Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in MU RWANDA
1
MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi, yamenyesheje ababyeyi ko nubwo abanyeshuri baje mu biruhuko by’iminsi mikuru ariko mu bihembo bazabaha hatagomba kuzamo inzoga.

Ni mu butumwa iyi Minisiteri yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, bugenewe ababyeyi bafite abanyeshuri bazatangira ibiruhuko by’iminsi mikuru kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022.

Ubu butumwa bugira buti “Babyeyi, Abanyeshuri batashye mu biruhuko by’iminsi mikuru. Mu bihembo mugenera abana banyu, inzoga ntizigomba kubamo!”

Ubu butumwa bwa MINEDUC bukomeza bugira buti “Inzoga ni umwanzi ukomeye w’inzozi z’umwana wawe. Umuto wese uri munsi y’imyaka 18, ntiyemerewe kuzinywa. Inzoga si iz’abato”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) na rwo ruherutse kugenera urubyiruko ubutumwa bw’ibi bihe by’iminsi mikuru binjiyemo, rwabasabye kwirinda ingeso mbi rukomeje kugaragaramo muri iyi minsi nk’ubusinzi n’ubusambanyi.

Ubu butumwa bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bwatanzwe muri iki cyumweru, bwagiraga buti “RIB irashishikariza Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko kwirinda ibyaha n’ingeso mbi zirimo ubusinzi, gusambanya abana, ibiyobyabwenge, n’ibindi.”

Ubu butumwa bwose bugenewe abakiri bato, buje mu gihe bamaze iminsi batungwa agatoki kwijandika mu ngeso mbi zirimo ubusinzi n’ubusambanyi, zinafatwa nk’umwanzi watuma ejo h’u Rwanda hataba heza nkuko hifuzwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ISHIMWE Claude says:
    3 years ago

    Nukuru bigende gutyo

    Reply

Leave a Reply to ISHIMWE Claude Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + one =

Previous Post

Gakenke: Hamenyekanye irengero ry’inda bari bazi ko atwite bwacya bakayibura

Next Post

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Related Posts

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

by radiotv10
22/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi; yakiriye mugenzi we wa Somalia, n’Umugaba Wungirije w’Ingabo za Qatar...

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

by radiotv10
22/10/2025
0

Abasenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; bamushimiye icyizere yabagiriye cyo gukomeza gukorera Igihugu, bamwizeza kuzakorana umurava. Aba...

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

IZIHERUKA

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye
IBYAMAMARE

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

22/10/2025
Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

22/10/2025
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iza Qatar na Somalia

22/10/2025
Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

Kigali igiye kwakira ibindi birori by’umukino w’amagare nyuma ya UCI Road World Championships

22/10/2025
Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

Buri wese yagize icyo avuga: Ubutumwa bw’Abasenateri bashyizweho na Perezida Kagame

22/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi Nyarwanda Josh yabwiye umugore we amagambo aryohereye

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.