Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya imyanzuro yafatiwe mu nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yigaga ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya imyanzuro yafatiwe mu nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yigaga ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwemo imyanzuro irimo gutegeka iki Gihugu kuganira na M23 ndetse no gusaba impande zihanganye guhagarika imirwano byihuse.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025 nyuma yuko itumijwe na Perezida wa Kenya, William Ruto unayoboye EAC, wayihamagaje ubwo imirwano imaze igihe ishyamiranyije FARDC na M23 yahinduraga isura yasize uyu mutwe ufashe umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ni inama ititabiriwe na Perezida Felix Tshisekedi uyobora iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri muri ibi bibazo byigagwaho, ndetse ntihagira n’umuhagararira.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30 Mutarama 2025, rigaragaza ibyavuye muri iyi nama yabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

EAC yatangaje ko abitabiriye iyi nama bagaragaje ko batewe impungenge kandi babajwe no kuba ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC biri kurushaho gukara, kandi bikaba bikomeje gutwara ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile ndetse bigasiga ingaruka nyinshi ku kiremwamuntu byumwihariko abagore n’abana.

Muri iri tangazo ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uyu muryango wagize uti “Inama yihanganishije imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibibazo biherutse gukaza umurego, kandi yifuriza gukira vuba abakomeretse.”

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu bagaragaje impungenge batewe n’ibikorwa by’urugomo n’imyigaragambyo bikomeje gukorerwa za ambasade z’Ibihugu binyuranye, n’abakozi bazo bari i Kinshasa.

Iri tangazo rikagira riti “Ku bw’iyo mpamvu, Inama yasabye Guverinoma ya DRC kurinda ubuzima bw’abadipolomate n’ibyabo.”

Muri iri tangazo, EAC yakomeje igira ati “Inama kandi yasabye impande ziri mu bushyamirane mu burasirazuba bwa DRC, guhagarika imirwano byihuse no korohereza ibikorwa by’ubutabazi ku baturage bagizweho ingaruka.”

Uyu muryango uvuga kandi ko “iyi nama yibukije ko hagomba gukoreshwa inzira z’amahoro mu gushaka umuti w’amakimbirane, kandi inasaba yivuye inyuma Guverinoma ya DRC kwinjizamo impande zose zirebwa, zirimo na M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro ibigiramo uruhare.”

Naho ingabo z’Umuryango wa SADC na zo zagize uruhare mu gutuma ibi bibazo bikara, Abakuru b’Ibihugu banzuye ko habaho ibiganiro hagati y’uyu muryango ndetse na EAC, banasaba Umuyobozi w’uyu Muryango kuganira mu gihe cya vuba na mugenzi we uyobora SADC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Njye narabibonaga-P.Kagame mu nama itabonetsemo Tshisekedi yagaragaje intandaro yo gukaza umurindi kw’ibyo muri Congo

Next Post

Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma

Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y'ibyabaye i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.