Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
28/05/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya impamvu u Rwanda rwongereye umubare w’abasirikare bari muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Umubare w’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, wongerewe nyuma y’uko Perezida w’iki Gihugu Filipe Nyusi, abivuzeho ko abasirikare b’u Rwanda bagiye kongerwa kugira ngo bahangane n’ibitero by’ibyihebe byo mu mutwe ushamikiye ku wiyise Leta ya Kisilamu.

Mu cyumweru gishize, tariki 20 Gicurasi 2024, Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi yari yavugiye kuri Radio y’Igihugu ko, u Rwanda rugiye kohereza abandi basirikare mu rwego rwo guhangana n’ibitero bigabwa n’ibyihebe mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yemeje ko u Rwanda ruherutse kongera imbaraga mu bikorwa by’ingabo zarwo ziri mu butumwa mu Turere twa Palma, Mocimboa da Praia na Ancuabe, aho hoherejwe abandi basirikare b’inyongera 2 000.

Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko kongera umubare w’abasirikare b’u Rwanda muri ibi bikorwa bigamije “koroshya ibikorwa byo kwirukana ibyihebe bigisigaye byihishe mu mashyamba yo mu Karere ka Mocamia.”

Nyuma y’uko ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique, zirukanye ibyihebe mu Mijyi imwe n’imwe ndetse n’ibice by’icyaro muri Cabo Delgado, zikomeje kubyirukana mu bice bihana imbibi n’iyi Ntara, mu Ntara ya Nampula.

Ni mu gihe kandi ingabo za SADC ziri mu butumwa bwiswe SAMIM, zo ziteganya kurangiza ubutumwa bwazo mu mpera z’uyu mwaka.

Abasesenguzi bakavuga ko nyuma y’uko izi ngabo za SADC zizaba zivuye mu bice zarimo, iz’u Rwanda n’iza Mozambique zizahura n’akazi gakomeye ko kurwana urundi rugamba rw’ibi byihebe kuko bizaba bibonye icyuho, bityo ko hakenewe kongera imbaraga nk’uko RDF yabigenje.

Kuva tariki 26 Mata kugeza ku ya 04 Gicurasi 2024, RDF ifatanyije n’igisirikare cya Mozambique, bakoze ibitero byo kwirukana ibyihebe bikihishe mu bice by’amashyamba bya Odinepa, Nasua, Mitaka na Manika, mu Karere ka Eráti District mu Ntara ya Nampula, aho “bacye muri bo babashije gucika banyuze mu mugezi wa Lurio.”

Brig Gen Rwivanga avuga ko ibyo byihebe byakomeje kwihisha mu bice by’amashyamba kuva byakwamururwa n’ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique.

Kongera umubare w’abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa muri Mozambique, bibaye mu gihe muri uku kwezi, Perezida w’iki Gihugu, Filipe Nyusi yari mu Rwanda yitabiriye Inama y’Ihuriro rya Africa CEO Forum, aho yanabonanye na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro birimo ibyo gukomeza kongerera ingufu umubano uri hagati y’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 10 =

Previous Post

Ibivugwa nyuma y’uko umutoza w’Amavubi asezereye mu mwiherero abakinnyi batatu

Next Post

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

M23 yatanze amakuru arambuye ku bisasu biremereye byarashwe na FARDC mu gace gatuwemo n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.