Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ibyo gutanga amasoko kuri Kompanyi byavuyeho
  • Kuba Kompanyi yakwiharira icyekerezo kimwe na byo byarangiye

Hatangajwe ingamba nshya mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, zumvikanamo impinduka nko kuba umuhanda umwe mu Mujyi wa Kigali uzajya ukorwamo na sosiyete nibura ebyiri, ndetse abantu ku giti cyabo bakaba bemerewe kwinjira muri uru rwego.

Izi ngamba zatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, zizatangira kubahirizwa tariki 15 Ukuboza 2023, ziteganya ko Sosiyete, ishyirahamwe cyangwa umuntu ku giti cye ufite bisi yujuje ibisabwa byo gutwara abantu mu Mujyi wa Kigali, azabanza guhabwa icyemezo na RURA.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, rikomeza rivuga ko “abahawe icyemezo kibemerera gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bazakorera mu mihora (koridoro) igizwe n’imihanda itandukanye. Buri muhanda uzaba uriho nibura abatanga iyo serivisi babiri.”

Agaruka ku mpinduka zabaye muri uru rwego, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yazishyize mu byiciro bine, ati “Icya mbere ni uko umuntu wese ufite imodoka yujuje ibisabwa ashobora kuza agahabwa uruhushya agatwara abantu mu Mujyi wa Kigali, bitandukanye n’uko mbere wasangaga twaratangaga isoko, abaritsindiye akaba ari bo bazemererwa gutwara abantu.

Icya kabiri, ntabwo icyerekezo kimwe cyangwa umuhanda umwe, kizajya gikoramo umuntu umwe. Tuzajya dushyiramo abantu babiri cyangwa barenze, kugira ngo habeho ihangana, umuntu akore yumva ko natanga serivisi mbi hari abandi bari butange serivisi nziza, bityo bimwongerere ubushake bwo gukora neza kurushaho.”

Nanone kandi kubera imihanda mishya igenda ikorwa muri Kigali, umucuruzi cyangwa sosiyete ishobora kuzajya ibona hari icyerekezo gikenewe gukoreramo imodoka, ku buryo yajya gusaba uburenganzira RURA, kugira ngo bakorere muri icyo cyerekezo.

Indi mpinduka ni ukwemerera imodoka nto zizwi nka ‘Taxi Mini-Bus’ gutwara abagenzi mu bice by’inkengero z’umujyi ariko mu Mujyi Kigali, mu gihe mbere zitari zemerewe gukora muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda.

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo itangaza ko bisi zemerewe gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, ari izifite nibura imyanya 29, icyakora nanone ngo izitwara abagenzi 70 ni zo zizahabwa iya mbere mu mihanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Zephilin says:
    2 years ago

    Ibi turabishimye,kandi bizatuma baba abagurisha beza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =

Previous Post

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano

Next Post

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.