Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gakenke: Hamenyekanye irengero ry’inda bari bazi ko atwite bwacya bakayibura

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gakenke: Hamenyekanye irengero ry’inda bari bazi ko atwite bwacya bakayibura
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage mu Kagari ka Kiruku mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke, babanje gutungurwa no kubona umukobwa bari basanzwe bazi ko atwite mu nda ari zeru, nyuma biza gutahurwa ko yakuyemo Inda abigambiriye akaba ari no kubikurikiranwaho.

Uyu mukobwa w’imyaka 27 y’amavuko usanzwe atuye mu Mudugudu wa Bushagashi mu Kagari ka Kiruku, abana n’umubyeyi we ndetse akaba asanganywe n’umwana yabyariye mu rugo.

Yari amaze iminsi atwite ndetse bigaragarira buri wese bahuraga dore ko iyi nda yari igeze mu mezi arindwi, ariko kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukuboza 2022, yabyutse atera urujijo kuko inda ye yari itakigaragara.

Umubyeyi we babana na we wahise agira amakenga, yabajije umukobwa we aho Inda yari atwite yagiye, undi abura ayo acira n’ayo Amira, areko arebye neza, abona amaraso ku kirenge cye.

Robert Niyomwungeri uyubora Umurenge wa Coko, yagize ati “Umubyeyi w’umwana yabyutse mu gitondo n’umukobwa abyutse, abona nta nda agifite kandi yari afite inda nkuru igera mu mezi arindwi, kandi yari yaratangiye kugaragara, amubajije uko byagenze, undi araceceka.”

Uyu muyobozi avuga ko umubyeyi w’uyu mukobwa yahise atabaza abaturanyi ndetse n’ubuyobozi bw’ibanze byumwihariko umuyobozi w’Umudugudu.

Ati “Bahageze batangira gushakisha mu nzu hose, baza kugwa ku kadobo karimo uruhinja rwitabye Imana.”

Uyu mukobwa bamwegereye ngo bamuze ibyabaye, yiyemereye ko ari we wakuyemo iyi nda yari atwite akoresheje ibinini yari yaguze mu gasantere kari ahitwa Rushashi ku munsi wari wabanje tariki 21 Ukuboza 2022.

Hari andi makuru kandi avuga ko no muri Werurwe uyu mwaka na bwo yari yakuyemo inda mu buryo butemewe, ndetse na we akaba abyemera ko yabikoreye mu Karere ka Rulindo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + eleven =

Previous Post

Perezida Ruto yavuze ikintu gitangaje azakuramo ayo azishyura umugore we wamutsinze muri ‘betting’

Next Post

MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

Related Posts

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
05/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

MINEDUC yagaragaje ikitagomba kuba mu bihembo ababyeyi bazaha abanyeshuri baje mu biruhuko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.