Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta

radiotv10by radiotv10
29/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Menya impinduka zashyizwe mu gutwara abagenzi zitezweho kurandura ibibazo byatumaga benshi bijujuta
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ibyo gutanga amasoko kuri Kompanyi byavuyeho
  • Kuba Kompanyi yakwiharira icyekerezo kimwe na byo byarangiye

Hatangajwe ingamba nshya mu rwego rwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, zumvikanamo impinduka nko kuba umuhanda umwe mu Mujyi wa Kigali uzajya ukorwamo na sosiyete nibura ebyiri, ndetse abantu ku giti cyabo bakaba bemerewe kwinjira muri uru rwego.

Izi ngamba zatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, zizatangira kubahirizwa tariki 15 Ukuboza 2023, ziteganya ko Sosiyete, ishyirahamwe cyangwa umuntu ku giti cye ufite bisi yujuje ibisabwa byo gutwara abantu mu Mujyi wa Kigali, azabanza guhabwa icyemezo na RURA.

Iri tangazo rya Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, rikomeza rivuga ko “abahawe icyemezo kibemerera gutwara abantu mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, bazakorera mu mihora (koridoro) igizwe n’imihanda itandukanye. Buri muhanda uzaba uriho nibura abatanga iyo serivisi babiri.”

Agaruka ku mpinduka zabaye muri uru rwego, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yazishyize mu byiciro bine, ati “Icya mbere ni uko umuntu wese ufite imodoka yujuje ibisabwa ashobora kuza agahabwa uruhushya agatwara abantu mu Mujyi wa Kigali, bitandukanye n’uko mbere wasangaga twaratangaga isoko, abaritsindiye akaba ari bo bazemererwa gutwara abantu.

Icya kabiri, ntabwo icyerekezo kimwe cyangwa umuhanda umwe, kizajya gikoramo umuntu umwe. Tuzajya dushyiramo abantu babiri cyangwa barenze, kugira ngo habeho ihangana, umuntu akore yumva ko natanga serivisi mbi hari abandi bari butange serivisi nziza, bityo bimwongerere ubushake bwo gukora neza kurushaho.”

Nanone kandi kubera imihanda mishya igenda ikorwa muri Kigali, umucuruzi cyangwa sosiyete ishobora kuzajya ibona hari icyerekezo gikenewe gukoreramo imodoka, ku buryo yajya gusaba uburenganzira RURA, kugira ngo bakorere muri icyo cyerekezo.

Indi mpinduka ni ukwemerera imodoka nto zizwi nka ‘Taxi Mini-Bus’ gutwara abagenzi mu bice by’inkengero z’umujyi ariko mu Mujyi Kigali, mu gihe mbere zitari zemerewe gukora muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda.

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo itangaza ko bisi zemerewe gutwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali, ari izifite nibura imyanya 29, icyakora nanone ngo izitwara abagenzi 70 ni zo zizahabwa iya mbere mu mihanda.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Zephilin says:
    2 years ago

    Ibi turabishimye,kandi bizatuma baba abagurisha beza.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Gen.(Rtd) Kabarebe muri Senegal yagaragaje icyatuma Afurika yigobotora ibibazo by’umutekano

Next Post

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Abayobozi batatu mu nzego Nkuru z’u Rwanda bitabiriye Inteko ya Polisi Mpuzamahanga muri Austria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.