Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Min. Bamporiki yageneye ubutumwa Abahanzi Nyarwanda bigana iby’ahandi

radiotv10by radiotv10
31/03/2022
in IMYIDAGADURO
0
Min. Bamporiki yageneye ubutumwa Abahanzi Nyarwanda bigana iby’ahandi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Hon. Bamporiki Edouard asaba abahanzi nyarwanda gukora ibihangano bishingiye ku muco Nyarwanda, akebura abiganga iby’ahandi, ati “ntiwarusha abo wigana.”

Hon. Bamporiki Edouard yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 31 Werurwe mu kiganiro Zinduka gutambuka kuri RADIO 10, kibanze ku iterambere n’umuco.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Bamporiki yavuze ko Umuco ari umutima w’Igihugu n’imibereho y’abagituye kuko ugizwe n’iby’abakurambere.

Yavuze ko ibihangano by’abahanzi byunganira umuco w’Igihugu cyabo bityo ko biba bikwiye kuwushingiraho kugira ngo bigire umwimerere.

Yagize ati “Inshingano z’abariho, ni uguhanga ibidahungabanya umurage ariko kandi ni no guhaha ibidahungabanya umurage bityo tukagira umuco mwiza nk’abenegihugu.”

Bamporiki yagarutse ku nganda ndangamuco zirimo ubugeni, umuziki, ubwanditsi bw’ibitabo n’imideri, avuga ko abantu bakwiye kuzibyaza umusaruro

Ati “Icyo abahanzi basabwa ni ukurushaho guhanga ibihangano bifite ireme bwite ry’umuco wacu; ni bwo izi nganda zizakomera, zigatera imbere, zigatunga abazirimo ndetse zigakomeza kugira icyo zinjiza mu musaruro mbumbe w’Igihugu.”

Abahanzi nyarwanda by’umwihariko abo mu ruganda rw’umuziki, bakunze gutungwa agatoki kwigana iby’abahanzi b’amahanga, ibyo bakunze kwita ‘Gushishura’, bigatuma itandukaniro ryabo n’abandi ribura.

Hon Bamporiki yagarutse kuri iki kibazo, agira icyo asaba abahanzi nyarwanda, ati “Turashishikariza abahanzi gushyira imbaraga mu by’iwacu kuko gushyira imbaraga mu kwigana iby’ahandi nta nyungu bitanga; ntiwarusha abo wigana, kandi abo wigana ntibareba ibyo wigana kuko nta gishya kiba kirimo.”

Hon Bamporiki akunze kugira inama urubyiruko gushingira ku muco w’abakurambere kuko wuzuye byinshi byarufasha kuyobora inzira y’ejo hazaza, bakirinda gushamadukira ibyadutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Icyamamare muri Sinema y’Isi Bruce Willis yahagaritse gukina film kubera uburwayi bukomeye

Next Post

Umunyarwenya wakubitiwe urushyi mu birori yari ayoboye yabibajijweho azenga amarira ati “Ndacyabyibazaho”

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyarwenya wakubitiwe urushyi mu birori yari ayoboye yabibajijweho azenga amarira ati “Ndacyabyibazaho”

Umunyarwenya wakubitiwe urushyi mu birori yari ayoboye yabibajijweho azenga amarira ati “Ndacyabyibazaho”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.