Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwari bukwiye guhagarika ibinyoma buhora bushinja u Rwanda, kuko amahanga yose abibona ko ari ibihimbano.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025 avuga ku birego by’ibinyoma ubutegetsi bwa Congo Kinshasa budahwema gushinja u Rwanda.

Yagarutse ku byakunze gutangazwa na Minisitiri w’Intebe wa DRC, Judith Suminwa mu bihe binyuranye asubiramo ibirego ko u Rwanda ruri inyuma y’ibibazo biri muri DRC.

Nduhungirehe yavuze ko “Mu by’ukuri, ni ngombwa ko igihe kimwe Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa agomba guhagarika burundu” imvugo ze zisbasira u Rwanda, aho akunze kuvuga ngo “u Rwanda rwakoze ibi n’ibi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze ko tariki 18 Ukwakira 2024, Minisitiri Suminwa yavugiye i Bruxelles mu Bubiligi, ko ngo “Ku nshuro ya mbere u Rwanda rwemereye i Luanda kugaragaza gahunda yo gucyura abasirikare barwo 4 000.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ati “Mu by’ukuri ibi byagaragaye ko byari ikinyoma gikomeye.”

Akomeza agira ati “Ariko nanone tariki 15 Gashyantare i Addis Ababa, dore nanone Minisitiri w’Intebe yasubiriye, yongera kwemeza ko ‘izina ry’u Rwanda ryagaragajwe muri sale nk’umushotoranyi, ufite ingabo ku butaka bwa Congo.”

Akomeza agira ati “Ikindi kinyoma kigaragaza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yagaragaje ko ubutegetsi bwa Congo bwari bukwiye guhagarika ibi binyoma, bidafite ikindi Gihugu na kimwe kibigarukaho.

Ati “Ku bw’impamvu zifatira, mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Akanama gashinzwe amahoro n’Umutekano mu Afurika Yunze Ubumwe (CPS) yabereye i Addis Ababa tariki 14 Gashyantare 2025, nta Gihugu na kimwe uretse DRC, kigeze kivuga u Rwanda. Ndetse na Afurika y’Epfo ntiyigeze ibikora, ko M23 ifashwa n’ingabo zo hanze.”

Yakomeje agira ati “Byongeyeho kandi, Ibyemezo by’Inteko ya Afurika Yunze Ubumwe, byatowe nyuma y’amasaha (ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga-uwa DRC-yari yasohotse muri sale) nta hantu na hamwe byigeze bivuga cyangwa ngo bisabe u Rwanda gukura ingabo zarwo muri DRC.”

Mu byemezo byose byagiye bifatirwa mu nama ziga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, yaba iz’i Luanda muri Angola, n’iz’i Nairobi muri Kenya, nta na hamwe u Rwanda rwigeze rusabwa gucyura abasirikare barwo [kuko ntabariyo] ahubwo rwasabwaga gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije ku mupaka warwo na DRC nyuma yuko ubutegetsi bw’iki Gihugu bigaragaje ko bufite umugambi wo kurutera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − twelve =

Previous Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.