Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34

radiotv10by radiotv10
31/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya ikigiye gukurikira nyuma y’uko uwabaye Perezida wa America ahamijwe ibyaha 34
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, wifuza kugaruka muri White House, yahamijwe ibyaha 34 bishingiye ku guha amafaranga umugore uvuga ko baryamanye kugira ngo amucecekeshe. Haba hagiye gukurikiraho iki?

Ni urubanza rwari rumaze iminsi ruvugwa cyane mu itangazamakuru mpuzamahanga ryiganjemo iryo muri Leta Zunze Ubumwe za America, gusa Donald Trump n’abanyamategeko be bakaba barakunze gutera utwatsi ibyaha bishinjwa uyu munyapolitiki wo mu ishyaka ry’Aba-Republican.

Amateka yiyanditse muri Politiki ya Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma y’uko Urukiko ruhamije Donald Trump ibyaha 34, mu cyemezo cyasomwe n’Umucamanza mu ijwi ryumvikanagamo uburakari.

Icyemezo cy’igihano agomba guhanishwa nyuma yo guhamywa ibi byaha, kizasomwa tariki 11 Nyakanga 2024, birimo igihano cyo gufungwa cyangwa igisubitse ndetse n’icyo gutanga ihazabu.

Trump waburanye ahakana ibyaha ashinjwa ndetse ari hanze, yiteguye kujurira iki cyemezo, we yakunze kuvuga ko ibi birego bishingiye kuri politiki bigamije gukoma mu nkokora umugambi we wo kugaruka kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America.

Donald Trump utanyuzwe n’icyemezo yafatiwe, yavuze ko urubanza nyirizina ruzacibwa n’Abanyamerika tariki 05 Ugushyingo ubwo bazatora ugomba kubayora, we akaba yifitiye icyizere cyo kongera gutorwa.

 

Biraganisha he?

Nyuma y’iki cyemezo, hahise hakurikiraho kwibaza niba Donald Trump yemerewe gukomeza umugambi we wo kwitoza kugaruka muri White House, ariko igisubizo ni uko Itegeko Nshinga rya Leta Zunze Ubumwe za America ridakumira uwahamijwe ibyaha kuba yakwiyamamariza kuyobora iki Gihugu.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe isesengura ry’amateka y’Abakuru b’Ibihugu muri Kaminuza ya Southern Methodist University, Jeffrey Engel yagize ati “Dukunze gusuzuma mu mateka kugira ngo turebe agashya kaba kagiye kubaho, ariko nta kintu na kimwe kiri kugaragara ko kigiye kubaho muri iki gihe cya vuba.”

Mu ntangiro z’uyu mwaka, Trump yizeje Aba-Repubulican ko uko byagenda kose azatsinda amatora kabone nubwo yahamywa ibi byaha, nubwo atabyemera.

Isesenguramakuru ku matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, ryagaragaje ko Perezida Joe Biden wifuza indi manda, afite amahirwe macye yo kuzatsinda Trump, gusa nanone rikaba ryari ryagaragaje ko Trump aramutse ahamijwe ibi byaha yari akurikiranyweho bishobora kuzagira icyo bihindura ku mahirwe yari afite.

Isesengura ryakozwe n’ikinyamakuru ABC News, ryagaragaje ko 16% y’abashyigikiye Trump, bashobora kuzisubira mu kumushyigikira mu gihe yaramuka ahamijwe ibi byaha.

Trump we akomeje kuvuga ko ntakizamubuza gutsinda amatora, akagaruka muri White House. Ubwo yasohokaga mu cyumba cy’Urukiko amaze guhamywa ibi byaha, yagize ati “Icyemezo cya nyacyo kizafatwa tariki 05 Ugushyingo n’abaturage.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eight =

Previous Post

Shira amatsiko ku mibare y’abatanze Kandidatire ku mwanya wa Perezida n’iy’Abadepite

Next Post

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

M23 yagaragaje icyavuye mu mirwano ikomeye yayihuje na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.