Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Menya impamvu yatumye uruzinduko rwa Papa Francis muri DRCongo rusubikwa

radiotv10by radiotv10
12/06/2022
in Uncategorized
0
Menya impamvu yatumye uruzinduko rwa Papa Francis muri DRCongo rusubikwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis yasubitse uruzinduko yagombaga kugira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no muri Sudani y’Epfo mu kwezi gutaha.

Ibiro bya Papa i Vatican byatangaje iby’isubikwa ry’uru ruzinduko, kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Kamena 2022, aho byavuze ko Papa yasubitse uru ruzinduko kubera ikibazo afite cy’imitsi yo mu ivi.

Umuvugizi wa Vatican, Matteo Bruni mu itangazo rye, yagize ati “Ku busabe bw’abaganga be no kugira ngo atagirwaho ingaruka n’ikibazo afite mu Ivi, Nyirubutungane yategetswe gusubika uruzinduko, tubabajwe no kwisegura ku bwo gusubika uru rugendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo.”

Byari biteganyijwe ko uru rugendo rwari kuba hagati ya tariki 02-07 Nyakanga 2022, rukaba ruzasubukurwa ku itariki izatangazwa nyuma.

Papa Francis w’imyaka 85 asanzwe afite ikibazo mu ivi ry’iburyo  aho mu minsi micye ishize yakunze kugaragara acumbagira.

Mu kwezi gushize yagaragaye agenda mu kagare  k’abarwayi ubwo yongeraga kugaragara bwa mbere mu ruhame.

Yasubitse ingendo ndetse n’ibindi bikorwa yari afite birimo urwo yagombaga kugirira mu Lebanon muri uku kwezi kwa Kamena ariko Ibiro ntaramakuru bya Kiliziya Gatulika biracyateganya urugendo afite muri Canada mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.

Uru ruzinduko yagombaga kugirira muri aka karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yagombaga kuruhera i Juba muri Sudani y’Epfo akahava yerecyeza muri DRCongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − four =

Previous Post

Igikomangoma cy’u Bwongereza Charles nagera mu Rwanda hamenyekanye ahantu ha mbere azasura

Next Post

Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda

Hamenyekanye umunsi abimukira ba mbere baturutse mu Bwongereza bazagerera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.