Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Biz Combo: Telefone itagendanwa izanye ikindi kirungo mu itumanaho ry’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN Biz Combo: Telefone itagendanwa izanye ikindi kirungo mu itumanaho ry’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda yamuritse ku mugaragaro ‘MTN Biz Combo’ nk’uburyo bushya buzanye ibisubizo ku bigo by’ubucuruzi bito, kuko iri koranabuhanga rizakoreshwamo telefone itagendanwa, rizafasha ibyo bigo kuvugana n’abakiliya babyo, no gukoresha internet izajya ishobora gusangizwa abantu 10.

MTN Biz Combo yamuritswe kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, izajya yifashisha telefone itagendanwa na yo yahise ishyirwa ku isoko, aho ishobora kwifashishwa mu gusangiza internet ku bantu 10.

Ni mu gihe hajyaga hifashishwa telefone ngendanwa mu gusangizanya internet, ku buryo iyo uwabaga ayifite yagiraga aho anyarukira, bagenzi be basigaraga mu bwigunge nta internet bafite.

Ni internent kandi izaba ihendutse kuko abazajya bayikoresha, bazajya bayigura ku bihumbi 30 Frw kandi ikaba ari internet inyaruka ya 4G.

Izajya kandi yifashihwa mu kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money ndetse no guhamagarana hagati y’ibyo bigo ndetse n’abakiliya babyo.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko ibigo bito n’ibiciriritse bigira uruhare runini mu mibereho ya benshi, bityo ko nka Sosiyete y’Itumanaho ihora yifuriza abakiliya bayo iterambere, yabitekerejeho ikazana MTN Biz Combo.

Yagize ati “Biha akazi abasaga miliyoni ebyiri, ni yo mpamvu imwe mu zitumye turi hano ngo tubabwire ko tubazaniye igisubizo kizatuma bakora ubucuruzi bwabo neza.”

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda iherutse kugaragaza ko 98% by’ibigo bikorera mu Rwanda, ari ibito n’ibiciriritse, kandi bikaba bitanga akazi ku barenga 41% by’abakozi bose mu Rwanda.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula wari umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kumurika ku mugaragaro ubu buryo bushya bwa MTN Rwanda, yavuze ko buje kongerera imbaraga gahunda ya Leta yo gukomeza gufasha Abaturarwanda kugerwaho n’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Twishimiye ubu buryo bushya bwo gukomeza kwagura inovasiyo n’ihiganwa ku isoko, kandi ibisubizo by’Ibigo bito n’ibiciriritse, ni kimwe mu bisubizo bizaduha ibyo dukeneye mu gukomeza kugeza ikoranabuhanga ku Banyarwanda ku rundi rwego.”

Yavuze kandi ko “Abikorera n’ibigo bito cyane babonye amahirwe kugira ngo barusheho kwifashisha ikoranabuhanga bagure amasoko bashobora kuba bageraho, bagure uburyo bashobora kuba bakora ubucuruzi bwabo bwa buri munsi babona Internet yihuse n’umurongo wa telefoni ufatanyije no kuba bakwishyura no kohererezanya amafaranga.’’

MTN Rwanda ivuga ko uretse kuba MTN Biz Combo izafasha ibigo kubasha gukoresha internet ya 4 G ari abantu benshi, izanatuma ibigo bigera ku ntego zabyo mu buryo bworoshye.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yavuze ko bizanye andi mahirwe yo guteza imbere ikoranabuhanga
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda yavuze ko bifuje korohereza ibigo bito by’ubucuruzi
Abikorera basabwe kubyaza umusaruro aya mahirwe
Hazajya hifashishwa telefone zitagendanwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 10 =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru nziza y’uwahoze ari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda

Next Post

Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.