Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Biz Combo: Telefone itagendanwa izanye ikindi kirungo mu itumanaho ry’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN Biz Combo: Telefone itagendanwa izanye ikindi kirungo mu itumanaho ry’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda yamuritse ku mugaragaro ‘MTN Biz Combo’ nk’uburyo bushya buzanye ibisubizo ku bigo by’ubucuruzi bito, kuko iri koranabuhanga rizakoreshwamo telefone itagendanwa, rizafasha ibyo bigo kuvugana n’abakiliya babyo, no gukoresha internet izajya ishobora gusangizwa abantu 10.

MTN Biz Combo yamuritswe kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, izajya yifashisha telefone itagendanwa na yo yahise ishyirwa ku isoko, aho ishobora kwifashishwa mu gusangiza internet ku bantu 10.

Ni mu gihe hajyaga hifashishwa telefone ngendanwa mu gusangizanya internet, ku buryo iyo uwabaga ayifite yagiraga aho anyarukira, bagenzi be basigaraga mu bwigunge nta internet bafite.

Ni internent kandi izaba ihendutse kuko abazajya bayikoresha, bazajya bayigura ku bihumbi 30 Frw kandi ikaba ari internet inyaruka ya 4G.

Izajya kandi yifashihwa mu kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money ndetse no guhamagarana hagati y’ibyo bigo ndetse n’abakiliya babyo.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko ibigo bito n’ibiciriritse bigira uruhare runini mu mibereho ya benshi, bityo ko nka Sosiyete y’Itumanaho ihora yifuriza abakiliya bayo iterambere, yabitekerejeho ikazana MTN Biz Combo.

Yagize ati “Biha akazi abasaga miliyoni ebyiri, ni yo mpamvu imwe mu zitumye turi hano ngo tubabwire ko tubazaniye igisubizo kizatuma bakora ubucuruzi bwabo neza.”

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda iherutse kugaragaza ko 98% by’ibigo bikorera mu Rwanda, ari ibito n’ibiciriritse, kandi bikaba bitanga akazi ku barenga 41% by’abakozi bose mu Rwanda.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula wari umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kumurika ku mugaragaro ubu buryo bushya bwa MTN Rwanda, yavuze ko buje kongerera imbaraga gahunda ya Leta yo gukomeza gufasha Abaturarwanda kugerwaho n’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Twishimiye ubu buryo bushya bwo gukomeza kwagura inovasiyo n’ihiganwa ku isoko, kandi ibisubizo by’Ibigo bito n’ibiciriritse, ni kimwe mu bisubizo bizaduha ibyo dukeneye mu gukomeza kugeza ikoranabuhanga ku Banyarwanda ku rundi rwego.”

Yavuze kandi ko “Abikorera n’ibigo bito cyane babonye amahirwe kugira ngo barusheho kwifashisha ikoranabuhanga bagure amasoko bashobora kuba bageraho, bagure uburyo bashobora kuba bakora ubucuruzi bwabo bwa buri munsi babona Internet yihuse n’umurongo wa telefoni ufatanyije no kuba bakwishyura no kohererezanya amafaranga.’’

MTN Rwanda ivuga ko uretse kuba MTN Biz Combo izafasha ibigo kubasha gukoresha internet ya 4 G ari abantu benshi, izanatuma ibigo bigera ku ntego zabyo mu buryo bworoshye.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yavuze ko bizanye andi mahirwe yo guteza imbere ikoranabuhanga
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda yavuze ko bifuje korohereza ibigo bito by’ubucuruzi
Abikorera basabwe kubyaza umusaruro aya mahirwe
Hazajya hifashishwa telefone zitagendanwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 14 =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru nziza y’uwahoze ari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda

Next Post

Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Related Posts

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

by radiotv10
19/11/2025
0

In a world where the cost of living keeps rising and responsibilities only grow heavier, saving money has become more...

Nyamasheke: Umukobwa wacuruzaga ‘Me2You’ yishwe n’abajura bamuteze bakamutera icyuma bakanamwambura

Igikekwa ku musaza wari wagiye gusangira urwagwa n’umuvandimwe we bakaza kumusanga mu mugezi yarapfuye

by radiotv10
18/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 76 wo mu Murenge wa Rangiro mu Karere ka Nyamasheke, wari wavuye iwe agiye kuvumba inzoga yari yahishijwe...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe criticizes renowned Congolese Doctor for ignoring key facts in his statement

by radiotv10
18/11/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has expressed surprise that Dr. Denis Mukwege, a Congolese medical...

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

IZIHERUKA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye
MU RWANDA

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

19/11/2025
Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

19/11/2025
Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

19/11/2025
Icyizere kirahari ku kibazo gituma abaka inguzanyo Banki bahomba bamwe bagaterezwa cyamunara

Why saving money matters: The power of saving for your future

19/11/2025
Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

Andi makuru y’igishobora kuba cyihishe inyuma y’ubutumwa bwa Vestine bwatitije imbuga nkoranyambaga

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Hamenyekanye igihe hazabera igitaramo mbaturamugabo cyakunze kwifuzwa na benshi muri muzika Nyarwanda

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.