Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana ubwicanyi bwakorewe kwa ku ivuriro rya Byambwe muri Kivu ya Ruguru, ariko akirengagiza kuvuga ababukoze.

Ni nyuma yuko uyu Muganga w’Umunyekongo wahawe igihembo Mpuzamahanga Cyitiriwe Nobel, agaragaje agahinda yatewe na buriya bwicanyi bwakorewe abari ku Kigo Nderabuzima cya Byambwe.

Ubwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku ya 14 rishyira ku ya 15 Ugushyingo 2025, bwanamaganywe n’Ibiro by’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, dore ko ririya vuriro bwakorewemo ari irya Kiliziya.

Ibiro bya Papa, byamaganaga ubu bwicani bwakorewe abo muri Paruwayi yitiriwe Mutagatifu Paul ya Byambwe mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, byavugaga ko bwatwaye ubuzima bw’abantu 28 ndetse n’ivuriro rigatwika.

Mu butumwa bwa Dr Denis Mukwege, we yavuze ko “mu bantu 17 bishwe, 11 ni abagore bari baryamye mu cyumba cy’ababyeyi bagiye kubyara.”

Yakomeje agira ati “Nk’umuganga w’ababyeyi n’inzobere mu ndwara z’abagore, namaganye nivuye inyuma ibi bikorwa bibi. Kugirira nabi abagore batanga ubuzima ni icyaha ndengakamere kurusha ibindi byose, kandi si n’umugambi w’iterabwoba ku baturage gusa, ahubwo ni no kurimbura igice cy’umuryango mugari.”

Yakomeje avuga ko Isi idakwiye kurebera ibikorwa nk’ibi bya Jenoside ngo ikorerwa Abanyekongo, avuga ko hakwiye kugira igikorwa mu maguru mashya, mu rwego rwo kurengera ubuzima bw’abasivile bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, atanga igitekerezo kuri ubu butumwa bwa Dr Denis Mukwege; yavuze ko “abakoze aya marorerwa barazwi neza, ni iby’ihebe by’Abanya-Uganda bya ADF. Biratangaje kubona Dr Denis Mukwege, ufite intego yo kumenyesha umuryango mpuzamahanga (ugendeye ku bo yasangije ubutumwa bwe kuri X) yibagirwa kubivuga mu butumwa bwe burebure bwo kwamagana kandi bigaragara ko yafashe umwanya uhagije wo kubutegura.”

Umutwe wa ADF-NALU urwanya ubutegetsi bwa Uganda ukaba ufite ibirindiro mu mashyamba ya DRC, wakunze gukora ibikorwa nk’ibi by’ubugome ndengakamere, wica abaturage ukanabatwikira ibyabo.

Dr. Denis yamaganye buriya bwicanyi
Minisitiri Nduhungire avuga ko bitangaje kubona yirengagiza kuvuga ababukoze
Ubwo hashyingurwaga abahaburiye ubuzima

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + ten =

Previous Post

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Next Post

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Related Posts

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igihugu icyo ari cyo cyose kizakomeza gukorana ubucuruzi na...

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

by radiotv10
13/01/2026
0

Muri Uganda ubu intero n’inyikirizo ntayindi uretse amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama 2026, yabanjirijwe...

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.