Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Umugabo we Bishop Gafaranga akurikianyweho icyaha cy'ihohotera rishingiye ku gitsina

Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsinda, rwashyizwe mu muhezo, ku bw’ubusabe bw’uwahohotewe [Annet Murava-Umugore w’uregwa] wabyifuje ku bw’inyungu z’umuryango.

Iki cyemezo cyafashwe nyuma yuko uregwa [Bishop Gafaranga] yari yagejejwe ku Rukiko, aho yazanywe mu gitondo cya kare ndetse akinjira mu cyumba cy’iburanisha, itangamazamakuru ritamuciye iryera.

Annet Murava, umugore w’uregwa ari na we watanze ikirego, na we ari mu bitabiriye iri buranisha, na we wahageze mu gitondo agahita yinjira mu cyumba cy’iburanisha.

Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 22 Gicurasi 2025 ubwo uregwa yagezwaga imbere yarwo.

Ni nyuma yuko icyifuzo cyo gushyira mu muhezo uru rubanza, gitanzwe n’Ubushinjacyaha bwavuze ko gishingiye ku busabe bw’uwakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ari we Annet Murava, umugore wa Bishop Gafaranda.

Umushinjacyaha yavuze ko hakurikijwe ibizavugirwa muri uru rubanza, bizumvikano ibijyanye n’amabanga y’umuryango, ku buryo bikenewe ko rushyirwa mu muhezo kugira ngo bitazabangamira umurongo mbonezabupfura nyarwanda.

Uyu Mushinjacyaha wagezaga icyifuzo cye ku Rukiko, yifashishije Ingingo y’ 131 y’Itegeko ryerecyeye Imiburanishirize y’Imanza z’Inshinjabyaha, ivuga ko ubusanzwe iburanisha ribera mu ruhame, ariko ikagira irengayobora, igira iti “Icyakora, urukiko rushobora kwemeza ko iburanisha riba mu muhezo mu gihe ryabangamira umutekano cyangwa imico y’imbonezabupfura, n’igihe cyose Umucamanza asanze ari ngombwa.”

Bishop Gafaranga abajijwe icyo avuga kuri iki cyifuzo cy’Ubushinjacyaha, yavuze ko agishyigikiye, kuko cyatuma hatagira ikibangamira umuryango, ndetse binashimangirwa n’umunyamategeko we wavuze ko na bo bari bafite gahunda yo gutanga icyo cyifuzo.

Umucamanza amaze kumva ibitangaza n’impande zombi, yanzuye ko iburanisha rikomereza mu muhezo, asaba abari baryitabiriye, batari mu bagenwa n’itegeko, gusohoka mu cyumba cy’iburanisha.

Bishop Gafaranga uzwi mu biganiro byo ku miyoboro ya YouTube, yatawe muri yombi tariki Indwi Gicurasi 2025 akurikiranyweho icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina.

Uyu mugabo wari ucumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacya ya Nyamata, yari aherutse gukorerwa dosiye n’uru Rwego ishyikirizwa Ubushinjacyaha, na bwo bwaje kuyiregera Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamata.

Amakuru ava mu bazi umuryango wa Bishop Gafaranga, avuga ko uyu mugabo yahohoteraga umugore we Annet Murava, bikaza kugera kure, ari na ho uyu mugore usanzwe ari umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana, yaje gufatira icyemezo cyo kwiyambaza inzego z’ubutabera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Ibitaramenyekanye ku ndirimbo ikunzwe muri iki gihe y’umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda

Next Post

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.