Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40

radiotv10by radiotv10
29/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
‘Mfura ifubitse u Rwanda’: Iby’ingenzi mu ruzinduko rwa Perezida rwasendereje akanyamuneza mu Banyarwanda n’amafoto 40
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva tariki 25 kugeza ku ya 28 Kanama 2022, ni iminsi y’ibyishimo mu Banyarwanda bongeye kuganira imbonankubone n’Umukuru w’Igihugu cyabo, Perezida Paul Kagame nyuma y’imyaka itatu iyi gahunda itabaho kubera icyorezo cya COVID-19 cyatumaga abantu badahurira hamwe.

Muri Gicurasi 2019, ni bwo Perezida Kagame yaherukaga kugenderera abaturage bakaganira nk’uku ubwo yasuraga Intara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba.

Ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 25 Kanama 2022, Umukuru w’u Rwanda yasuye abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Iburengerazuba, abimburira uruzinduko rwe mu Karere ka Ruhango.

Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Abanyaruhango, ababwira ko baherukanaga mu bihe by’amatora, abasaba kumutora kandi ko babikoze, ababwira ko icyo bapfanaga atari amatora gusa kuko hari ibindi byinshi bapfana.

Icyo gihe yagize ati “Ndibuka twahuye turi mu bihe by’amatora, icyo gihe duhura twasezeranye byinshi, ku ruhare rwanyu ibyinshi byarakozwe. Icyo gihe mwaratoye nkuko twari twabisezeranye, mutora neza ndetse mushyiramo umwenda, nsigarana umwenda wanyu, umwenda ntabwo nashoboye kuwishyura wose ariko turacyakomeza.”

Ku mugoroba wo kuri uwo munsi wa Kane, Perezida Kagame yanagiranye ikiganiro n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Amajyepfo, ikiganiro cyabereye mu Karere ka Huye.

Muri iki kiganiro, Umukuru w’u Rwanda yibukije Abanyarwanda ko bagomba guhora bashyize hamwe kuko ari yo nzira izabafasha kugera ku byo bifuza.

Yaboneyeho kunenga abatana bakajya mu murongo udakwiye, akunze kugereranya nk’insenene zirengagiza ko uwazifashe ashaka kuzirya, na zo ubwazo zigashaka kuryana.

Yagize ati “Natwe ntituzamere nk’isenene kuko hari ikidutegereje, waryana wagira ute urarangiza hari ibigutegereje. Ibyiza rero ni uko wamenya ibyo bigutegereje, niba ufite uko uhangana na byo ugahangana na byo ariko ntuhangane n’uwo musangiye ikibazo.”

Bucyeye bwaho, ku wa Gatanu tariki 26 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yasuye umukecuru Nyiramandwa Rachel w’imyaka 110 usanzwe akunda umukuru w’u Rwanda, utuye mu Kagari ka Ngiryi mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, baraganira.

Nyiramandwa yaboneyeho kongera gushimira Perezida Paul Kagame ku iterambere amaze kugeza ku Rwanda ndetse n’imibereho yageze kuri buri wese, amwifuriza gukomeza kugira ibyiza ndetse n’umuryango we.

Uwo munsi kandi Umukuru w’u Rwanda yahise ajya kuganira n’abaturage ibihumbi n’ibihumbi bo mu Karere ka Nyamagabe bari baje kumwakirira kuri Stade ya Nyagisenyi.

Perezida Kagame yavuze ko nubwo Nyamagabe yateye imbere ariko ikwiye gutera imbere kurushaho, aboneraho gusaba inzego bwite za Leta ndetse n’abikorera kubigiramo uruhare.

Ku wa Gatandatu tariki 27 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yaganiriye n’Abaturage barenga ibihumbi 100 bo mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, baje kumwakirira ku kibuga cy’umupira giherereye mu Murenge wa Kagano.

Ni uruzinduko rwagaragayemo umwihariko kuko mu bakiriye umukuru w’u Rwanda barimo ababyeyi bari bakenyeye imishanana baniteye imyitero bya Kinyarwanda, bateze ingori, bitwaje ibibumbatiye umuco nyarwanda, birimo ibisabo n’ibyansi, bamwakirizanyije impundu nyinshi.

Perezida Kagame washimiye abaturage uburyo bitwaye mu gufasha inzego z’umutekano ubwo muri ibi bice hagabwaga ibitero by’umutwe wa FLN-MRCD, yagize ati “Inzego z’umutekano zabashije gutsinda uwo mwanzi kuko mwabafashije. Mukomereze aho…Ubufatanye ni ngombwa muri byose, no mu iterambere burakenewe”

Umukuru w’Igihugu yatuwe umuvugo n’umusizi Uwababyeyi Viviane yise ‘Mpfura ifubitse u Rwanda’, urimo aho agira ati “Arasezeranya agasubiza bwangu, atsinda ibitego ntawe atsikamiye,…”

Perezida Kagame kandi yanaganiriye n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Iburengerazuba, mu kiganiro cyabereye mu Karere ka Rusizi, aho yagarutse ku mutekano n’imibanire y’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi.

Yaboneyeho kongere kwizeza ibi Bihugu ko nta muntu uzahungabanya umutekano wabyo aturutse mu Rwanda, ariko ko na byo bikwiye kwitwara uko, bikirinda ko hari uwabangamira u Rwanda abiturutsemo.

Kuri iki cyumweru tariki 28 Kanama 2022, Perezida Paul Kagame yasuye uruganda rw’icyayi rwa Rugabano rwo mu Karere ka Karongi, agaragarizwa imikorere yarwo.

Yanahuye n’abahinzi b’icyayi bo muri aka Karere ka Karongi, bamugaragarije ko kubera imiyoborere myiza ye, bakomeje gukataza mu rugendo rw’iterambere.

Perezida Kagame Paul ubwo yahinduraga asoje uru ruzinduko rw’iminsi ine, ubwo yageraga muri Nyabugogo mu Mujyi wa Kigali, yabanje guhagarara asuhuza abaturage bari bahateraniye ari benshi, bishimiye kongera kubona no kuramukanya n’Umukuru w’Igihugu cyabo.

AMAJYEPFO

Mu Ruhango

Yaganiriye n’abavuga rikimvikana

Nyamagabe

IBURENGERAZUBA

Nyamasheke

Aganira n’abavuga rikumvikana muri Rusizi

Karongi, Yasuye uruganda rw’Icyayi

Photos © Village Urugwiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + seven =

Previous Post

Kigali: Abafata udukingirizo tw’ubuntu bariyongera ubutitsa ariko ngo hari ikibabangamira

Next Post

Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

IZIHERUKA

Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta
IBYAMAMARE

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

by radiotv10
18/10/2025
0

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Weasel yavuze icyazanye Teta Sandra mu Rwanda gitandukanye n’ikizwi na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.