Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Uwacu Julienne wabaye Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Abamibisitiri yashyize mu myanya abayobozi batandukanye barimo Uwacu Julienne wigeze kuba Minisitiri wa Siporo n’Umuco, ubu wahawe umwanya muri Minisiteri y’Ubumwe b’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu.

Aba bayobozi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri yateranye bwa mbere muri uyu mwaka wa 2024, iyobowe na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama.

Mu bashyizwe mu myanya, barimo Emmanuel Bugingo wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, James Ngango wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Busuwisi akazaba anaruhagarariye mu Muryango w’Abibumbye i Geneva muri iki Gihugu.

Hashyizwe mu myanya kandi mu rwego rw’Ubucamanza, aho Kadigwa Gashongore yagizwe Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.

Mu Rubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, hashyinzwemo abanyamuryango bashya, ari bo Alphonse Kayiranga Mukama, na Solange Mukasonga.

Bob Gakire wari usanzwe ari Umuyobozi ushinzwe imiyoborere no kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri iyi Minisiteri, asimbura Samuel Dusengiyumva uherutse gutorerwa kuba Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali.

Naho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihuru, hashyiwe mu myanya abayobozi batandukanye, barimo Uwacu Julienne wigeze kuba Minisitiri wa Siporo n’Umuco, ubu akaba yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Itorero no guteza imbere Umuco.

Muri iyi Minisiteri kandi, hashyizwemo Theoneste Rutayisire wagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubushakashatsi n’iterambere rya Politiki.

Naho Umushakashatsi Innocent Nizeyimana usanzwe ari n’Umwanditsi wibanda ku mateka, we yagizwe ushinzwe Indagaciro z’Umuco, ndetse akanasesengura Iterambere ry’ururimi.

Uwacu yagizwe Umuyobozi w’Itorero
Bob Gakire yagizwe PS muri MINALOC
Umushakashatsi akaba n’umwandi Innocent Nizeyimana agirwa ushinzwe Indangaciro z’umuco muri MINIBUMWE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 3 =

Previous Post

Wabanje ukabihindura mu Gihugu cyawe- P.Kagame yasubije abavuga ko bashaka kugira ibyo bahindura mu Rwanda

Next Post

Rusizi: Ukwezi kurihiritse binjiye mu mibereho isa n’ikigeragezo (Photos&Video)

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Ukwezi kurihiritse binjiye mu mibereho isa n’ikigeragezo (Photos&Video)

Rusizi: Ukwezi kurihiritse binjiye mu mibereho isa n’ikigeragezo (Photos&Video)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.