Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Minisitiri w’Intebe mushya wa Canada yahaye ubutumwa Igihugu cy’igihangange basa nk’abahanganye
Share on FacebookShare on Twitter

Mark Carney watorewe kuyobora Ishyaka riri ku butegetsi muri Canada, akazahita anaba Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu, yavuze ko nubwo aje ku buyobozi mu gihe Igihugu cye gihanganye na USA mu bukungu, ubuyobozi bwe buzakora ibishoboka kugira ngo ubukungu bwacyo butajegajega.

Uyu wahoze ari Guverineri wa Banki Nkuru ya Canada, yatsinze amatora yo kuyobora Ishyaka riri ku butegetsi muri iki gihugu, Liberal Party, ndetse azahita asimbura Justin Trudeau ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, nk’uko byemeje n’ibyavuye mu matora yabaye kuri iki Cyumweru.

Carney, w’ imyaka 59, yagize amajwi 86% by’abatoye, abarenga gato ibihumbi 152, akaba yatsinze uwahoze ari Minisitiri w’Imari, Chrystia Freeland.

Mark Carney agiye ku butegetsi mu gihe Canada iri mu bihe bigoye  by’intambara y’ubucuruzi n’uwahoze ari umufatanyabikorwa wayo, ari we Leta Zunze Ubumwe za America, iyobowe na Perezida Donald Trump.

Mu ijambo yagejeje ku bayoboke b’ishyaka rye, Carney yavuze ko nubwo America iri kugerageza kumanura ubukungu bwa Canada, ariko iki Gihugu kidashobora kumwemerera kubigeraho.

Yagize ati “Hari umuntu uri kugerageza kumanura ubukungu bwacu, yibasira Abanya-Canada, imiryango ndetse n’amakompanyi yacu, ntidushobora kumwemerera gutsinda.”

Carney yakomeje agira ati “Tuzakora ibintu tutigeze dutekereza mbere, kandi mu buryo tutatekerezaga ko bushoboka.”

Muri Mutarama uyu mwaka, Justin Trudeau yatangaje ko azegura nka Minisitiri w’Intebe, nyuma y’imyaka irenga icyenda ku butegetsi, ndetse bituma ishyaka riri ku butegetsi, Liberal Party, ryihutisha amatora yo kumusimbuza, kuko abarigize bari baratangiye kumutakariza icyizere.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Ibivugwa ku rupfu rw’Umurundikazi waguye mu Bubiligi ubaye uwa gatatu uhaburiye ubuzima mu mezi ane

Next Post

Umutoza wa APR yavuze umukinnyi abona mwiza muri Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza wa APR yavuze umukinnyi abona mwiza muri Shampiyona y’u Rwanda

Umutoza wa APR yavuze umukinnyi abona mwiza muri Shampiyona y'u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.