Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije kongera ikibatsi cy’urukundo mu bantu

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA
0
MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije kongera ikibatsi cy’urukundo mu bantu
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi y’Itumano ya MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bwiswe ‘Biva MoMo Tima’ buzibanda ku buryo bwo kohererezanya amafaranga buzwi nka Mobile Money (MoMo) busigaye bukoreshwa na benshi bereka bagenzi babo ko babari hafi kandi babahoza ku mutima.

Ubu bukangurambaga bwatangijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, buzamara amezi atatu aho MTN-Rwanda ishishikariza abakoresha MoMo gukomeza kohererezanya amafaranga baba hafi inshuti n’avandimwe.

Umukozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Alain Numa, avuga ko uretse kuba Mobile Money ikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu, yanafashije abatari bacye kugobokana aho umwana yoherereza umubyeyi we amafaranga, umugabo cyangwa umugore na we akoherereza uwo bashakanye kugira buri wese akomeze kuzuza inshingano ze.

Ati “Mobile Money yabaye ubuzima. Impamvu ni iyihe yabaye ubuzima? Ntabuzima budafite agafaranga, agafaranga kagendana n’ubuzima. Uba uri i Kigali waba ufite uwawe uri i Cyangugu ukamwoherereza amafaranga ubuzima bukoroha.”

Alain Numa avuga ko Mobile Money yabaye ubuzima

Umutoni Chantal Kagame uyobora Mobile Money Rwanda Ltd avuga ko ubu bukangurambaga bugamije kwibutsa abantu urukundo rutuma umuntu afata telephone ye akoherereza undi amafaranga.

Chantal avuga ko kandi uru rukundo ruhera muri Mobile Money Rwanda Ltd rukagera ku bahagarariye iyi gahunda mu bice bitandukanye ndetse no ku bakiliya.

Ati “Tukabaza tuzanafasha abakiliya gutuma urukundo ku bandi. Mwabonye ko abakiliya bacu batangiye kubabaza ibibazo, ubitsinze bakamuha impano muri Mobile Money Rwanda Ltd.”

Avuga kandi ko muri ubu bukangurambaga hanateganyijwe ibikorwa by’urukundo byo gufasha abana bafite ubumuga n’abatishoboye bazafashwa kugira ngo bafashwe kugira icyo bageraho.

Mobile Money Ltd yabaye ishami ryihariye rya MTN Rwanda kuva muri Mata 2021 aho ubu buryo bwo kohererezanya amafaranga bukoreshwa n’abarenga Miliyoni 1,1.

Umutoni Chantal Kagame avuga ko hazanakorwa ibikorwa byo gufasha abana bafite ubumuga
Ubu bukangurambaga buzamara amezi atatu
MTN Rwanda yasobanuriye itangazamakuru iby’ubu bukangurambaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 14 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Ndayishimiye yizihiwe avuza ingoma aranabyina ivumbi riratumuka

Next Post

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.