Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwari bukwiye guhagarika ibinyoma buhora bushinja u Rwanda, kuko amahanga yose abibona ko ari ibihimbano.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025 avuga ku birego by’ibinyoma ubutegetsi bwa Congo Kinshasa budahwema gushinja u Rwanda.

Yagarutse ku byakunze gutangazwa na Minisitiri w’Intebe wa DRC, Judith Suminwa mu bihe binyuranye asubiramo ibirego ko u Rwanda ruri inyuma y’ibibazo biri muri DRC.

Nduhungirehe yavuze ko “Mu by’ukuri, ni ngombwa ko igihe kimwe Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa agomba guhagarika burundu” imvugo ze zisbasira u Rwanda, aho akunze kuvuga ngo “u Rwanda rwakoze ibi n’ibi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze ko tariki 18 Ukwakira 2024, Minisitiri Suminwa yavugiye i Bruxelles mu Bubiligi, ko ngo “Ku nshuro ya mbere u Rwanda rwemereye i Luanda kugaragaza gahunda yo gucyura abasirikare barwo 4 000.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ati “Mu by’ukuri ibi byagaragaye ko byari ikinyoma gikomeye.”

Akomeza agira ati “Ariko nanone tariki 15 Gashyantare i Addis Ababa, dore nanone Minisitiri w’Intebe yasubiriye, yongera kwemeza ko ‘izina ry’u Rwanda ryagaragajwe muri sale nk’umushotoranyi, ufite ingabo ku butaka bwa Congo.”

Akomeza agira ati “Ikindi kinyoma kigaragaza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yagaragaje ko ubutegetsi bwa Congo bwari bukwiye guhagarika ibi binyoma, bidafite ikindi Gihugu na kimwe kibigarukaho.

Ati “Ku bw’impamvu zifatira, mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Akanama gashinzwe amahoro n’Umutekano mu Afurika Yunze Ubumwe (CPS) yabereye i Addis Ababa tariki 14 Gashyantare 2025, nta Gihugu na kimwe uretse DRC, kigeze kivuga u Rwanda. Ndetse na Afurika y’Epfo ntiyigeze ibikora, ko M23 ifashwa n’ingabo zo hanze.”

Yakomeje agira ati “Byongeyeho kandi, Ibyemezo by’Inteko ya Afurika Yunze Ubumwe, byatowe nyuma y’amasaha (ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga-uwa DRC-yari yasohotse muri sale) nta hantu na hamwe byigeze bivuga cyangwa ngo bisabe u Rwanda gukura ingabo zarwo muri DRC.”

Mu byemezo byose byagiye bifatirwa mu nama ziga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, yaba iz’i Luanda muri Angola, n’iz’i Nairobi muri Kenya, nta na hamwe u Rwanda rwigeze rusabwa gucyura abasirikare barwo [kuko ntabariyo] ahubwo rwasabwaga gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije ku mupaka warwo na DRC nyuma yuko ubutegetsi bw’iki Gihugu bigaragaje ko bufite umugambi wo kurutera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.