Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije kongera ikibatsi cy’urukundo mu bantu

radiotv10by radiotv10
20/01/2022
in MU RWANDA
0
MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bugamije kongera ikibatsi cy’urukundo mu bantu
Share on FacebookShare on Twitter

Kompanyi y’Itumano ya MTN-Rwanda yatangije ubukangurambaga bwiswe ‘Biva MoMo Tima’ buzibanda ku buryo bwo kohererezanya amafaranga buzwi nka Mobile Money (MoMo) busigaye bukoreshwa na benshi bereka bagenzi babo ko babari hafi kandi babahoza ku mutima.

Ubu bukangurambaga bwatangijwe kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Mutarama 2022, buzamara amezi atatu aho MTN-Rwanda ishishikariza abakoresha MoMo gukomeza kohererezanya amafaranga baba hafi inshuti n’avandimwe.

Umukozi ushinzwe imenyekanishabikorwa muri MTN Rwanda, Alain Numa, avuga ko uretse kuba Mobile Money ikomeje kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu, yanafashije abatari bacye kugobokana aho umwana yoherereza umubyeyi we amafaranga, umugabo cyangwa umugore na we akoherereza uwo bashakanye kugira buri wese akomeze kuzuza inshingano ze.

Ati “Mobile Money yabaye ubuzima. Impamvu ni iyihe yabaye ubuzima? Ntabuzima budafite agafaranga, agafaranga kagendana n’ubuzima. Uba uri i Kigali waba ufite uwawe uri i Cyangugu ukamwoherereza amafaranga ubuzima bukoroha.”

Alain Numa avuga ko Mobile Money yabaye ubuzima

Umutoni Chantal Kagame uyobora Mobile Money Rwanda Ltd avuga ko ubu bukangurambaga bugamije kwibutsa abantu urukundo rutuma umuntu afata telephone ye akoherereza undi amafaranga.

Chantal avuga ko kandi uru rukundo ruhera muri Mobile Money Rwanda Ltd rukagera ku bahagarariye iyi gahunda mu bice bitandukanye ndetse no ku bakiliya.

Ati “Tukabaza tuzanafasha abakiliya gutuma urukundo ku bandi. Mwabonye ko abakiliya bacu batangiye kubabaza ibibazo, ubitsinze bakamuha impano muri Mobile Money Rwanda Ltd.”

Avuga kandi ko muri ubu bukangurambaga hanateganyijwe ibikorwa by’urukundo byo gufasha abana bafite ubumuga n’abatishoboye bazafashwa kugira ngo bafashwe kugira icyo bageraho.

Mobile Money Ltd yabaye ishami ryihariye rya MTN Rwanda kuva muri Mata 2021 aho ubu buryo bwo kohererezanya amafaranga bukoreshwa n’abarenga Miliyoni 1,1.

Umutoni Chantal Kagame avuga ko hazanakorwa ibikorwa byo gufasha abana bafite ubumuga
Ubu bukangurambaga buzamara amezi atatu
MTN Rwanda yasobanuriye itangazamakuru iby’ubu bukangurambaga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 4 =

Previous Post

AMAFOTO: Perezida Ndayishimiye yizihiwe avuza ingoma aranabyina ivumbi riratumuka

Next Post

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Ishuri rya Gisirikare ryo mu Misiri ryaje kwigira ku myitozo y’Igisirikare cy’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.