Saturday, March 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in MU RWANDA
1
MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi, yamenyesheje ababyeyi ko nubwo abanyeshuri baje mu biruhuko by’iminsi mikuru ariko mu bihembo bazabaha hatagomba kuzamo inzoga.

Ni mu butumwa iyi Minisiteri yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, bugenewe ababyeyi bafite abanyeshuri bazatangira ibiruhuko by’iminsi mikuru kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022.

Ubu butumwa bugira buti “Babyeyi, Abanyeshuri batashye mu biruhuko by’iminsi mikuru. Mu bihembo mugenera abana banyu, inzoga ntizigomba kubamo!”

Ubu butumwa bwa MINEDUC bukomeza bugira buti “Inzoga ni umwanzi ukomeye w’inzozi z’umwana wawe. Umuto wese uri munsi y’imyaka 18, ntiyemerewe kuzinywa. Inzoga si iz’abato”

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) na rwo ruherutse kugenera urubyiruko ubutumwa bw’ibi bihe by’iminsi mikuru binjiyemo, rwabasabye kwirinda ingeso mbi rukomeje kugaragaramo muri iyi minsi nk’ubusinzi n’ubusambanyi.

Ubu butumwa bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha bwatanzwe muri iki cyumweru, bwagiraga buti “RIB irashishikariza Abaturarwanda cyane cyane urubyiruko kwirinda ibyaha n’ingeso mbi zirimo ubusinzi, gusambanya abana, ibiyobyabwenge, n’ibindi.”

Ubu butumwa bwose bugenewe abakiri bato, buje mu gihe bamaze iminsi batungwa agatoki kwijandika mu ngeso mbi zirimo ubusinzi n’ubusambanyi, zinafatwa nk’umwanzi watuma ejo h’u Rwanda hataba heza nkuko hifuzwa.

RADIOTV10

Comments 1

  1. ISHIMWE Claude says:
    3 years ago

    Nukuru bigende gutyo

    Reply

Leave a Reply to ISHIMWE Claude Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seven =

Previous Post

Gakenke: Hamenyekanye irengero ry’inda bari bazi ko atwite bwacya bakayibura

Next Post

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Related Posts

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka...

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye...

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

by radiotv10
14/03/2026
0

As children grow, their bodies naturally go through many changes. These changes can sometimes confuse or even scare them if...

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka...

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza,...

IZIHERUKA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha
MU RWANDA

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

14/03/2026
Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

14/03/2026
Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

14/03/2026
Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

13/03/2026
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

13/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Umusirikare wa FARDC wari gukurubanwa n’abaturage bamuziza ko ari Umututsi yagaragaye avirirana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.