Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

radiotv10by radiotv10
31/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, wifuza kugaruka muri White House, yahamijwe ibyaha 34 bishingiye ku guha amafaranga umugore uvuga ko baryamanye kugira ngo amucecekeshe. Haba hagiye gukurikiraho iki?

Ni urubanza rwari rumaze iminsi ruvugwa cyane mu itangazamakuru mpuzamahanga ryiganjemo iryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, gusa Donald Trump n’abanyamategeko be bakaba barakunze gutera utwatsi ibyaha bishinjwa uyu munyapolitiki wo mu ishyaka ry’Aba-Republican.

Amateka yiyanditse muri Politiki ya Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma y’uko Urukiko ruhamije Donald Trump ibyaha 34, mu cyemezo cyasomwe n’Umucamanza mu ijwi ryumvikanagamo uburakari.

Icyemezo cy’igihano agomba guhanishwa nyuma yo guhamywa ibi byaha, kizasomwa tariki 11 Nyakanga 2024, birimo igihano cyo gufungwa cyangwa igisubitse ndetse n’icyo gutanga ihazabu.

Trump waburanye ahakana ibyaha ashinjwa ndetse ari hanze, yiteguye kujurira iki cyemezo, we yakunze kuvuga ko ibi birego bishingiye kuri politiki bigamije gukoma mu nkokora umugambi we wo kugaruka kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Donald Trump utanyuzwe n’icyemezo yafatiwe, yavuze ko urubanza nyirizina ruzacibwa n’Abanyamerika tariki 05 Ugushyingo ubwo bazatora ugomba kubayora, we akaba yifitiye icyizere cyo kongera gutorwa.

 

Biraganisha he?

Nyuma y’iki cyemezo, hahise hakurikiraho kwibaza niba Donald Trump yemerewe gukomeza umugambi we wo kwitoza kugaruka muri White House, ariko igisubizo ni uko Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za America ridakumira uwahamijwe ibyaha kuba yakwiyamamariza kuyobora iki Gihugu.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe isesengura ry’amateka y’Abakuru b’Ibihugu muri Kaminuza ya Southern Methodist University, Jeffrey Engel yagize ati “Dukunze gusuzuma mu mateka kugira ngo turebe agashya kaba kagiye kubaho, ariko nta kintu na kimwe kiri kugaragara ko kigiye kubaho muri iki gihe cya vuba.”

Mu ntangiro z’uyu mwaka, Trump yizeje Aba-Repubulican ko uko byagenda kose azatsinda amatora kabone nubwo yahamywa ibi byaha, nubwo atabyemera.

Isesenguramakuru ku matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, ryagaragaje ko Perezida Joe Biden wifuza indi manda, afite amahirwe macye yo kuzatsinda Trump, gusa nanone rikaba ryari ryagaragaje ko Trump aramutse ahamijwe ibi byaha yari akurikiranyweho bishobora kuzagira icyo bihindura ku mahirwe yari afite.

Isesengura ryakozwe n’ikinyamakuru ABC News, ryagaragaje ko 16% y’abashyigikiye Trump, bashobora kuzisubira mu kumushyigikira mu gihe yaramuka ahamijwe ibi byaha.

Trump we akomeje kuvuga ko ntakizamubuza gutsinda amatora, akagaruka muri White House. Ubwo yasohokaga mu cyumba cy’Urukiko amaze guhamywa ibi byaha, yagize ati “Icyemezo cya nyacyo kizafatwa tariki 05 Ugushyingo n’abaturage.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × five =

Previous Post

Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite

Next Post

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.