Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly witabiriye Inama yateguwe n’Umuryango w’Abanyafurika biga muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza, aho agomba no gutanga ikiganiro, yagaragaje ko yishimiye kuhahurira n’umunyapolitiki w’umunyabigwi mu karere, Raila Odinga wahataniye kuba Perezida wa Kenya inshuro nyinshi ariko ntagire amahirwe yo gutsinda amatora.

Ni inama yateguwe n’umuryango ‘Oxford University Africa Society’ w’abanyeshuri biga muri iyi Kaminuza yo mu Bwongereza, iri kubera i London hagati ya tariki 24 na 25 Gicurasi 2024.

Miss Jolly wari uherutse kugaragaza ko yatumiwe muri iyi nama nk’uzatangiramo ikiganiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, ku munsi wa mbere w’iyi nama, yagaragaje ko yahuye n’Umunyapolitiki wo muri Kenya, Raila Odinga.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Miss Jolly yagize ati “Ku munsi wa mbere w’Inama ya Oxford University Africa Society, byari iby’agaciro guhura n’umunyabigwi Raila Odinga, akunda u Rwanda, yabivuze.”

Miss Jolly yishimiye guhura na Odinga

Uyu munyapolitiki watsinzwe mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya yabaye muri Nzeri 2022, yegukanywe na William Ruto, ni umwe mu bazwi cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, by’umwihariko mu Gihugu cye cya Kenya, aho amaze kwiyamamaza inshuro eshanu mu matora y’Umukuru w’Igihugu yose, atsindwa.

Raila Odinga ubu ari guhatanira kuba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, agasimbura Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat, yagize ingendo mu Bihugu bitandukanye asaba ko byazamushyigikira mu matora azaba muri Gashyantare umwaka utaha wa 2025.

Muri Werurwe, Odinga yagiriye uruzinduko mu Rwanda, anakirwa na Perezida Paul Kagame wanamwizeje ko u Rwanda ruzamushyigikira muri aya matora, kuko ari umugabo urangwa n’umuhate no kudacika intege.

Jolly avuga ko Odinga yamubwiye ko akunda u Rwanda cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Next Post

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Related Posts

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.