Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Moses yongeye guteza sakwesakwe kubera ijambo yavuze riherekeje ifoto atumura agatabi

radiotv10by radiotv10
11/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Moses yongeye guteza sakwesakwe kubera ijambo yavuze riherekeje ifoto atumura agatabi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusore w’Umunyarwanda Moses Turahirwa uherutse guteza impaka kubera amashusho yagaragayemo ari gusambana n’abandi bagabo, yongeye kugarukwaho nyuma yo kongera kuvuga ijambo ryateye benshi kwibaza riherekeje ifoto ari i Paris ari gutumura agatabi.

Moses Turahirwa usanzwe ari umuhanga mu byo guhanga imideri akaba yaranashinze inzu yayo izwi nka Moshions yambika abakomeye, mu minsi ishize yateje impaka kubera amashusho yagaragayemo.

Ni amashusho yagiye hanze mu cyumweru gishize, ndetse uyu musore we yiyemerera ko ari we ugaragaramo, aboneraho gusaba imbabazi abo byakomerekeje.

Moses Turahirwa ubu noneho yashyize hanze ifoto ari mu Murwa mukuru w’u Bufarana i Paris, arangije ashyiraho ubutumwa bugira buti “La prostituée à Paris.” Bishatse kuvuga ngo “Indaya [y’umukobwa] i Paris.”

Bamwe bongeye guhagurukana uyu musore wiyise ‘Indayakazi’, bavuga ko akomeje guhonyora umuco nyarwanda, mu gihe hari n’abavuga ko bamushyigikiye.

Ubwo uyu musore yasabaga imbabazi ku mashusho agaragaramo akora ibiteye isoni, yavuze ko ariya mashusho ari ayagize film igamije ubushakashati ku myororokere y’Ingagi.

Rutangarwamaboko wiyita Imandwa Nkuru y’u Rwanda, umwe mu batanze ibitekerezo kuri ariya mashusho, yavuze ko inzego zishinzwe kurengera umuco, zikwiye guhaguruka zikamaganira kure ibi byakozwe n’uyu musore, na we yizeza ko agiye gutura igitambo cyo gusaba intsinzi kuri ibi yise ‘Guhenera u Rwanda’.

Uyu Mupfumu wakoresheje ikinyarwanda kiremereye, yagize ati “Guhenera Igihugu ni amahano matindi yatera ubuvukasi, amahano agomba kamaramahano i Rwanda, utitambiriye ntanagire gitambirirwa yatera amatega mu nzira ngo aha ni uburenganzira kandi ayirenze nyine? None ni akadogo. Nyagasani Imandwa Nkuru y’u Rwanda aratura igitambo cyo gutsinda akabi.”

Umunyemari KNC na we ari mu bamaganye ariya mashusho, avuga ko yari asanzwe afite ishati yaguze mu nzu y’imideri ya Moshions, bityo ko agiye guhita ayitwika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

FARDC yumva isasu igakizwa n’amaguru iri mu myanya 10 mu bisirikare bikomeye muri Afurika

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF uri muri Pologne yakoze igikorwa cyo guha icyubahiro abasirikare

Related Posts

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

by radiotv10
06/05/2025
0

Umuhanzikazi w’ikirangirire, Robyn Rihanna Fenty wamamaye nka Rihanna, we n’umugabo we A$AP Rocky baritegura kwibaruka umwana wa gatatu, uje agwa...

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

Umuhangamideri Moses Turahirwa kuva yakongera gutabwa muri yombi yongeye kugaragara

by radiotv10
06/05/2025
0

Turahirwa Moses uzwi mu ruganda rwo guhanga imideri wanashinze inzu ya Moshions, akaba aherutse kongera gutabwa muri yombi ku nshuro...

Seven tips for a happy marriage

Seven tips for a happy marriage

by radiotv10
05/05/2025
0

There are so many ways one could sustain a relationship with their partner to build a happy marriage and a...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Amagambo aryohereye Umuhanzikazi Vestine yakoresheje ataka umugabo we yanagaragaje itariki y’ubukwe bwabo

by radiotv10
05/05/2025
0

Umuhanzikazi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine, yashyize hanze itariki y’ubukwe bwe n’umukunzi we w'Umunya-Burkina Faso Ouedraogo, yongera...

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

Umuhanzikazi w’Indirimbo z’Imana Vestine yahamije ko we n’umugabo we bamaze kuba umwe

by radiotv10
02/05/2025
0

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine uhuriye mu itsinda rimwe n’umuvandimwe Dorcas, yamaze kongera izina ry’umugabo we...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF uri muri Pologne yakoze igikorwa cyo guha icyubahiro abasirikare

Umugaba Mukuru wa RDF uri muri Pologne yakoze igikorwa cyo guha icyubahiro abasirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.