Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo

radiotv10by radiotv10
20/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Moïse Katumbi utavuga rumwe na Tshisekedi yavuze icyo abona cyazanira amahoro Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Moïse Katumbi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi banahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko afite ubushake bwo kugira uruhare mu biganiro bigamije kuzana amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Moïse Katumbi usanzwe ari na Perezdia w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo rya Ensemble pour la République, yavuze ko ibi biganiro bikenewe muri Congo, ntawe ukwiye gusubizwa inyuma.

Yabitangaje mu itangazo ryashyizwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho yagaragazaga igikwiye kuzanira amahoro Igihugu cya DRC byumwihariko mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Ni ubutumwa yatanze nyuma y’ibiherutse gutangazwa na Perezida wa Angola, João Lourenço wagaragaje ibintu by’ingenzi byatuma amahoro agaruka mu burasirazuba bwa DRC ndetse no mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Mu by’ingenzi yerekanye ko bikenewe gukorwa, harimo kurandura burundu umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda ndetse n’ibiganiro bitagira uwo biheza muri DRC, bigahuza Abanyekongo ubwabo.

Ishyaka rya Moïse Katumbi, rigendeye kuri ibi byatangajwe na Perezida wa Angola, ryatangaje ko rifite ubushake bwo kwitabira ibi biganiro kandi ko ryiteguye kubyitabira kugira ngo ituze riboneke muri DRC no mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Muri iri tangazo ryashyizwe hanze na Ensemble pour la République, ryongeye gusaba ko habaho ibiganiro by’Abanyekongo bose, byumwihariko bikayoborwa n’Imiryango ishingiye ku myemerere na yo yabisabye, irimo Ihuriro ry’Abepisikopi Gatulika CENCO ndetse n’Ihuriro ry’andi madini ya Gikristu ECC.

Iri shyaka rya Katumbi rivuga ko ibi biganiro ari byo byatuma haboneka umuti w’umuzi w’ibibazo ndetse n’amahoro n’ituze muri Congo, ndetse bigatuma iki Gihugu kigendera ku Itegeko Nshinga.

Itangazo ry’ishyaka rya Moïse Katumbi rigira riti “Twongeye gushimangira ko dushyigikiye inzira zose zatuma habaho ibiganiro bitagira uwo bigeza bigahuriza hamwe abagize imiryango yose y’Abanyekongo: Imitwe ya politiki, amashyaka ashyigikiye Perezida, abatavuga rumwe n’ubutegetsi badakoresha intwaro, AFC/M23 ndetse na sosiyete Sivile.”

Ibi biganiro byakunze gusabwa n’Imiryango mikuru ishingiye ku myemerere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe Perezida Tshisekedi yakunze kubitera umugongo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − four =

Previous Post

Abanyarwanda batatu basize ubuzima aho bari bagiye gushakishiriza ubutunzi mu bikorwa bitanyuze mu mucyo

Next Post

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.