Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Minisitiri wo muri Congo wigeze kuvuga amagambo y’ubushotoranyi ku Rwanda ntakiri muri Guverinoma

radiotv10by radiotv10
18/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Minisitiri wo muri Congo wigeze kuvuga amagambo y’ubushotoranyi ku Rwanda ntakiri muri Guverinoma
Share on FacebookShare on Twitter

Constant Mutamba wari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwegura ku nshingano ze nyuma yuko Ubushinjacyaha butangiye kumukurikirana ku byaha byo kunyereza amafaranga menshi.

Ubwegure bwa Constant Mutamba yabugejeje kuri Perezida Félix-Antoine Tshisekedi kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kamena 2025.

Ibitangazamakuru byo muri Congo, bivuga ko ubu bwegure bwe bwaje nyuma y’ibiganiro byamaze hafi isaha mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, ndetse amakuru aturuka mu bari hafi ya Perezida, akaba yemeza ko yemeye ubwegure bwe.

Constant Mutamba yeguye nyuma y’iminsi micye Inteko Ishinga Amategeko ihaye uburenganzira Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imanza bwo kumukurikirana mu byaha byo kunyereza umutungo wa Leta.

Uyu munyapolitiki akurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari yagenewe kubaka Gereza i Kisangani mu Ntara ya Tshopo.

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imanza, Firmin Mvonde yatangaje ko ibisobanuro yahawe na Mutamba bidafututse ku buryo yahagarika iperereza kuri we, ahubwo ko byashimangiye ko agomba gukomeza kumukurikirana.

Uyu Mushinjacyaha yagize ati “Ibimenyetso byatanzwe na Minisitiri, nta na kimwe kigaragaza ko ibyo aregwa bidafite ishingiro. Ahubwo bishimangira umugambi ugaragara wo kunyereza imari ya Leta.”

Uyu munyapolitiki weguye muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni umwe mu bibasiye u Rwanda barushinja ibinyoma ndetse banakoresha imvugo ziremereye.

Kuri Constant Mutamba wari wanarengereye, yari yanavuze amagambo kuri Perezida Paul Kagame yamaganywe na Guverinoma y’u Rwanda, kubera ubushotoranyi bukabije bwari buyarimo.

Mu kwezi k’Ugushyingo 2024 ubwo Constant Mutamba yasuraga Gereza ya Munzenze iherereye i Goma, yabwiye imfungwa zaho ko zigomba kwitegura gutera u Rwanda ngo kugira bisubize ubutaka bwabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + seven =

Previous Post

Awaken the genius within: Unlock your true potential

Next Post

Icyatumye umuhanzi uzwi mu Rwanda yinjira mu bukomisiyoneri

Related Posts

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

by radiotv10
09/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yasubije uwatanze igitekerezo kitanoze ku butumwa bwe...

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

I Bruxelles mu Bubiligi, hatanzwe ikirego kiregwamo abantu icyenda (9) bo mu muryango wa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

IZIHERUKA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market
MU RWANDA

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

by radiotv10
09/07/2025
0

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

09/07/2025
Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

09/07/2025
Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

09/07/2025
Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

09/07/2025
Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

09/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye umuhanzi uzwi mu Rwanda yinjira mu bukomisiyoneri

Icyatumye umuhanzi uzwi mu Rwanda yinjira mu bukomisiyoneri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

HOME POINT Expands to Kicukiro, Marking 15 Years of Excellence in Rwanda’s Electronics Market

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.