Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije kongera ikibatsi cy’urukundo mu bantu

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA
0
MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije kongera ikibatsi cy’urukundo mu bantu
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi y’Itumano ya MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bwiswe ‘Biva MoMo Tima’ buzibanda ku buryo bwo kohererezanya amafaranga buzwi nka Mobile Money (MoMo) busigaye bukoreshwa na benshi bereka bagenzi babo ko babari hafi kandi babahoza ku mutima.

Ubu bukangurambaga bwatangijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, buzamara amezi atatu aho MTN-Rwanda ishishikariza abakoresha MoMo gukomeza kohererezanya amafaranga baba hafi inshuti n’avandimwe.

Umukozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Alain Numa, avuga ko uretse kuba Mobile Money ikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu, yanafashije abatari bacye kugobokana aho umwana yoherereza umubyeyi we amafaranga, umugabo cyangwa umugore na we akoherereza uwo bashakanye kugira buri wese akomeze kuzuza inshingano ze.

Ati “Mobile Money yabaye ubuzima. Impamvu ni iyihe yabaye ubuzima? Ntabuzima budafite agafaranga, agafaranga kagendana n’ubuzima. Uba uri i Kigali waba ufite uwawe uri i Cyangugu ukamwoherereza amafaranga ubuzima bukoroha.”

Alain Numa avuga ko Mobile Money yabaye ubuzima

Umutoni Chantal Kagame uyobora Mobile Money Rwanda Ltd avuga ko ubu bukangurambaga bugamije kwibutsa abantu urukundo rutuma umuntu afata telephone ye akoherereza undi amafaranga.

Chantal avuga ko kandi uru rukundo ruhera muri Mobile Money Rwanda Ltd rukagera ku bahagarariye iyi gahunda mu bice bitandukanye ndetse no ku bakiliya.

Ati “Tukabaza tuzanafasha abakiliya gutuma urukundo ku bandi. Mwabonye ko abakiliya bacu batangiye kubabaza ibibazo, ubitsinze bakamuha impano muri Mobile Money Rwanda Ltd.”

Avuga kandi ko muri ubu bukangurambaga hanateganyijwe ibikorwa by’urukundo byo gufasha abana bafite ubumuga n’abatishoboye bazafashwa kugira ngo bafashwe kugira icyo bageraho.

Mobile Money Ltd yabaye ishami ryihariye rya MTN Rwanda kuva muri Mata 2021 aho ubu buryo bwo kohererezanya amafaranga bukoreshwa n’abarenga Miliyoni 1,1.

Umutoni Chantal Kagame avuga ko hazanakorwa ibikorwa byo gufasha abana bafite ubumuga
Ubu bukangurambaga buzamara amezi atatu
MTN Rwanda yasobanuriye itangazamakuru iby’ubu bukangurambaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Ndayishimiye yizihiwe avuza ingoma aranabyina ivumbi riratumuka

Next Post

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.