Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva tariki 25 kugeza ku ya 28 Kanama 2022, ni iminsi y’ibyishimo mu Banyarwanda bongeye kuganira imbonankubone n’Umukuru w’Igihugu cyabo, Perezida Paul Kagame nyuma y’imyaka itatu iyi gahunda itabaho kubera icyorezo cya COVID-19 cyatumaga abantu badahurira hamwe.

Muri Gicurasi 2019, ni bwo Perezida Kagame yaherukaga kugenderera abaturage bakaganira nk’uku ubwo yasuraga Intara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 25 Kanama 2022, Umukuru w’u Rwanda yasuye abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, abimburira uruzinduko rwe mu Karere ka Ruhango.

Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Abanyaruhango, ababwira ko baherukanaga mu bihe by’amatora, abasaba kumutora kandi ko babikoze, ababwira ko icyo bapfanaga atari amatora gusa kuko hari ibindi byinshi bapfana.

Icyo gihe yagize ati “Ndibuka twahuye turi mu bihe by’amatora, icyo gihe duhura twasezeranye byinshi, ku ruhare rwanyu ibyinshi byarakozwe. Icyo gihe mwaratoye nkuko twari twabisezeranye, mutora neza ndetse mushyiramo umwenda, nsigarana umwenda wanyu, umwenda ntabwo nashoboye kuwishyura wose ariko turacyakomeza.”

Ku mugoroba wo kuri uwo munsi wa Kane, Perezida Kagame yanagiranye ikiganiro n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo, ikiganiro cyabereye mu Karere ka Huye.

Muri iki kiganiro, Umukuru w’u Rwanda yibukije Abanyarwanda ko bagomba guhora bashyize hamwe kuko ari yo nzira izabafasha kugera ku byo bifuza.

Yaboneyeho kunenga abatana bakajya mu murongo udakwiye, akunze kugereranya nk’insenene zirengagiza ko uwazifashe ashaka kuzirya, na zo ubwazo zigashaka kuryana.

Yagize ati “Natwe ntituzamere nk’isenene kuko hari ikidutegereje, waryana wagira ute urarangiza hari ibigutegereje. Ibyiza rero ni uko wamenya ibyo bigutegereje, niba ufite uko uhangana na byo ugahangana na byo ariko ntuhangane n’uwo musangiye ikibazo.”

Bucyeye bwaho, ku wa Gatanu tariki 26 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yasuye umukecuru Nyiramandwa Rachel w’imyaka 110 usanzwe akunda umukuru w’u Rwanda, utuye mu Kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, baraganira.

Nyiramandwa yaboneyeho kongera gushimira Perezida Paul Kagame ku iterambere amaze kugeza ku Rwanda ndetse n’imibereho yageze kuri buri wese, amwifuriza gukomeza kugira ibyiza ndetse n’umuryango we.

Uwo munsi kandi Umukuru w’u Rwanda yahise ajya kuganira n’abaturage ibihumbi n’ibihumbi bo mu Karere ka Nyamagabe bari baje kumwakirira kuri Stade ya Nyagisenyi.

Perezida Kagame yavuze ko nubwo Nyamagabe yateye imbere ariko ikwiye gutera imbere kurushaho, aboneraho gusaba inzego bwite za Leta ndetse n’abikorera kubigiramo uruhare.

Ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Abaturage barenga ibihumbi 100 bo mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, baje kumwakirira ku kibuga cy’umupira giherereye mu Murenge wa Kagano.

Ni uruzinduko rwagaragayemo umwihariko kuko mu bakiriye umukuru w’u Rwanda barimo ababyeyi bari bakenyeye imishanana baniteye imyitero bya Kinyarwanda, bateze ingori, bitwaje ibibumbatiye umuco nyarwanda, birimo ibisabo n’ibyansi, bamwakirizanyije impundu nyinshi.

Perezida Kagame washimiye abaturage uburyo bitwaye mu gufasha inzego z’umutekano ubwo muri ibi bice hagabwaga ibitero by’umutwe wa FLN-MRCD, yagize ati “Inzego z’umutekano zabashije gutsinda uwo mwanzi kuko mwabafashije. Mukomereze aho…Ubufatanye ni ngombwa muri byose, no mu iterambere burakenewe”

Umukuru w’Igihugu yatuwe umuvugo n’umusizi Uwababyeyi Viviane yise ‘Mpfura ifubitse u Rwanda’, urimo aho agira ati “Arasezeranya agasubiza bwangu, atsinda ibitego ntawe atsikamiye,…”

Perezida Kagame kandi yanaganiriye n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Iburengerazuba, mu kiganiro cyabereye mu Karere ka Rusizi, aho yagarutse ku mutekano n’imibanire y’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi.

Yaboneyeho kongere kwizeza ibi Bihugu ko nta muntu uzahungabanya umutekano wabyo aturutse mu Rwanda, ariko ko na byo bikwiye kwitwara uko, bikirinda ko hari uwabangamira u Rwanda abiturutsemo.

Kuri iki cyumweru tariki 28 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yasuye uruganda rw’icyayi rwa Rugabano rwo mu Karere ka Karongi, agaragarizwa imikorere yarwo.

Yanahuye n’abahinzi b’icyayi bo muri aka Karere ka Karongi, bamugaragarije ko kubera imiyoborere myiza ye, bakomeje gukataza mu rugendo rw’iterambere.

Perezida Kagame Paul ubwo yahinduraga asoje uru ruzinduko rw’iminsi ine, ubwo yageraga muri Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, yabanje guhagarara asuhuza abaturage bari bahateraniye ari benshi, bishimiye kongera kubona no kuramukanya n’Umukuru w’Igihugu cyabo.

AMAJYEPFO

Mu Ruhango

Yaganiriye n’abavuga rikimvikana

Nyamagabe

IBURENGERAZUBA

Nyamasheke

Aganira n’abavuga rikumvikana muri Rusizi

Karongi, Yasuye uruganda rw’Icyayi

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + twelve =

Previous Post

Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira

Next Post

Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Related Posts

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Rwanda Environment Management Authority (REMA) has announced that since the program to test vehicles for harmful emissions began, more than...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

by radiotv10
16/09/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko muri uyu mwaka wa 2025, ingo zigerwaho n’umuriro w’amashanyarazi zageze kuri 85% zivuye munsi ya...

IZIHERUKA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda
MU RWANDA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.