Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Uturere tuzagwamo imvura nyinshi kurusha utundi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA
1
Menya Uturere tuzagwamo imvura nyinshi kurusha utundi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, cyagaragaje ingano y’imvura iteganyijwe kugwa mu gihe cy’Umuhindo uzatangira mu ntangiro z’ukwezi gutaha, kinagaragaza ibice n’Uturere bizagwamo nyinshi kurusha ibindi.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, gitangaza ko iyi mvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu bihe bitandukanye hakurikijwe ibice, biteganyijwe ko izatangirira mu Turere twa Rubavu, Rutsiro, Nyabihu na Musanze, aho izatangira hagati ya tariki 03 na 10 Nzeri 2023.

Ibice biteganyijwemo kugwamo imvura nyinshi; ni ibyegereye ishyamba rya Nyungwe, cyane cyane Akarere ka Nyamagabe, uburasirazuba bw’Akarere ka Nyaruguru, uburengerazuba bw’Uturere twa Rusizi na Nyamasheke, ndetse n’agace gato ka Karongi.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe, kivuga ko muri ibi bice hateganyijwe kuzagwamo imvura iri hagati ya milimetero (mm) 700 na 800, ari na yo ku gipimo cyo hejuru izagwa muri iki gihe cy’umuhindo.

Naho imvura iri hagati ya Milimetero 600 na 700, iteganyijwe kuzagwa mu bice birimo Uturere twa Rubavu, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero, Burera, Musanze na henshi mu Turere twa Karongi, Nyaruguru na Gakenke.

Imvura iri kuri iki gipimo kandi izanagwa mu burengerazuba bw’Uturere twa Nyamasheke na Rusizi, ibice bito by’amajyaruguru y’Uturere twa Rulindo na Gicumbi, henshi mu burasirazuba bw’Akarere ka Nyamagabe no mu bice bito by’uburengerazuba y’Uturere twa Muhanga, Ruhango, Nyanza na Huye.

Naho imvura iri ku gipimo cya Milimetero 500 na 600, iteganyijwe mu bice byinshi by’Uturere twa Nyagatare, Gicumbi, Rulindo, Gasabo, Kamonyi, Muhanga, Ruhango, Nyanza, Huye na Gisagara no mu majyepfo y’Akarere ka Gakenke.

Imvura iri kuri iki gipimo kandi iteganyijwe kuzagwa mu bice birimo uburengerazuba bw’Uturere twa Kayonza na Rwamagana.

Naho imvura iri hagati ya Milimetero 400 na 500, iteganyijwe henshi mu Turere twa Kayonza, Rwamagana, Gatsibo, Kirehe, Nyarugenge na Kicukiro.

Iteganyijwe kandi mu bice bicye by’amajyepfo y’uburasirazuba bw’Akarere ka Nyagatare, iburasirazuba bw’Akarere ka Gasabo, no mu majyepfo y’Uturere twa Kamonyi, Ruhango, Nyanza na Gisagara.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Noah Ntibiringirwa says:
    2 years ago

    Murakoze kutugezaho iteganyagihe ubu tumenye amakuru yuzuye kdi Metro muri abantu babagabo cyane mukomereze aho!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku nkongi imaze iminsi 3 yibasiye Pariki y’u Rwanda hakiyambazwa kajugujugu

Next Post

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.