cy’iki Kibuga cy’Indege cya Bugesera kizaba gifite ubugari bwa Metero kare ibihumbi 130, kikazaba gifite ubushobozi bwo kunyuraho abagenzi miliyoni umunani ku mwaka, mu gihe imibare iteganya ko mu myaka iri imbere kizajya cyakira abarenga miliyoni 14.

Iki kibuga cy’indege giherereye mu bilometero 40 uvuye mu Mujyi wa Kigali, biteganyijwe kandi ko kizajya cyakira imizigo ipima toni ibihumbi 150 ku mwaka.

Imirimo yo kubaka iki kibuga cy’Indege mpuzamahanga, biteganyijwe ko izarangira mu mwaka wa 2026, gitwaye agera muri Miliyari 2 $ (arenga Miliyari 2 500 Frw). Ni ukuvuga hafi 1/2 cy’ingengo y’Imari y’u Rwanda igezweho muri iki gihe.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Makolo, ubwo yari muri iyi nama yabereye i Doha, yagize ati “Imirimo yo kubaka yo irarimbanyije. Turenda kugera mu cyiciro cy’imirimo yo gusoza ibikorwa byo hadi ku butaka, ubundi tugatangira ibikorwa bizamuye. Turateganya ko hagati ya 2027 na 2028 mu bijyanye n’imikorere y’ibibuga by’Indege kizaba gikora.”

Yvonne Makolo, yakomeje avuga ko Ikibuga cy’Indege cya Kigali, kizakomeza kwifashishwa nk’ihuriro ry’ibyerecyezo bitandukanye byo ku Mugabane wa Afurika, nk’uko bimeze ku cya Addis Ababa muri Ethiopia.

Yavuze ko ikibuga cy’Indege cya Bugesera kiri kubakwa ku bufatanye bwa Sosiyete y’Indege ya Qatar Airways izaba ifitemo imigabane ya 60%, ndetse ikaba inafite 49% by’imigabane muri sosiyete ya RwandAir.

Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways, Badr Mohammed Al Meer yavuze ko kuba Qatar ikomeje ibikorwa by’ishoramari nk’ibi, ari ugukomeza gufasha Afurika kurushaho kugenderana mu by’ingendo z’indege.

Yavuze kandi ko uretse kuba iyi sosiyete ikorana n’u Rwanda, iri no mu mikoranire y’ibice byo muri Afurika y’amajyepfo.

Ku bijyanye n’ubukererwe bwabaye mu kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera, Al Meer yavuze ko ubu bari mu biganiro n’ababaha ibikoresho ndetse n’abakozi, kugira ngo uyu mushinga w’ikibuga cy’indege urangire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Umuhanzi ugezweho wagize ikibazo cy’uruhu yagaragaje ko cyakomeje anavuga inkuru afitiye abakunzi-AMAFOTO

Next Post

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Related Posts

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

by radiotv10
21/11/2025
0

In the discussions between the joint security mechanism of the Government of Rwanda and that of the Democratic Republic of...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

by radiotv10
21/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze guta muri yombi abanyamahanga babiri bagaragaye mu rugomo mu Mujyi wa Kigali, bahohotera umumotari,...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

IZIHERUKA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR
MU RWANDA

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

by radiotv10
21/11/2025
0

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Other talks between Rwanda and the DRC have made progress toward neutralizing the FDLR

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.