Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu Ubucamanza bw’u Rwanda bwatangiye gukoresha Abacamanza b’abanyabiraka

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya impamvu Ubucamanza bw’u Rwanda bwatangiye gukoresha Abacamanza b’abanyabiraka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubucamanza bw’u Rwanda bwatangiye gukoresha Abacamanza n’abanditsi b’inkiko b’amasezerano y’akazi k’igihe kirangira, kugira ngo babufashe guhangana n’ikibazo cy’imanza zidindira zikamara igihe zitaracibwa.

The New Times itangaza ko ifite amakuru ko hari Abacamanza 20 n’abanditsi b’Inkiko 10 bahawe akazi k’amasezerano y’amezi atandatu bazakora mu nkiko ziganjemo izo ku rwego rw’ibanze.

Umuvugizi w’Inkiko zo mu Rwanda, Harrison Mutabazi yatangaje ko aka kazi k’amasezerano y’igihe kirangira kahawe Abacamanza, ari mu rwego rwo kugabanya icyuho kikiri mu manza zimara igihe zitaracibwa.

Yagize ati “Ni byo dufite imanza zidindira. Dufite icyuho mu manza zicibwa kandi nkuko tubizi dufite abakoze badahagije mu Nkiko. Rero aba bacamanza n’abanditsi b’inkiko b’amasezerano, baje kugira uruhare mu guhangana n’iri dindira.”

Abacamanza bahabwa amasezerano y’akazi arangira, bashobora no kuva mu basanzwe ari abacamanza mu Nkiko, gusa Itegeko rigenga urwego rw’Abacamanza n’abakozi bo muri uru rwego, rivuga ko abashobora guhabwa aya masezerano batagomba kuba ari abacamanza mu Rukiko rw’Ikirenga cyangwa urw’Ubujurire.

Iri tegeko kandi rivuga ko bashobora no kuba ari Abanyamategeko bafite impamyabumenyi ya kaminuza mu bijyanye n’amategeko, ubundi bagakoreshwa ibizamini n’Inama Nkuru y’Ubucamanza ikuriwe na Perezida wayo akaba na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga.

Mutabazi yatangaje ko aba bacamanza bashobora guhabwa akazi k’amasezerano arangira, “bakora ibizamini byanditse ndetse n’ibyo kubazwa, ubundi bagatoranywa n’Inama Nkuru y’Ubucamanza hagendewe ku manota bagize. Ubundi bakemezwa bakanarahira ndetse bakanahabwa amahugurwa.”

Mutabazi yavuze ko atari ubwa mbere aba bacamanza bagiye kwifashishwa mu Rwanda kuko no mu myaka umunani ishize, bakoreshejwe ndetse bagatanga umusaruro ushimishije.

Ubucamanza bw’u Rwanda busanzwe bufite ikibazo cy’imanza zidindira aho imibare igagaza ko mu mwaka w’Ubucamanza wa 2020-2021 ziyongereyeho 28% zikava kuri 22 784 zikagera kuri 29 259, bitewe n’icyorezo cya COVID-19 cyari cyaratumye Inkiko zitaburanisha imanza mu nkiko nubwo zifashishaga uburyo bw’ikoranabuhanga.

Muri uyu mwaka w’ubucamanza wa 2020-2021 kandi, igihe urubanza rumara ruburanishwa cyavuye ku mezi umunani (8) kigera ku mezi 10.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

AMAFOTO: Umukinnyi wa Football yakiriwe n’Umukuru w’Igihugu yambaye ikabutura na T-Shirt

Next Post

Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi

Perezida Kagame na we yageze muri Angola kuganira na Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.