Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko

radiotv10by radiotv10
11/01/2022
in MU RWANDA
0
Mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa- Cyuma yavugiye amagambo akarishye mu rukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Niyonsenga Dieudonne uzwi nka Cyuma Hassan uri kuburana ubujurire bwe, yabwiye Urukiko rw’Ubujurire ko afunzwe nabi ndetse ko aho afungiye n’inyamaswa itahafungirwa.

Cyuma Hassan witabye Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 10 Mutarama 2022, yageze ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ubujurire akererewe nyuma y’uko avuze ko atifuza kuburana hifashishijwe ikoranabuhanga.

Uyu wahoze yiyita Umunyamakuru amaze kugezwa ku cyicaro cy’Urukiko yabwiye Umucamaza ko afite inzitizi zikomeye zirimo izatumye atabasha gukora imihango ibanziriza urubanza kuko ubuyobozi bwa Gereza afungiyemo butamworohereje.

Cyuma Hassan yavuze ko aho afungiye afunzwe nabi ndetse ko yabikurijemo ibibazo by’ubuzima.

Ati “Muri gereza nagezeyo banjyana ahantu hameze nko mu mwobo kuko binsaba kumanuka nibura escalier 24.”

Yakomeje agira ati “Kuba mfungiye ahantu n’inyamaswa itafungirwa nibaza impamvu njyewe ufungiwe inyandiko mpimbano mfungirwa ahantu nk’aho kandi hari abantu bahekuye igihugu ariko bafunzwe mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira uregwa, yasabye Urukiko kubanza gufata umwanzuro kuri izi nzitizi zifite ingaruka ku buzima bw’umukiliya we kugira ngo abashe kuburana yisanzuye.

Me Gatera Gashabana yakomeje asaba Urukiko kurekura umukiliya we ubundi akaburana ari hanze kuko n’uburyo afunzwemo atari bwiza.

Ubushinjacyaha bwo bwavuze ko izi nzitizi z’uburyo uregwa afunzwemo ziri mu bubasha bw’ubuyobozi bwa Gereza ndetse ko imyanzuro y’izo nzitizi itigeze ishyirwa muri system ku buryo bagira icyo bayivugaho

Urukiko rwasabye Uregwa n’Umunyamategeko we gukora imyanzuro y’ibyo baburanyeho bakayishyira muri system bitarenze tariki 15 Mutarama 2020 ubundi ikaburanwaho n’impande zombi (Uregwa n’Ubushinjacyaha). Urubanza rwimuriwe tariki 25 Mutarama 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − sixteen =

Previous Post

Utikingije COVID-19 ntakwiye kwimwa serivisi asanzwe yemerewe- Evariste/CLADHO

Next Post

Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

Simpanura ariko mbona mu gihe cya vuba Perezida Kagame na Ndayishimiye bazahura-Impuguke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.