Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ibyo gutanga amasoko kuri Kompanyi byavuyeho
  • Kuba Kompanyi yakwiharira icyekerezo kimwe na byo byarangiye

Hatangajwe ingamba nshya mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, zumvikanamo impinduka nko kuba umuhanda umwe mu Mujyi wa Kigali uzajya ukorwamo na sosiyete nibura ebyiri, ndetse abantu ku giti cyabo bakaba bemerewe kwinjira muri uru rwego.

Izi ngamba zatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, zizatangira kubahirizwa tariki 15 Ukuboza 2023, ziteganya ko Sosiyete, ishyirahamwe cyangwa umuntu ku giti cye ufite bisi yujuje ibisabwa byo gutwara abantu mu Mujyi wa Kigali, azabanza guhabwa icyemezo na RURA.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, rikomeza rivuga ko “abahawe icyemezo kibemerera gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bazakorera mu mihora (koridoro) igizwe n’imihanda itandukanye. Buri muhanda uzaba uriho nibura abatanga iyo serivisi babiri.”

Agaruka ku mpinduka zabaye muri uru rwego, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yazishyize mu byiciro bine, ati “Icya mbere ni uko umuntu wese ufite imodoka yujuje ibisabwa ashobora kuza agahabwa uruhushya agatwara abantu mu Mujyi wa Kigali, bitandukanye n’uko mbere wasangaga twaratangaga isoko, abaritsindiye akaba ari bo bazemererwa gutwara abantu.

Icya kabiri, ntabwo icyerekezo kimwe cyangwa umuhanda umwe, kizajya gikoramo umuntu umwe. Tuzajya dushyiramo abantu babiri cyangwa barenze, kugira ngo habeho ihangana, umuntu akore yumva ko natanga serivisi mbi hari abandi bari butange serivisi nziza, bityo bimwongerere ubushake bwo gukora neza kurushaho.”

Nanone kandi kubera imihanda mishya igenda ikorwa muri Kigali, umucuruzi cyangwa sosiyete ishobora kuzajya ibona hari icyerekezo gikenewe gukoreramo imodoka, ku buryo yajya gusaba uburenganzira RURA, kugira ngo bakorere muri icyo cyerekezo.

Indi mpinduka ni ukwemerera imodoka nto zizwi nka ‘Taxi Mini-Bus’ gutwara abagenzi mu bice by’inkengero z’umujyi ariko mu Mujyi Kigali, mu gihe mbere zitari zemerewe gukora muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda.

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo itangaza ko bisi zemerewe gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, ari izifite nibura imyanya 29, icyakora nanone ngo izitwara abagenzi 70 ni zo zizahabwa iya mbere mu mihanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Zephilin says:
    2 years ago

    Ibi turabishimye,kandi bizatuma baba abagurisha beza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + eighteen =

Previous Post

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano

Next Post

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.