Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ikizanye ibihangange muri ruhago y’Isi ba PSG bamaze gusesekara mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Menya ikizanye ibihangange muri ruhago y’Isi ba PSG bamaze gusesekara mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi bafite ibigwi mu mupira w’amaguru ku Isi; Sergio Ramos, Keylor Navas and Julian Draxler basanzwe ari abakinnyi ba PSG, bamaze gusesekara mu Rwanda.

Ibi bihanganye muri ruhago y’Isi bakaba bari mu bakomeye muri Paris Saint Germain, bageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022.

Amashusho yerekana aba bagabo bamaze gusesekara ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, agaragaza bari kumwe n’itsinda rigari bakiranwa ubwuzu nabo bigaragara ko bafite akanyamuneza.

Mbere yo kuza mu Rwanda, hari amashusho yari yagiye hanze aho Sergio Ramos aba avuga ko agiye kuza muri iki Gihugu cy’Imisozi Igihumbi.

Avugamo ko yiteguye kurira rutemikirere akaza mu Rwanda akazasura ibikorwa binyuranye birimo Ingagi zo mu Birunga by’umwihariko akazanabonana n’umwana w’Ingago yise Mudasumbwa.

Naho Keylor Navas usanzwe ari umunyezamu wa PSG, na we agaragaza ko afite akanyamuneza ko kuza kuganira n’Abanyarwanda akamenya umuco wabo kuko yabonye unejeje.

Ikipe ya PSG ikinamo abakinnyi barimo abayobozi ruhago y’Isi nka Lionel Messi ndetse na Kylian Mbappé, isanzwe ifitanye imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda yo mu bukangurambaga bwo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda (Visit Rwanda) bakihera ijisho ibyiza nyaburanga biri muri iki Gihugu.

Visit Rwanda yari iherutse kurarikira abantu ko hari uruhisho ibafitiye muri iki cyumweru turi gusoza ari rwo rw’aba bakinnyi bakomeye bagendereye u Rwanda.

Basesekaye mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Kwibuka28: Tele10 yafashe mu mugongo abarokotse isana inzu z’imwe mu miryango yabo

Next Post

Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)

Related Posts

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego
MU RWANDA

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)

Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.