Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Uturere tuzagwamo imvura nyinshi kurusha utundi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA
1
Menya Uturere tuzagwamo imvura nyinshi kurusha utundi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, cyagaragaje ingano y’imvura iteganyijwe kugwa mu gihe cy’Umuhindo uzatangira mu ntangiro z’ukwezi gutaha, kinagaragaza ibice n’Uturere bizagwamo nyinshi kurusha ibindi.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, gitangaza ko iyi mvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu bihe bitandukanye hakurikijwe ibice, biteganyijwe ko izatangirira mu Turere twa Rubavu, Rutsiro, Nyabihu na Musanze, aho izatangira hagati ya tariki 03 na 10 Nzeri 2023.

Ibice biteganyijwemo kugwamo imvura nyinshi; ni ibyegereye ishyamba rya Nyungwe, cyane cyane Akarere ka Nyamagabe, uburasirazuba bw’Akarere ka Nyaruguru, uburengerazuba bw’Uturere twa Rusizi na Nyamasheke, ndetse n’agace gato ka Karongi.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe, kivuga ko muri ibi bice hateganyijwe kuzagwamo imvura iri hagati ya milimetero (mm) 700 na 800, ari na yo ku gipimo cyo hejuru izagwa muri iki gihe cy’umuhindo.

Naho imvura iri hagati ya Milimetero 600 na 700, iteganyijwe kuzagwa mu bice birimo Uturere twa Rubavu, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero, Burera, Musanze na henshi mu Turere twa Karongi, Nyaruguru na Gakenke.

Imvura iri kuri iki gipimo kandi izanagwa mu burengerazuba bw’Uturere twa Nyamasheke na Rusizi, ibice bito by’amajyaruguru y’Uturere twa Rulindo na Gicumbi, henshi mu burasirazuba bw’Akarere ka Nyamagabe no mu bice bito by’uburengerazuba y’Uturere twa Muhanga, Ruhango, Nyanza na Huye.

Naho imvura iri ku gipimo cya Milimetero 500 na 600, iteganyijwe mu bice byinshi by’Uturere twa Nyagatare, Gicumbi, Rulindo, Gasabo, Kamonyi, Muhanga, Ruhango, Nyanza, Huye na Gisagara no mu majyepfo y’Akarere ka Gakenke.

Imvura iri kuri iki gipimo kandi iteganyijwe kuzagwa mu bice birimo uburengerazuba bw’Uturere twa Kayonza na Rwamagana.

Naho imvura iri hagati ya Milimetero 400 na 500, iteganyijwe henshi mu Turere twa Kayonza, Rwamagana, Gatsibo, Kirehe, Nyarugenge na Kicukiro.

Iteganyijwe kandi mu bice bicye by’amajyepfo y’uburasirazuba bw’Akarere ka Nyagatare, iburasirazuba bw’Akarere ka Gasabo, no mu majyepfo y’Uturere twa Kamonyi, Ruhango, Nyanza na Gisagara.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Noah Ntibiringirwa says:
    2 years ago

    Murakoze kutugezaho iteganyagihe ubu tumenye amakuru yuzuye kdi Metro muri abantu babagabo cyane mukomereze aho!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku nkongi imaze iminsi 3 yibasiye Pariki y’u Rwanda hakiyambazwa kajugujugu

Next Post

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.