Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in MU RWANDA
0
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119 859 bajyiye kubyivurizamo, biyongereyeho 17,7% ugereranyije n’umwaka ushize.

Iyi mibare igaragazwa na Raporo yashyizwe hanze n’ibi Bitaro bikorera mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bivura indwara zo mu mutwe.

Muri aba bagannye ibi Bitaro bajyiye kwivuza hagati y’uriya mwaka wa 2024 na 2025, abavuwe bacumbikiwe mu Bitaro, ni 4 250 bari bafite ibibazo by’uburwayi bunyuranye.

Uburwayi buri ku isonga abantu bajyiye kwivuriza muri biriya Bitaro muri uriya mwaka, ni indwara ya Epilepsy izwi nk’Igicuri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, aho abajyiye kuyivuza ari 36 097, bangana na 29,08% bya bariya bivuje bose.

Ku mwanya wa kabiri, haza abajyiye kwivuza indwara ya Schizophrenia, aho abagiye kuyivuza bo ari 24 991 bangana na 20,14%.

Iyi ndwara iri mu zo mu mutwe zibasira benshi, ikunze gufata abageze ku cyiciro cy’ubugimbi n’ubwangavu, aho uyirwaye aba yiyumva nk’uri mu Isi ya wenyine.

Inzobere mu ndwara zo mu mutwe, Dusabeyezu Jeanne d’Arc wigeze kuvuga ko iyi ndwara “akenshi ifata abantu batangiye kuryoherwa n’ubuzima mu by’amashuri cyangwa se akazi.”, yavuze ko mu bimenyetso byayo harimo kugira ibitekerezo byihariye bidahuye n’ukuri bitandukanye n’iby’abandi bantu.

Ku mwanya wa gatatu haje ibibazo bya Acute &Transient Psychotic Disorders, aho abajyiye kubyivuriza muri biriya Bitaro ari 10 349 bangana na 8,34%.

Ku mwanya wa kane haza Bipolar Disorder cyangwa uburwayi bwo mu mutwe butera impinduka zidasanzwe mu mitekerereze y’umuntu, aho abajyiye kuyivuza bo ari 7 235 bangana na 5,83%.

Ku mwanya wa gatanu, haza Depression benshi bakunze kwita agahinda gakabije, yo yivurijwe mu Bitaro bya Ndera n’abantu 4 076 bangana na 3,28%.

Ku mwanya wa gatandatu hari Substance Use Disorders cyangwa ibibazo byo mu mutwe bitera gukoresha ry’ibiyobyabwenge no kuba imbata yabyo, aho hivuje abantu 3 229 bangana na 2,7%.

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ndera, bugaragaza ko muri bariya bantu bose babigannye, abari baje kwivuza ibibazo byo mu mutwe byagira ingaruka ku mitekerereze (Psychiatric cases) ari 66 335 (55,33%) mu gihe abivuzaga ibibazo bigira ingaruka ku bwonko (Neurological cases) ari 53 524 (44, 67%).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

Next Post

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.