Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MONUSCO iravugwaho kubakira FARDC indake zidasanzwe zizayifasha guhashya M23 ikisubiza ibice yigaruriye

radiotv10by radiotv10
07/07/2022
in MU RWANDA
0
MONUSCO iravugwaho kubakira FARDC indake zidasanzwe zizayifasha guhashya M23 ikisubiza ibice yigaruriye
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abimbuye bwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [MONUSCO], ziravugwaho kubakira indake FARDC kugira ngo ihindure uburyo iri kurwanamo na M23.

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [FARDC] kimaze iminsi gihanganye n’umutwe wa M23 aho cyaniyambaje iri tsinda ry’ingabo rya MONUSCO ndetse n’imitwe imwe yitwaje intwaro ifite ibirindiro muri iki Gihugu.

Gusa umutwe wa M23 uvugwaho kuba ufite igisirikare gikomeye, wagiye uhashya abo bahanganye, ukabakura mu birindiro byawo, byagiye binatuma yigarurira ibice binyuranye ubu inagenzura.

Ikinyamakuru Goma 24 News gikorera muri Congo, cyagaragaje indake [imyobo yo mu butaka ifasha abarwanyi kurwana] ziri kubakwa na MONUSCO bivugwa ko iri kuzubakira FARDC.

Iki kinyamakuru cyerekanye amafoto y’aba basirikare bari mu butumwa bwa LONI bari kubaka izi ndeke, cyagize kiti “Ntibashobora no kwiyubakira Indeke. MONUSCO ni yo iri kubakira ibirindiro byo kwirwanaho bya FRDC biherereye i Rukoro mu bilometero 6 uvuye i Rutshuru rwagati. Mbega ikimwaro kuri FARDC yacu.”

Iki gisirikare cya Congo kivugwaho ko kidasanzwe kimenyereye imirwanire y’ubu buryo bwo mu ndake, kimaze iminsi gikubitwa inshuro na M23, ikirukana abasirikare bacyo mu bice cyabaga kigenzura ubu bikaba biri mu maboko y’uyu mutwe w’abarwanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Ahari kubakwa izi ndake hagaragaye imodoka za MONUSCO
Ni ibikorwa biri gukorwa n’aba basirikare bari mu butumwa bwa LONI

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 4 =

Previous Post

Hagaragaye ifoto y’abayobozi bakuru ba M23 barimo Gen.Makenga bica akanyota bamwenyura

Next Post

Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho

Kuki Umunyamabanga wa FERWAFA ukurikiranyweho ibyaha yasubijwe mu kazi?-Icyo RIB ibivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.