Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Uturere tuzagwamo imvura nyinshi kurusha utundi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
24/08/2023
in MU RWANDA
1
Menya Uturere tuzagwamo imvura nyinshi kurusha utundi mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, cyagaragaje ingano y’imvura iteganyijwe kugwa mu gihe cy’Umuhindo uzatangira mu ntangiro z’ukwezi gutaha, kinagaragaza ibice n’Uturere bizagwamo nyinshi kurusha ibindi.

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, gitangaza ko iyi mvura y’Umuhindo izatangira kugwa mu bihe bitandukanye hakurikijwe ibice, biteganyijwe ko izatangirira mu Turere twa Rubavu, Rutsiro, Nyabihu na Musanze, aho izatangira hagati ya tariki 03 na 10 Nzeri 2023.

Ibice biteganyijwemo kugwamo imvura nyinshi; ni ibyegereye ishyamba rya Nyungwe, cyane cyane Akarere ka Nyamagabe, uburasirazuba bw’Akarere ka Nyaruguru, uburengerazuba bw’Uturere twa Rusizi na Nyamasheke, ndetse n’agace gato ka Karongi.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iteganyagihe, kivuga ko muri ibi bice hateganyijwe kuzagwamo imvura iri hagati ya milimetero (mm) 700 na 800, ari na yo ku gipimo cyo hejuru izagwa muri iki gihe cy’umuhindo.

Naho imvura iri hagati ya Milimetero 600 na 700, iteganyijwe kuzagwa mu bice birimo Uturere twa Rubavu, Nyabihu, Rutsiro, Ngororero, Burera, Musanze na henshi mu Turere twa Karongi, Nyaruguru na Gakenke.

Imvura iri kuri iki gipimo kandi izanagwa mu burengerazuba bw’Uturere twa Nyamasheke na Rusizi, ibice bito by’amajyaruguru y’Uturere twa Rulindo na Gicumbi, henshi mu burasirazuba bw’Akarere ka Nyamagabe no mu bice bito by’uburengerazuba y’Uturere twa Muhanga, Ruhango, Nyanza na Huye.

Naho imvura iri ku gipimo cya Milimetero 500 na 600, iteganyijwe mu bice byinshi by’Uturere twa Nyagatare, Gicumbi, Rulindo, Gasabo, Kamonyi, Muhanga, Ruhango, Nyanza, Huye na Gisagara no mu majyepfo y’Akarere ka Gakenke.

Imvura iri kuri iki gipimo kandi iteganyijwe kuzagwa mu bice birimo uburengerazuba bw’Uturere twa Kayonza na Rwamagana.

Naho imvura iri hagati ya Milimetero 400 na 500, iteganyijwe henshi mu Turere twa Kayonza, Rwamagana, Gatsibo, Kirehe, Nyarugenge na Kicukiro.

Iteganyijwe kandi mu bice bicye by’amajyepfo y’uburasirazuba bw’Akarere ka Nyagatare, iburasirazuba bw’Akarere ka Gasabo, no mu majyepfo y’Uturere twa Kamonyi, Ruhango, Nyanza na Gisagara.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Noah Ntibiringirwa says:
    2 years ago

    Murakoze kutugezaho iteganyagihe ubu tumenye amakuru yuzuye kdi Metro muri abantu babagabo cyane mukomereze aho!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku nkongi imaze iminsi 3 yibasiye Pariki y’u Rwanda hakiyambazwa kajugujugu

Next Post

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Related Posts

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

If your work requires sitting for long periods each day, here’s what you need to know

by radiotv10
20/01/2026
0

Modern life involves a lot of sitting at work, at home, in transport, and during entertainment. Sitting for long hours...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

IZIHERUKA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere
IMIBEREHO MYIZA

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Umuryango wiyemeje gukura ku ibere idolari rya USA watangaje inkuru nziza idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.