Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impinduka nshya zigiye kubaho mu gutwara abagenzi zizatuma ibiciro by’ingendo bihinduka

radiotv10by radiotv10
12/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya impinduka nshya zigiye kubaho mu gutwara abagenzi zizatuma ibiciro by’ingendo bihinduka
Share on FacebookShare on Twitter
  • Abagenzi bishyurirwa 1/3: Aha 200, Leta iba yishyuye 100 Frw;
  • Leta imaze kwishyura Miliyari 87 Frw mu myaka itatu.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gushyirwaho ibiciro bishya by’ingendo ku mudoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bizatuma byiyongera kuri bamwe, mu gihe abandi bizagabanuka kuko umuntu azajya yishyura igiciro hakurikijwe indeshyo y’urugendo yakoze, aho kwishyura urugendo rwose.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, wavuze ko kuva habaho ibibazo byazahaje ubukungu bw’abantu muri 2021, Leta ishyira nkunganire ya hafi ya 1/3 ku giciro cy’urugendo kuri buri mugenzi.

Agaruka kuri iyi nkunganire Leta ishyira ku giciro cya buri mugenzi, Dr Gasore yagize ati “Kugeza uyu munsi niba ufashe urugendo ukava i Kigali ukajya i Musanze, ukishyura ibihumbi bibiri, hari igihumbi Leta ihita ikwishyurira. Niba ufashe urugendo Nyabugogo ujya i Remera, niba wishyuye maganabiri, hari ijana Leta ihita ikwishyurira.”

Dr Jimmy Gasore yavuze ko kuva iyi gahunda yatangira mu myaka itatu ishize, Leta imaze kwishyurira abantu miliyari 87,5%, ku buryo nko mu kwezi gushize gusa, Leta yishyuriye abagenzi miliyari 6 Frw.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yavuze kandi ko mu gushyira nkunganire mu biciro by’ibikomoka kuri Peteroli, Leta imaze kwigomwa miliyari 23 Frw.

Ati “Ayo mafaranga rero Leta yagiye ibona agenda agira uburemere bunini kuri Leta, […] ni bwo Leta yafashe icyemezo iravuga ngo noneho dukomeza dufashe Abanyarwanda mu ngendo rusange ariko duhindure uburyo tubafashamo, ni ho ziriya Bisi zaguzwe, Leta igashyiramo uruhare rwayo ku buryo bisi yari kugurwa miliyoni 150 iza iri munsi ya miliyoni ziri munsi y’ 120.”

 

Leta igiye gucutsa abagenzi

Dr Jimmy Gasore yavuze ko igihe kigeze ngo Leta ihagarike gukomeza gutangira abagenzi ariya mafaranga angana na 1/3 cy’igiciro cy’urugendo, ariko nanone bigakorwa mu buryo buzafasha abagenzi kutaremererwa n’ibiciro.

Yavuze ko iki cyemezo cyamaze gufatwa, ubu hakaba hari kunozwa ikoranabuhanga ryifashishwa mu kwishyura, rizatuma umuntu yishyura amafaranga angana n’indeshyo y’urugendo yakoze, aho kwishyura urugendo rwose nk’uko bisanzwe.

Ati “Impamvu tutabyihutiye cyane, ni uko twabonye igiciro kizaba nk’ikizamutse ku mafaranga umuntu asohora mu mufuka we, niba wagiraga i Musanze ibihumbi bibiri, ukabona abaye bitatu, yazamutse.

Kugira ngo bitaba umutwaro ku Banyarwanda, twaravuze ngo ‘kugira ngo umuntu uvuye Nyabugogo agiye i Remera cyangwa i Kanombe yishyurire rimwe urugendo rwose, ugiye ku Kinamba, yishyure agarukira ku Kinamba, ugiye Kacyiru yishyure agarukira Kacyiru, kugira ngo uvuye Nyabugogo agiye Kacyiru ntiyishyure kugera Kanombe kubera ko wateze bisi igiye i Kanombe.”

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo yavuze ko iyi gahunda izashyirwa mu bikorwa mu gihe cya vuba igatangirira mu Mujyi wa Kigali ikanakomereza ku ngendo zerecyeza mu bindi bice by’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 16 =

Previous Post

Nyamagabe: Abamotari batwaye inkingo za COVID-19 bahishuye ingorane bamaranye imyaka

Next Post

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Imbere ya Perezida wabo Igihugu cyazamutse bigoranye cyegukanye Igikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.