Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Rwanda yatanze Miliyoni 10Frw azatuma imiryango 700 isezerera udutadowa

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA
0
MTN Rwanda yatanze Miliyoni 10Frw azatuma imiryango 700 isezerera udutadowa
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho n’ikoranabunga ya MTN Rwanda yifatanyije na Banki Itsura Amajyambere (BRD) mu bukangumbara buzwi nka Cana Challenge, itanga Miliyoni 10 Frw azatuma imiryango 700 ibasha gutunga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Ni igikorwa cyakozwe na MTN Rwanda kuri uyu wa 29 Kamena 2022 aho ubuyobozi bw’iyi sosiyete bwatanze iyi nkunga izafasha iyi miryango 700 yo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Gicumbi, gucana amashanyarazi adafatiye ku muyoboro mugari.

Alain Numa, umuyobozi wo muri iyi sosiyete ya MTN Rwanda, yavuze ko nka Sosiyete isanzwe igira uruhare mu bikorwa bizamura imibereho y’abaturage, bishimiye gutanga umusanzu wabo mu gufasha Guverinoma y’u Rwanda kugera ku ntego yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose 100 % mu mwaka wa 2024.

Yagize ati “Twishimiye kugira uruhare mu gucunanira imiryango 700 mu murenge wa Nyamiyaga. Kuba umuntu yagira amashanyarazi, kimwe n’ibiribwa ndetse n’amazi, ni ingenzi kuko bigira uruhare rukomeye mu iterambere ry’umuryango mugari.”

Akomeza agita ati “Abanyeshuri bazajya babasha gusubiramo amasomo mu masaha y’ijoro, ndetse ababyeyi bazabjya bakora imirimo yasabaga amashanyarazi.”

Ubukangurambaga bwa Cana Challenge bwatangiye mu kwezi k’Ukuboza 2021 aho ku mbuga nkoranyambaga abantu batandukanye bagendaga baha umukoro abandi kwitanga kugira ngo abanyarwanda babashe kugerwaho n’amashanyarazi nk’igikorwa remezo gikomeje kugira uruhare mu iterambere ryabo.

Muri Cana Challenge MTN Rwanda yafashije imiryango 700 gucana amashanyarazi

Alain Numa avuga ko amashanyarazi ari ingenzi mu buzima bw’umuturage
Imiryango 700 izabasha gucana ku bwa MTN Rwanda

Bashimiye MTN Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 15 =

Previous Post

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Next Post

Kabarebe ntiyabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda- UPDF yateye ishoti ibirego bikomeye

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

IZIHERUKA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe
AMAHANGA

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kabarebe ntiyabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda- UPDF yateye ishoti ibirego bikomeye

Kabarebe ntiyabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda- UPDF yateye ishoti ibirego bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.