Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri Dr Ngirente yagaragaje uko ubuhinzi bufatiye runini izindi nzego ziteza imbere Ibihugu

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Minisitiri Dr Ngirente yagaragaje uko ubuhinzi bufatiye runini izindi nzego ziteza imbere Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko Ibihugu byose bigomba gushyira imbaraga mu iterambere ry’ubuhinzi, kuko iyo butitaweho buteza ibibazo bidindiza iterambere ry’izindi nzego zigize ubukungu bw’Igihugu.

Dr Ngirente yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2024, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga kuri politike ziteza imbere ubuhinzi iteraniye i Kigali.

Inzego zishinzwe ubuhinzi zigaragaza ko Umugabane wa Afurika wihariye 60% y’ubutaka buhingwa, ariko 20% by’abawutuye ntibabasha kubona ibyo kurya bihagije. Ibi kandi bituma 32% y’abana bari munsi y’imyaka itanu muri Afurika, bagaragarwaho ikibazo cy’igwingira.

Igikomeye kuruta ibindi ni uko Leta z’Ibihugu bya Afurika zidashora imari ifatika mu buhinzi, dore ko bishoramo 4,6% by’ingengo y’imari, mu gihe amasezerano y’i Malabo yo muri 2014 asaba Ibihugu gushora mu buhinzi 10% by’ingengo y’imari.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ihuriro Mpuzamahanga ryita ku Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (AGRA), Hailemariam Desalegn avuga ko igisubizo kigomba gushakirwa kuri iyo ngingo.

Yagize ati “Ubuhinzi muri Afurika ntibuhabwa agaciro n’ubwitange mu buryo bwa politike bigomba uwo mwuga. Umbajije impamvu mvuze ntyo; nakubwira ngo reba amafarnga mushora mu buhinzi. Icyo kirahagije, twe twerekanye neza ko politiki nziza, gushyigikirwa no kwitabwaho; abahinzi bacu bashobora kwikura mu bukene.”

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente avuga ko kwirengagiza ubuhinzi bishobora kugira ingaruka no ku bindi bikorwa binini by’Igihugu.

Ati “Iyo Igihugu kitihagije ku biribwa; gishora amafaranga menshi mu gushakira abaturage ibiribwa, ibyo bituma amafaranga yari agenewe gushyirwa mu nzego zikomeye nk’ubuhinzi, uburezi, ibikorwa remezo n’ubuzima ataboneka.”

Minisitiri Ngirente avuga ko Ibihugu bigomba gushora imari mu buhinzi burambye, bikongerera agaciro umusaruro ubuvamo, ndetse bikanagabanya umusaruro wangirika.

Ati “Kugira ngo tubigereho mu Rwanda, twashyize imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi. Guverinoma kandi iri kwagura ubwishingizi no kubona inguzanyo zihendutse kugira ngo abahinzi babashe gushora imari muri uyu mwuga banahangane n’imihindagurikire y’ikirere. Ibyo tubihuje na politike zo guteza imbere ibikorwaremezo mu cyaro; bituma uru rwego rutanga umusaruro mu Rwanda.”

Abahanga bagaragaza ko buri mwaka Abanyafurika bakenera ibiribwa bingana na toni miliyari 1.3, kugeza ubu 85% y’ibyo biribwa biboneka imbere muri Afururika, naho 15% bigatumiza hanze ya Afurika.

Kubera ikibazo cy’ibiribwa Abanyafurika bafite, 95% y’ibyo bahinga ntibirenga uyu Mugabane, naho 5% y’umusaruro babona ni wo bagurisha ku yindi Migabane.

Iyi nama yitabiriwe n’impuguke ziturutse mu Bihugu binyuranye

Hagaragajwe imishinga yazamura ubuhinzi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − six =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida wa Kenya na we yageze mu Bushinwa

Next Post

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n'uwo ishyaka rye ribishinja

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.