Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Umugabo we Bishop Gafaranga akurikianyweho icyaha cy'ihohotera rishingiye ku gitsina

Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsinda, rwashyizwe mu muhezo, ku bw’ubusabe bw’uwahohotewe [Annet Murava-Umugore w’uregwa] wabyifuje ku bw’inyungu z’umuryango.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma yuko uregwa [Bishop Gafaranga] yari yagejejwe ku Rukiko, aho yazanywe mu gitondo cya kare ndetse akinjira mu cyumba cy’iburanisha, itangamazamakuru ritamuciye iryera.

Annet Murava, umugore w’uregwa ari na we watanze ikirego, na we ari mu bitabiriye iri buranisha, na we wahageze mu gitondo agahita yinjira mu cyumba cy’iburanisha.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025 ubwo uregwa yagezwaga imbere yarwo.

Ni nyuma yuko icyifuzo cyo gushyira mu muhezo uru rubanza, gitanzwe n’Ubushinjacyaha bwavuze ko gishingiye ku busabe bw’uwakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari we Annet Murava, umugore wa Bishop Gafaranda.

Umushinjacyaha yavuze ko hakurikijwe ibizavugirwa muri uru rubanza, bizumvikano ibijyanye n’amabanga y’umuryango, ku buryo bikenewe ko rushyirwa mu muhezo kugira ngo bitazabangamira umurongo mbonezabupfura nyarwanda.

Uyu Mushinjacyaha wagezaga icyifuzo cye ku Rukiko, yifashishije Ingingo y’ 131 y’Itegeko ryerecyeye Imiburanishirize y’Imanza z’Inshinjabyaha, ivuga ko ubusanzwe iburanisha ribera mu ruhame, ariko ikagira irengayobora, igira iti “Icyakora, urukiko rushobora kwemeza ko iburanisha riba mu muhezo mu gihe ryabangamira umutekano cyangwa imico y’imbonezabupfura, n’igihe cyose Umucamanza asanze ari ngombwa.”

Bishop Gafaranga abajijwe icyo avuga kuri iki cyifuzo cy’Ubushinjacyaha, yavuze ko agishyigikiye, kuko cyatuma hatagira ikibangamira umuryango, ndetse binashimangirwa n’umunyamategeko we wavuze ko na bo bari bafite gahunda yo gutanga icyo cyifuzo.

Umucamanza amaze kumva ibitangaza n’impande zombi, yanzuye ko iburanisha rikomereza mu muhezo, asaba abari baryitabiriye, batari mu bagenwa n’itegeko, gusohoka mu cyumba cy’iburanisha.

Bishop Gafaranga uzwi mu biganiro byo ku miyoboro ya YouTube, yatawe muri yombi tariki Indwi Gicurasi 2025 akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Uyu mugabo wari ucumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacya ya Nyamata, yari aherutse gukorerwa dosiye n’uru Rwego ishyikirizwa Ubushinjacyaha, na bwo bwaje kuyiregera Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata.

Amakuru ava mu bazi umuryango wa Bishop Gafaranga, avuga ko uyu mugabo yahohoteraga umugore we Annet Murava, bikaza kugera kure, ari na ho uyu mugore usanzwe ari umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana, yaje gufatira icyemezo cyo kwiyambaza inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − three =

Previous Post

Ibitaramenyekanye ku ndirimbo ikunzwe muri iki gihe y’umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda

Next Post

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.