Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ikizanye ibihangange muri ruhago y’Isi ba PSG bamaze gusesekara mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Menya ikizanye ibihangange muri ruhago y’Isi ba PSG bamaze gusesekara mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abakinnyi bafite ibigwi mu mupira w’amaguru ku Isi; Sergio Ramos, Keylor Navas and Julian Draxler basanzwe ari abakinnyi ba PSG, bamaze gusesekara mu Rwanda.

Ibi bihanganye muri ruhago y’Isi bakaba bari mu bakomeye muri Paris Saint Germain, bageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022.

Amashusho yerekana aba bagabo bamaze gusesekara ku Kibuga cy’Indege i Kanombe, agaragaza bari kumwe n’itsinda rigari bakiranwa ubwuzu nabo bigaragara ko bafite akanyamuneza.

Mbere yo kuza mu Rwanda, hari amashusho yari yagiye hanze aho Sergio Ramos aba avuga ko agiye kuza muri iki Gihugu cy’Imisozi Igihumbi.

Avugamo ko yiteguye kurira rutemikirere akaza mu Rwanda akazasura ibikorwa binyuranye birimo Ingagi zo mu Birunga by’umwihariko akazanabonana n’umwana w’Ingago yise Mudasumbwa.

Naho Keylor Navas usanzwe ari umunyezamu wa PSG, na we agaragaza ko afite akanyamuneza ko kuza kuganira n’Abanyarwanda akamenya umuco wabo kuko yabonye unejeje.

Ikipe ya PSG ikinamo abakinnyi barimo abayobozi ruhago y’Isi nka Lionel Messi ndetse na Kylian Mbappé, isanzwe ifitanye imikoranire na Guverinoma y’u Rwanda yo mu bukangurambaga bwo gushishikariza abatuye Isi gusura u Rwanda (Visit Rwanda) bakihera ijisho ibyiza nyaburanga biri muri iki Gihugu.

Visit Rwanda yari iherutse kurarikira abantu ko hari uruhisho ibafitiye muri iki cyumweru turi gusoza ari rwo rw’aba bakinnyi bakomeye bagendereye u Rwanda.

Basesekaye mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − one =

Previous Post

Kwibuka28: Tele10 yafashe mu mugongo abarokotse isana inzu z’imwe mu miryango yabo

Next Post

Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)

Perezida Kagame yayoboye kongere ya RPF-Inkotanyi yatumiwemo indi mitwe ya Politiki (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.