Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri Dr Ngirente yagaragaje uko ubuhinzi bufatiye runini izindi nzego ziteza imbere Ibihugu

radiotv10by radiotv10
05/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Minisitiri Dr Ngirente yagaragaje uko ubuhinzi bufatiye runini izindi nzego ziteza imbere Ibihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko Ibihugu byose bigomba gushyira imbaraga mu iterambere ry’ubuhinzi, kuko iyo butitaweho buteza ibibazo bidindiza iterambere ry’izindi nzego zigize ubukungu bw’Igihugu.

Dr Ngirente yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Nzeri 2024, ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga yiga kuri politike ziteza imbere ubuhinzi iteraniye i Kigali.

Inzego zishinzwe ubuhinzi zigaragaza ko Umugabane wa Afurika wihariye 60% y’ubutaka buhingwa, ariko 20% by’abawutuye ntibabasha kubona ibyo kurya bihagije. Ibi kandi bituma 32% y’abana bari munsi y’imyaka itanu muri Afurika, bagaragarwaho ikibazo cy’igwingira.

Igikomeye kuruta ibindi ni uko Leta z’Ibihugu bya Afurika zidashora imari ifatika mu buhinzi, dore ko bishoramo 4,6% by’ingengo y’imari, mu gihe amasezerano y’i Malabo yo muri 2014 asaba Ibihugu gushora mu buhinzi 10% by’ingengo y’imari.

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ihuriro Mpuzamahanga ryita ku Iterambere ry’Ubuhinzi muri Afurika (AGRA), Hailemariam Desalegn avuga ko igisubizo kigomba gushakirwa kuri iyo ngingo.

Yagize ati “Ubuhinzi muri Afurika ntibuhabwa agaciro n’ubwitange mu buryo bwa politike bigomba uwo mwuga. Umbajije impamvu mvuze ntyo; nakubwira ngo reba amafarnga mushora mu buhinzi. Icyo kirahagije, twe twerekanye neza ko politiki nziza, gushyigikirwa no kwitabwaho; abahinzi bacu bashobora kwikura mu bukene.”

Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente avuga ko kwirengagiza ubuhinzi bishobora kugira ingaruka no ku bindi bikorwa binini by’Igihugu.

Ati “Iyo Igihugu kitihagije ku biribwa; gishora amafaranga menshi mu gushakira abaturage ibiribwa, ibyo bituma amafaranga yari agenewe gushyirwa mu nzego zikomeye nk’ubuhinzi, uburezi, ibikorwa remezo n’ubuzima ataboneka.”

Minisitiri Ngirente avuga ko Ibihugu bigomba gushora imari mu buhinzi burambye, bikongerera agaciro umusaruro ubuvamo, ndetse bikanagabanya umusaruro wangirika.

Ati “Kugira ngo tubigereho mu Rwanda, twashyize imbaraga mu gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi. Guverinoma kandi iri kwagura ubwishingizi no kubona inguzanyo zihendutse kugira ngo abahinzi babashe gushora imari muri uyu mwuga banahangane n’imihindagurikire y’ikirere. Ibyo tubihuje na politike zo guteza imbere ibikorwaremezo mu cyaro; bituma uru rwego rutanga umusaruro mu Rwanda.”

Abahanga bagaragaza ko buri mwaka Abanyafurika bakenera ibiribwa bingana na toni miliyari 1.3, kugeza ubu 85% y’ibyo biribwa biboneka imbere muri Afururika, naho 15% bigatumiza hanze ya Afurika.

Kubera ikibazo cy’ibiribwa Abanyafurika bafite, 95% y’ibyo bahinga ntibirenga uyu Mugabane, naho 5% y’umusaruro babona ni wo bagurisha ku yindi Migabane.

Iyi nama yitabiriwe n’impuguke ziturutse mu Bihugu binyuranye

Hagaragajwe imishinga yazamura ubuhinzi

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 1 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida wa Kenya na we yageze mu Bushinwa

Next Post

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n’uwo ishyaka rye ribishinja

Uko Bobi Wine utavuga rumwe n’ubutegezi bwa Uganda yarashwe n'uwo ishyaka rye ribishinja

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.