Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Menya imyanzuro yafatiwe mu nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yigaga ku bya Congo

radiotv10by radiotv10
30/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Menya imyanzuro yafatiwe mu nama Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yigaga ku bya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yigaga ku bibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafatiwemo imyanzuro irimo gutegeka iki Gihugu kuganira na M23 ndetse no gusaba impande zihanganye guhagarika imirwano byihuse.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025 nyuma yuko itumijwe na Perezida wa Kenya, William Ruto unayoboye EAC, wayihamagaje ubwo imirwano imaze igihe ishyamiranyije FARDC na M23 yahinduraga isura yasize uyu mutwe ufashe umujyi wa Goma ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Ni inama ititabiriwe na Perezida Felix Tshisekedi uyobora iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri muri ibi bibazo byigagwaho, ndetse ntihagira n’umuhagararira.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30 Mutarama 2025, rigaragaza ibyavuye muri iyi nama yabaye hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

EAC yatangaje ko abitabiriye iyi nama bagaragaje ko batewe impungenge kandi babajwe no kuba ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC biri kurushaho gukara, kandi bikaba bikomeje gutwara ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile ndetse bigasiga ingaruka nyinshi ku kiremwamuntu byumwihariko abagore n’abana.

Muri iri tangazo ry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uyu muryango wagize uti “Inama yihanganishije imiryango y’abagizweho ingaruka n’ibibazo biherutse gukaza umurego, kandi yifuriza gukira vuba abakomeretse.”

Nanone kandi Abakuru b’Ibihugu bagaragaje impungenge batewe n’ibikorwa by’urugomo n’imyigaragambyo bikomeje gukorerwa za ambasade z’Ibihugu binyuranye, n’abakozi bazo bari i Kinshasa.

Iri tangazo rikagira riti “Ku bw’iyo mpamvu, Inama yasabye Guverinoma ya DRC kurinda ubuzima bw’abadipolomate n’ibyabo.”

Muri iri tangazo, EAC yakomeje igira ati “Inama kandi yasabye impande ziri mu bushyamirane mu burasirazuba bwa DRC, guhagarika imirwano byihuse no korohereza ibikorwa by’ubutabazi ku baturage bagizweho ingaruka.”

Uyu muryango uvuga kandi ko “iyi nama yibukije ko hagomba gukoreshwa inzira z’amahoro mu gushaka umuti w’amakimbirane, kandi inasaba yivuye inyuma Guverinoma ya DRC kwinjizamo impande zose zirebwa, zirimo na M23 n’indi mitwe yitwaje intwaro ibigiramo uruhare.”

Naho ingabo z’Umuryango wa SADC na zo zagize uruhare mu gutuma ibi bibazo bikara, Abakuru b’Ibihugu banzuye ko habaho ibiganiro hagati y’uyu muryango ndetse na EAC, banasaba Umuyobozi w’uyu Muryango kuganira mu gihe cya vuba na mugenzi we uyobora SADC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Njye narabibonaga-P.Kagame mu nama itabonetsemo Tshisekedi yagaragaje intandaro yo gukaza umurindi kw’ibyo muri Congo

Next Post

Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y’ibyabaye i Goma

Igisirikare cya Congo-FARDC mu gahinda nyuma y'ibyabaye i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.