Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impinduka nshya zigiye kubaho mu gutwara abagenzi zizatuma ibiciro by’ingendo bihinduka

radiotv10by radiotv10
12/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya impinduka nshya zigiye kubaho mu gutwara abagenzi zizatuma ibiciro by’ingendo bihinduka
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abagenzi bishyurirwa 1/3: Aha 200, Leta iba yishyuye 100 Frw;
  • Leta imaze kwishyura Miliyari 87 Frw mu myaka itatu.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gushyirwaho ibiciro bishya by’ingendo ku mudoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bizatuma byiyongera kuri bamwe, mu gihe abandi bizagabanuka kuko umuntu azajya yishyura igiciro hakurikijwe indeshyo y’urugendo yakoze, aho kwishyura urugendo rwose.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, wavuze ko kuva habaho ibibazo byazahaje ubukungu bw’abantu muri 2021, Leta ishyira nkunganire ya hafi ya 1/3 ku giciro cy’urugendo kuri buri mugenzi.

Agaruka kuri iyi nkunganire Leta ishyira ku giciro cya buri mugenzi, Dr Gasore yagize ati “Kugeza uyu munsi niba ufashe urugendo ukava i Kigali ukajya i Musanze, ukishyura ibihumbi bibiri, hari igihumbi Leta ihita ikwishyurira. Niba ufashe urugendo Nyabugogo ujya i Remera, niba wishyuye maganabiri, hari ijana Leta ihita ikwishyurira.”

Dr Jimmy Gasore yavuze ko kuva iyi gahunda yatangira mu myaka itatu ishize, Leta imaze kwishyurira abantu miliyari 87,5%, ku buryo nko mu kwezi gushize gusa, Leta yishyuriye abagenzi miliyari 6 Frw.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yavuze kandi ko mu gushyira nkunganire mu biciro by’ibikomoka kuri Peteroli, Leta imaze kwigomwa miliyari 23 Frw.

Ati “Ayo mafaranga rero Leta yagiye ibona agenda agira uburemere bunini kuri Leta, […] ni bwo Leta yafashe icyemezo iravuga ngo noneho dukomeza dufashe Abanyarwanda mu ngendo rusange ariko duhindure uburyo tubafashamo, ni ho ziriya Bisi zaguzwe, Leta igashyiramo uruhare rwayo ku buryo bisi yari kugurwa miliyoni 150 iza iri munsi ya miliyoni ziri munsi y’ 120.”

 

Leta igiye gucutsa abagenzi

Dr Jimmy Gasore yavuze ko igihe kigeze ngo Leta ihagarike gukomeza gutangira abagenzi ariya mafaranga angana na 1/3 cy’igiciro cy’urugendo, ariko nanone bigakorwa mu buryo buzafasha abagenzi kutaremererwa n’ibiciro.

Yavuze ko iki cyemezo cyamaze gufatwa, ubu hakaba hari kunozwa ikoranabuhanga ryifashishwa mu kwishyura, rizatuma umuntu yishyura amafaranga angana n’indeshyo y’urugendo yakoze, aho kwishyura urugendo rwose nk’uko bisanzwe.

Ati “Impamvu tutabyihutiye cyane, ni uko twabonye igiciro kizaba nk’ikizamutse ku mafaranga umuntu asohora mu mufuka we, niba wagiraga i Musanze ibihumbi bibiri, ukabona abaye bitatu, yazamutse.

Kugira ngo bitaba umutwaro ku Banyarwanda, twaravuze ngo ‘kugira ngo umuntu uvuye Nyabugogo agiye i Remera cyangwa i Kanombe yishyurire rimwe urugendo rwose, ugiye ku Kinamba, yishyure agarukira ku Kinamba, ugiye Kacyiru yishyure agarukira Kacyiru, kugira ngo uvuye Nyabugogo agiye Kacyiru ntiyishyure kugera Kanombe kubera ko wateze bisi igiye i Kanombe.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yavuze ko iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa mu gihe cya vuba igatangirira mu Mujyi wa Kigali ikanakomereza ku ngendo zerecyeza mu bindi bice by’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − three =

Previous Post

Nyamagabe: Abamotari batwaye inkingo za COVID-19 bahishuye ingorane bamaranye imyaka

Next Post

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Related Posts

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

by radiotv10
25/10/2025
0

Mu biganiro nyunguranabitekerezo mu Karere ka Kicukiro, Hon. Edda Mukabagwiza wo mu Muryango Unity Club Intwararumuri, yibukije ko kugira ngo...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
25/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko mu bibazo Igihugu cyabo gifite harimo n’ibituruka hanze birimo ibyo kwegekwaho amakosa y’Ibihugu by’ibituranyi,...

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.