Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagaragaje iburashingiro ry’ibirego by’ibinyoma Congo yakomeje kwegeka ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwari bukwiye guhagarika ibinyoma buhora bushinja u Rwanda, kuko amahanga yose abibona ko ari ibihimbano.

Minisitiri Nduhungirehe yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025 avuga ku birego by’ibinyoma ubutegetsi bwa Congo Kinshasa budahwema gushinja u Rwanda.

Yagarutse ku byakunze gutangazwa na Minisitiri w’Intebe wa DRC, Judith Suminwa mu bihe binyuranye asubiramo ibirego ko u Rwanda ruri inyuma y’ibibazo biri muri DRC.

Nduhungirehe yavuze ko “Mu by’ukuri, ni ngombwa ko igihe kimwe Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa agomba guhagarika burundu” imvugo ze zisbasira u Rwanda, aho akunze kuvuga ngo “u Rwanda rwakoze ibi n’ibi.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze ko tariki 18 Ukwakira 2024, Minisitiri Suminwa yavugiye i Bruxelles mu Bubiligi, ko ngo “Ku nshuro ya mbere u Rwanda rwemereye i Luanda kugaragaza gahunda yo gucyura abasirikare barwo 4 000.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe ati “Mu by’ukuri ibi byagaragaye ko byari ikinyoma gikomeye.”

Akomeza agira ati “Ariko nanone tariki 15 Gashyantare i Addis Ababa, dore nanone Minisitiri w’Intebe yasubiriye, yongera kwemeza ko ‘izina ry’u Rwanda ryagaragajwe muri sale nk’umushotoranyi, ufite ingabo ku butaka bwa Congo.”

Akomeza agira ati “Ikindi kinyoma kigaragaza.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, yagaragaje ko ubutegetsi bwa Congo bwari bukwiye guhagarika ibi binyoma, bidafite ikindi Gihugu na kimwe kibigarukaho.

Ati “Ku bw’impamvu zifatira, mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma y’Akanama gashinzwe amahoro n’Umutekano mu Afurika Yunze Ubumwe (CPS) yabereye i Addis Ababa tariki 14 Gashyantare 2025, nta Gihugu na kimwe uretse DRC, kigeze kivuga u Rwanda. Ndetse na Afurika y’Epfo ntiyigeze ibikora, ko M23 ifashwa n’ingabo zo hanze.”

Yakomeje agira ati “Byongeyeho kandi, Ibyemezo by’Inteko ya Afurika Yunze Ubumwe, byatowe nyuma y’amasaha (ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga-uwa DRC-yari yasohotse muri sale) nta hantu na hamwe byigeze bivuga cyangwa ngo bisabe u Rwanda gukura ingabo zarwo muri DRC.”

Mu byemezo byose byagiye bifatirwa mu nama ziga ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC, yaba iz’i Luanda muri Angola, n’iz’i Nairobi muri Kenya, nta na hamwe u Rwanda rwigeze rusabwa gucyura abasirikare barwo [kuko ntabariyo] ahubwo rwasabwaga gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwakajije ku mupaka warwo na DRC nyuma yuko ubutegetsi bw’iki Gihugu bigaragaje ko bufite umugambi wo kurutera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 18 =

Previous Post

Abahanzi babiri b’ibirangirire basimbutse ikirego baregwagamo ibyo umwe yitaga kumwandagaza

Next Post

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Ibiteye amatsiko wamenya ku munyamakuru uzwi mu Rwanda winjiye muri RADIOTV10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.