Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
24/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Miss Mutesi Jolly witabiriye Inama yateguwe n’Umuryango w’Abanyafurika biga muri Kaminuza ya Oxford mu Bwongereza, aho agomba no gutanga ikiganiro, yagaragaje ko yishimiye kuhahurira n’umunyapolitiki w’umunyabigwi mu karere, Raila Odinga wahataniye kuba Perezida wa Kenya inshuro nyinshi ariko ntagire amahirwe yo gutsinda amatora.

Ni inama yateguwe n’umuryango ‘Oxford University Africa Society’ w’abanyeshuri biga muri iyi Kaminuza yo mu Bwongereza, iri kubera i London hagati ya tariki 24 na 25 Gicurasi 2024.

Miss Jolly wari uherutse kugaragaza ko yatumiwe muri iyi nama nk’uzatangiramo ikiganiro, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, ku munsi wa mbere w’iyi nama, yagaragaje ko yahuye n’Umunyapolitiki wo muri Kenya, Raila Odinga.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Miss Jolly yagize ati “Ku munsi wa mbere w’Inama ya Oxford University Africa Society, byari iby’agaciro guhura n’umunyabigwi Raila Odinga, akunda u Rwanda, yabivuze.”

Miss Jolly yishimiye guhura na Odinga

Uyu munyapolitiki watsinzwe mu matora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya yabaye muri Nzeri 2022, yegukanywe na William Ruto, ni umwe mu bazwi cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, by’umwihariko mu Gihugu cye cya Kenya, aho amaze kwiyamamaza inshuro eshanu mu matora y’Umukuru w’Igihugu yose, atsindwa.

Raila Odinga ubu ari guhatanira kuba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, agasimbura Umunya-Chad Moussa Faki Mahamat, yagize ingendo mu Bihugu bitandukanye asaba ko byazamushyigikira mu matora azaba muri Gashyantare umwaka utaha wa 2025.

Muri Werurwe, Odinga yagiriye uruzinduko mu Rwanda, anakirwa na Perezida Paul Kagame wanamwizeje ko u Rwanda ruzamushyigikira muri aya matora, kuko ari umugabo urangwa n’umuhate no kudacika intege.

Jolly avuga ko Odinga yamubwiye ko akunda u Rwanda cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Ikibazo cy’ubwishingizi bw’abamotari buhanitse cyongeye kugarukwaho imbere ya Perezida

Next Post

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.