Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko

radiotv10by radiotv10
12/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha birimo kwica abantu 14 basanzwe mu cyobo akekwaho kuba yari yarabashyinguyemo aho yari acumbitse, urubanza aregwamo rwasubitswe ku nshuro ya kabiri, nyuma y’uko ari we ubyisabiye.

Byari byitezwe ko uru rubanza ruburanishwa kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, nyuma y’uko imanza aregwamo zihujwe.

Abunganira Kazungu Denis barimo Me Faustin Murangwa bari bageze mu cyumba cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ariko umukiliya wabo [Kazungu] we yaburanye hifashishijwe ikoranabuhanga ry’iyakure, ari aho afungiye ku Igororero rya Nyarugenge i Mageragere.

Kazungu ndetse n’abamwunganira, babwiye Urukiko ko batabonye umwanya uhagije wo gutegura urubanza, bityo ko basaba ko urubanza rusubikwa.

Kazungu Denis ubwe yabwiye Inteko y’Urukiko ko yabyumvikanyeho n’umwunganizi we gusaba ko urubanza rusubikwa kugira ngo babone umwanya uhagije wo gutegura urubanza.

Me Faustin Murangwa yatangaje ko atabonye umwanya uhagije wo kwicarana n’umukiliya we ngo bategure urubanza, icyakora ko nyuma y’icyumweru kimwe biteguye kuburana.

Urukiko rwumvise icyifuzo cy’uruhande rw’uregwa, rwemeza ko urubanza rusubikwa; rukazasubukurwa tariki 02 Gashyantare 2024.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Kazungu Denis yagombaga kuburanishwa mu rundi rubanza aregwamo gusambanya umugore, ariko urubanza rurasubikwa nyuma y’uko Ubushinjacyaha busabye ko uru rubanza rwahuzwa n’urwari uyu munsi aregwamo ibi byaha byo kwica abantu.

Kazungu Denis akurikiranyweho ibyaha 10 birimo ibi byo kwica abantu 14 biganjemo abakobwa, bivugwa ko bahuriraga mu kabari akabajyana we nk’abagiye kwinezeza, bagerayo akabambura ibyo bafite ubundi akabivugana abanje kubasambanya.

Mu ibazwa rye yaba mu Bugenzacyaha no mu Bushinjacyaha ndetse n’imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwamuburanishije ku ifungwa ry’agateganyo, uregwa yemeye ibyaha byose, avuga ko impamvu yakoreraga abakobwa ibyo byaha, ariko na bo babaga bamaze kumwanduza Virusi Itera SIDA.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − two =

Previous Post

Ngoma: Abacuruzi basobanuye ingeso ibahombya yadukanywe n’abana

Next Post

Ibyo Minisitiri yasobanuriye Abadepite ku kibazo abaturage bamaranye imyaka 40 ntibyabanyuze

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere
FOOTBALL

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

26/11/2025
Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

26/11/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo Minisitiri yasobanuriye Abadepite ku kibazo abaturage bamaranye imyaka 40 ntibyabanyuze

Ibyo Minisitiri yasobanuriye Abadepite ku kibazo abaturage bamaranye imyaka 40 ntibyabanyuze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.