Tuesday, October 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

radiotv10by radiotv10
14/10/2025
in MU RWANDA
0
Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitaro by’Indwara zo mu Mutwe bya Ndera (Ndera Neuropsychiatric Teaching Hospital) byatangaje ko mu mwaka wa 2024-2025 byakiriye abantu 119 859 bajyiye kubyivurizamo, biyongereyeho 17,7% ugereranyije n’umwaka ushize.

Iyi mibare igaragazwa na Raporo yashyizwe hanze n’ibi Bitaro bikorera mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bivura indwara zo mu mutwe.

Muri aba bagannye ibi Bitaro bajyiye kwivuza hagati y’uriya mwaka wa 2024 na 2025, abavuwe bacumbikiwe mu Bitaro, ni 4 250 bari bafite ibibazo by’uburwayi bunyuranye.

Uburwayi buri ku isonga abantu bajyiye kwivuriza muri biriya Bitaro muri uriya mwaka, ni indwara ya Epilepsy izwi nk’Igicuri mu rurimi rw’Ikinyarwanda, aho abajyiye kuyivuza ari 36 097, bangana na 29,08% bya bariya bivuje bose.

Ku mwanya wa kabiri, haza abajyiye kwivuza indwara ya Schizophrenia, aho abagiye kuyivuza bo ari 24 991 bangana na 20,14%.

Iyi ndwara iri mu zo mu mutwe zibasira benshi, ikunze gufata abageze ku cyiciro cy’ubugimbi n’ubwangavu, aho uyirwaye aba yiyumva nk’uri mu Isi ya wenyine.

Inzobere mu ndwara zo mu mutwe, Dusabeyezu Jeanne d’Arc wigeze kuvuga ko iyi ndwara “akenshi ifata abantu batangiye kuryoherwa n’ubuzima mu by’amashuri cyangwa se akazi.”, yavuze ko mu bimenyetso byayo harimo kugira ibitekerezo byihariye bidahuye n’ukuri bitandukanye n’iby’abandi bantu.

Ku mwanya wa gatatu haje ibibazo bya Acute &Transient Psychotic Disorders, aho abajyiye kubyivuriza muri biriya Bitaro ari 10 349 bangana na 8,34%.

Ku mwanya wa kane haza Bipolar Disorder cyangwa uburwayi bwo mu mutwe butera impinduka zidasanzwe mu mitekerereze y’umuntu, aho abajyiye kuyivuza bo ari 7 235 bangana na 5,83%.

Ku mwanya wa gatanu, haza Depression benshi bakunze kwita agahinda gakabije, yo yivurijwe mu Bitaro bya Ndera n’abantu 4 076 bangana na 3,28%.

Ku mwanya wa gatandatu hari Substance Use Disorders cyangwa ibibazo byo mu mutwe bitera gukoresha ry’ibiyobyabwenge no kuba imbata yabyo, aho hivuje abantu 3 229 bangana na 2,7%.

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Ndera, bugaragaza ko muri bariya bantu bose babigannye, abari baje kwivuza ibibazo byo mu mutwe byagira ingaruka ku mitekerereze (Psychiatric cases) ari 66 335 (55,33%) mu gihe abivuzaga ibibazo bigira ingaruka ku bwonko (Neurological cases) ari 53 524 (44, 67%).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

Next Post

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Related Posts

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Dr Frank Habineza usanzwe ari Perezida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije DGPR waniyamamaje mu Matora y'Umukuru w'Igihugu aheruka n'ayayabanjirije,...

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

by radiotv10
14/10/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko mu gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro iki Gihugu cyagiranye na DRC, hakenewe...

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

by radiotv10
14/10/2025
0

Abo mu Kagari ka Gisagara mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, baratabariza umuturanyi wabo ufite ubumuga ubayeho ubuzima...

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

Huye: Bagaragaje icyifuzo cyarandura ibyo babona nko kubigirizaho nkana

by radiotv10
14/10/2025
0

Abahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Huye, bahinga mu gishanga cya Nyagisenyi, bavuga ko  bafite ikibazo cyo kugura imbuto y’ibigori...

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

Challenges women face when starting businesses in Rwanda

by radiotv10
14/10/2025
0

Rwanda is often praised globally for its efforts in gender equality. The country leads in female political representation and has...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri
MU RWANDA

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

by radiotv10
14/10/2025
0

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

14/10/2025
U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

14/10/2025
Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

Umukinnyi w’Amavubi wigaragaje mu mukino uheruka byemejwe habura amasaha ko adakina uw’uyu munsi

14/10/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Igisubizo AFC/M23 iha Tshisekedi wavuze ko hari ibyashoboka ari uko yishwe

14/10/2025
Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

Icyo basabira umuturanyi wabo uri mu buzima bubabaje burimo kuba ahahoze ubwiherero

14/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Frank Habineza wiyamamaje mu Matora ya Perezida aheruka ubu yatorewe kuba Umusenateri

Menya umubare w’abagiye kwivuriza indwara zo mu mutwe mu Bitaro bya Ndera n’ubwiyongere bwabayeho

U Rwanda rwagaragaje icyo rwo na Congo bakeneye ku mahanga n’icyo batayifuzaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.