Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in MU RWANDA
0
Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan uri kuburana ubujurire bwe, yabwiye Urukiko rw’Ubujurire ko afunzwe nabi ndetse ko aho afungiye n’inyamaswa itahafungirwa.

Cyuma Hassan witabye Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, yageze ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ubujurire akererewe nyuma y’uko avuze ko atifuza kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga.

Uyu wahoze yiyita Umunyamakuru amaze kugezwa ku cyicaro cy’Urukiko yabwiye Umucamaza ko afite inzitizi zikomeye zirimo izatumye atabasha gukora imihango ibanziriza urubanza kuko ubuyobozi bwa Gereza afungiyemo butamworohereje.

Cyuma Hassan yavuze ko aho afungiye afunzwe nabi ndetse ko yabikurijemo ibibazo by’ubuzima.

Ati “Muri gereza nagezeyo banjyana ahantu hameze nko mu mwobo kuko binsaba kumanuka nibura escalier 24.”

Yakomeje agira ati “Kuba mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa nibaza impamvu njyewe ufungiwe inyandiko mpimbano mfungirwa ahantu nk’aho kandi hari abantu bahekuye igihugu ariko bafunzwe mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira uregwa, yasabye Urukiko kubanza gufata umwanzuro kuri izi nzitizi zifite ingaruka ku buzima bw’umukiliya we kugira ngo abashe kuburana yisanzuye.

Me Gatera Gashabana yakomeje asaba Urukiko kurekura umukiliya we ubundi akaburana ari hanze kuko n’uburyo afunzwemo atari bwiza.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko izi nzitizi z’uburyo uregwa afunzwemo ziri mu bubasha bw’ubuyobozi bwa Gereza ndetse ko imyanzuro y’izo nzitizi itigeze ishyirwa muri system ku buryo bagira icyo bayivugaho

Urukiko rwasabye Uregwa n’Umunyamategeko we gukora imyanzuro y’ibyo baburanyeho bakayishyira muri system bitarenze tariki 15 Mutarama 2020 ubundi ikaburanwaho n’impande zombi (Uregwa n’Ubushinjacyaha). Urubanza rwimuriwe tariki 25 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 10 =

Previous Post

Utikingije COVID-19 ntakwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe- Evariste/CLADHO

Next Post

Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.