Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, wongerewe nyuma y’uko Perezida w’iki Gihugu Filipe Nyusi, abivuzeho ko abasirikare b’u Rwanda bagiye kongerwa kugira ngo bahangane n’ibitero by’ibyihebe byo mu mutwe ushamikiye ku wiyise Leta ya Kisilamu.

Mu cyumweru gishize, tariki 20 Gicurasi 2024, Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi yari yavugiye kuri Radio y’Igihugu ko, u Rwanda rugiye kohereza abandi basirikare mu rwego rwo guhangana n’ibitero bigabwa n’ibyihebe mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yemeje ko u Rwanda ruherutse kongera imbaraga mu bikorwa by’ingabo zarwo ziri mu butumwa mu Turere twa Palma, Mocimboa da Praia na Ancuabe, aho hoherejwe abandi basirikare b’inyongera 2 000.

Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko kongera umubare w’abasirikare b’u Rwanda muri ibi bikorwa bigamije “koroshya ibikorwa byo kwirukana ibyihebe bigisigaye byihishe mu mashyamba yo mu Karere ka Mocamia.”

Nyuma y’uko ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique, zirukanye ibyihebe mu Mijyi imwe n’imwe ndetse n’ibice by’icyaro muri Cabo Delgado, zikomeje kubyirukana mu bice bihana imbibi n’iyi Ntara, mu Ntara ya Nampula.

Ni mu gihe kandi ingabo za SADC ziri mu butumwa bwiswe SAMIM, zo ziteganya kurangiza ubutumwa bwazo mu mpera z’uyu mwaka.

Abasesenguzi bakavuga ko nyuma y’uko izi ngabo za SADC zizaba zivuye mu bice zarimo, iz’u Rwanda n’iza Mozambique zizahura n’akazi gakomeye ko kurwana urundi rugamba rw’ibi byihebe kuko bizaba bibonye icyuho, bityo ko hakenewe kongera imbaraga nk’uko RDF yabigenje.

Kuva tariki 26 Mata kugeza ku ya 04 Gicurasi 2024, RDF ifatanyije n’igisirikare cya Mozambique, bakoze ibitero byo kwirukana ibyihebe bikihishe mu bice by’amashyamba bya Odinepa, Nasua, Mitaka na Manika, mu Karere ka Eráti District mu Ntara ya Nampula, aho “bacye muri bo babashije gucika banyuze mu mugezi wa Lurio.”

Brig Gen Rwivanga avuga ko ibyo byihebe byakomeje kwihisha mu bice by’amashyamba kuva byakwamururwa n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique.

Kongera umubare w’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa muri Mozambique, bibaye mu gihe muri uku kwezi, Perezida w’iki Gihugu, Filipe Nyusi yari mu Rwanda yitabiriye Inama y’Ihuriro rya Africa CEO Forum, aho yanabonanye na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro birimo ibyo gukomeza kongerera ingufu umubano uri hagati y’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 16 =

Previous Post

Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Next Post

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.