Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

MTN Rwanda yatanze Miliyoni 10Frw azatuma imiryango 700 isezerera udutadowa

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA
0
MTN Rwanda yatanze Miliyoni 10Frw azatuma imiryango 700 isezerera udutadowa
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho n’ikoranabunga ya MTN Rwanda yifatanyije na Banki Itsura Amajyambere (BRD) mu bukangumbara buzwi nka Cana Challenge, itanga Miliyoni 10 Frw azatuma imiryango 700 ibasha gutunga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Ni igikorwa cyakozwe na MTN Rwanda kuri uyu wa 29 Kamena 2022 aho ubuyobozi bw’iyi sosiyete bwatanze iyi nkunga izafasha iyi miryango 700 yo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Gicumbi, gucana amashanyarazi adafatiye ku muyoboro mugari.

Alain Numa, umuyobozi wo muri iyi sosiyete ya MTN Rwanda, yavuze ko nka Sosiyete isanzwe igira uruhare mu bikorwa bizamura imibereho y’abaturage, bishimiye gutanga umusanzu wabo mu gufasha Guverinoma y’u Rwanda kugera ku ntego yo kugeza amashanyarazi ku baturage bose 100 % mu mwaka wa 2024.

Yagize ati “Twishimiye kugira uruhare mu gucunanira imiryango 700 mu murenge wa Nyamiyaga. Kuba umuntu yagira amashanyarazi, kimwe n’ibiribwa ndetse n’amazi, ni ingenzi kuko bigira uruhare rukomeye mu iterambere ry’umuryango mugari.”

Akomeza agita ati “Abanyeshuri bazajya babasha gusubiramo amasomo mu masaha y’ijoro, ndetse ababyeyi bazabjya bakora imirimo yasabaga amashanyarazi.”

Ubukangurambaga bwa Cana Challenge bwatangiye mu kwezi k’Ukuboza 2021 aho ku mbuga nkoranyambaga abantu batandukanye bagendaga baha umukoro abandi kwitanga kugira ngo abanyarwanda babashe kugerwaho n’amashanyarazi nk’igikorwa remezo gikomeje kugira uruhare mu iterambere ryabo.

Muri Cana Challenge MTN Rwanda yafashije imiryango 700 gucana amashanyarazi

Alain Numa avuga ko amashanyarazi ari ingenzi mu buzima bw’umuturage
Imiryango 700 izabasha gucana ku bwa MTN Rwanda

Bashimiye MTN Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Next Post

Kabarebe ntiyabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda- UPDF yateye ishoti ibirego bikomeye

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kabarebe ntiyabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda- UPDF yateye ishoti ibirego bikomeye

Kabarebe ntiyabaye Minisitiri w’Ingabo muri Uganda- UPDF yateye ishoti ibirego bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.