Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Biz Combo: Telefone itagendanwa izanye ikindi kirungo mu itumanaho ry’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
28/09/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
MTN Biz Combo: Telefone itagendanwa izanye ikindi kirungo mu itumanaho ry’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

MTN Rwanda yamuritse ku mugaragaro ‘MTN Biz Combo’ nk’uburyo bushya buzanye ibisubizo ku bigo by’ubucuruzi bito, kuko iri koranabuhanga rizakoreshwamo telefone itagendanwa, rizafasha ibyo bigo kuvugana n’abakiliya babyo, no gukoresha internet izajya ishobora gusangizwa abantu 10.

MTN Biz Combo yamuritswe kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, izajya yifashisha telefone itagendanwa na yo yahise ishyirwa ku isoko, aho ishobora kwifashishwa mu gusangiza internet ku bantu 10.

Ni mu gihe hajyaga hifashishwa telefone ngendanwa mu gusangizanya internet, ku buryo iyo uwabaga ayifite yagiraga aho anyarukira, bagenzi be basigaraga mu bwigunge nta internet bafite.

Ni internent kandi izaba ihendutse kuko abazajya bayikoresha, bazajya bayigura ku bihumbi 30 Frw kandi ikaba ari internet inyaruka ya 4G.

Izajya kandi yifashihwa mu kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money ndetse no guhamagarana hagati y’ibyo bigo ndetse n’abakiliya babyo.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yavuze ko ibigo bito n’ibiciriritse bigira uruhare runini mu mibereho ya benshi, bityo ko nka Sosiyete y’Itumanaho ihora yifuriza abakiliya bayo iterambere, yabitekerejeho ikazana MTN Biz Combo.

Yagize ati “Biha akazi abasaga miliyoni ebyiri, ni yo mpamvu imwe mu zitumye turi hano ngo tubabwire ko tubazaniye igisubizo kizatuma bakora ubucuruzi bwabo neza.”

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda iherutse kugaragaza ko 98% by’ibigo bikorera mu Rwanda, ari ibito n’ibiciriritse, kandi bikaba bitanga akazi ku barenga 41% by’abakozi bose mu Rwanda.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula wari umushyitsi mukuru mu gikorwa cyo kumurika ku mugaragaro ubu buryo bushya bwa MTN Rwanda, yavuze ko buje kongerera imbaraga gahunda ya Leta yo gukomeza gufasha Abaturarwanda kugerwaho n’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Twishimiye ubu buryo bushya bwo gukomeza kwagura inovasiyo n’ihiganwa ku isoko, kandi ibisubizo by’Ibigo bito n’ibiciriritse, ni kimwe mu bisubizo bizaduha ibyo dukeneye mu gukomeza kugeza ikoranabuhanga ku Banyarwanda ku rundi rwego.”

Yavuze kandi ko “Abikorera n’ibigo bito cyane babonye amahirwe kugira ngo barusheho kwifashisha ikoranabuhanga bagure amasoko bashobora kuba bageraho, bagure uburyo bashobora kuba bakora ubucuruzi bwabo bwa buri munsi babona Internet yihuse n’umurongo wa telefoni ufatanyije no kuba bakwishyura no kohererezanya amafaranga.’’

MTN Rwanda ivuga ko uretse kuba MTN Biz Combo izafasha ibigo kubasha gukoresha internet ya 4 G ari abantu benshi, izanatuma ibigo bigera ku ntego zabyo mu buryo bworoshye.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo yavuze ko bizanye andi mahirwe yo guteza imbere ikoranabuhanga
Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda yavuze ko bifuje korohereza ibigo bito by’ubucuruzi
Abikorera basabwe kubyaza umusaruro aya mahirwe
Hazajya hifashishwa telefone zitagendanwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − six =

Previous Post

Hamenyekanye inkuru nziza y’uwahoze ari umugore w’umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda

Next Post

Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Uzwi mu bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga nyuma yo gufungurwa yagize icyo avuga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.