Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impinduka nshya zigiye kubaho mu gutwara abagenzi zizatuma ibiciro by’ingendo bihinduka

radiotv10by radiotv10
12/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya impinduka nshya zigiye kubaho mu gutwara abagenzi zizatuma ibiciro by’ingendo bihinduka
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abagenzi bishyurirwa 1/3: Aha 200, Leta iba yishyuye 100 Frw;
  • Leta imaze kwishyura Miliyari 87 Frw mu myaka itatu.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gushyirwaho ibiciro bishya by’ingendo ku mudoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bizatuma byiyongera kuri bamwe, mu gihe abandi bizagabanuka kuko umuntu azajya yishyura igiciro hakurikijwe indeshyo y’urugendo yakoze, aho kwishyura urugendo rwose.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, wavuze ko kuva habaho ibibazo byazahaje ubukungu bw’abantu muri 2021, Leta ishyira nkunganire ya hafi ya 1/3 ku giciro cy’urugendo kuri buri mugenzi.

Agaruka kuri iyi nkunganire Leta ishyira ku giciro cya buri mugenzi, Dr Gasore yagize ati “Kugeza uyu munsi niba ufashe urugendo ukava i Kigali ukajya i Musanze, ukishyura ibihumbi bibiri, hari igihumbi Leta ihita ikwishyurira. Niba ufashe urugendo Nyabugogo ujya i Remera, niba wishyuye maganabiri, hari ijana Leta ihita ikwishyurira.”

Dr Jimmy Gasore yavuze ko kuva iyi gahunda yatangira mu myaka itatu ishize, Leta imaze kwishyurira abantu miliyari 87,5%, ku buryo nko mu kwezi gushize gusa, Leta yishyuriye abagenzi miliyari 6 Frw.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yavuze kandi ko mu gushyira nkunganire mu biciro by’ibikomoka kuri Peteroli, Leta imaze kwigomwa miliyari 23 Frw.

Ati “Ayo mafaranga rero Leta yagiye ibona agenda agira uburemere bunini kuri Leta, […] ni bwo Leta yafashe icyemezo iravuga ngo noneho dukomeza dufashe Abanyarwanda mu ngendo rusange ariko duhindure uburyo tubafashamo, ni ho ziriya Bisi zaguzwe, Leta igashyiramo uruhare rwayo ku buryo bisi yari kugurwa miliyoni 150 iza iri munsi ya miliyoni ziri munsi y’ 120.”

 

Leta igiye gucutsa abagenzi

Dr Jimmy Gasore yavuze ko igihe kigeze ngo Leta ihagarike gukomeza gutangira abagenzi ariya mafaranga angana na 1/3 cy’igiciro cy’urugendo, ariko nanone bigakorwa mu buryo buzafasha abagenzi kutaremererwa n’ibiciro.

Yavuze ko iki cyemezo cyamaze gufatwa, ubu hakaba hari kunozwa ikoranabuhanga ryifashishwa mu kwishyura, rizatuma umuntu yishyura amafaranga angana n’indeshyo y’urugendo yakoze, aho kwishyura urugendo rwose nk’uko bisanzwe.

Ati “Impamvu tutabyihutiye cyane, ni uko twabonye igiciro kizaba nk’ikizamutse ku mafaranga umuntu asohora mu mufuka we, niba wagiraga i Musanze ibihumbi bibiri, ukabona abaye bitatu, yazamutse.

Kugira ngo bitaba umutwaro ku Banyarwanda, twaravuze ngo ‘kugira ngo umuntu uvuye Nyabugogo agiye i Remera cyangwa i Kanombe yishyurire rimwe urugendo rwose, ugiye ku Kinamba, yishyure agarukira ku Kinamba, ugiye Kacyiru yishyure agarukira Kacyiru, kugira ngo uvuye Nyabugogo agiye Kacyiru ntiyishyure kugera Kanombe kubera ko wateze bisi igiye i Kanombe.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yavuze ko iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa mu gihe cya vuba igatangirira mu Mujyi wa Kigali ikanakomereza ku ngendo zerecyeza mu bindi bice by’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Nyamagabe: Abamotari batwaye inkingo za COVID-19 bahishuye ingorane bamaranye imyaka

Next Post

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.