Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Mu buryo butunguranye Congo yafunze umwe mu mipaka uyihuza n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
BREAKING: Mu buryo butunguranye Congo yafunze umwe mu mipaka uyihuza n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha Umupaka munini uzwi nka Grande Barrière uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo, batunguwe no kujya kuhanyura nk’uko bisanzwe, bagasanga zahinduye imirishyo kuko inzego z’umutekano za DRC zawufunze.

Abaturage biganjemo abakora ibikorwa by’ubucuruzi bwambukiranya imipaka bo mu karere ka Rubavu, babyutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024 berecyeza i Goma nk’uko bisanzwe, bamwe banyura ku mupaka wa Grande Barrière, ariko bahageze basanza urafunze.

Ni mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda umupaka ufunguye, ariko ku ruhande rwa Congo, inzira zikaba zitakiri nyabagendwa kuri uyu mupaka wa Grande Barrière.

Bamwe mu baturage bari bagiye kunyura kuri uyu mupaka, babwiye Ikinyamakuru Umuseke ko nta bantu bari gukoresha uyu mupaka munini, yaba abagenda n’amaguru ndetse n’imodoka.

Hari uwagize ati “Hano iwacu ho harafunguye. Iyo politiki yabo yatuyobeye. Mu mupaka nta muntu n’umwe n’imodoka zose ntizambuka.”

Gusa aba baturage bavuga ko ubwo bageraga kuri uyu mupaka wa Grande Barrière, basabwe kujya kunyura ku mupaka muto uzwi nka Petite Barrière ngo kuko wo ufunguye.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze igihe urimo igitotsi, ariko nubwo Ibihugu byombi bitabanye neza, imipaka ibihuza yakomeje gukora, kubera akamaro ifitiye impande zombi.

Gufunga uyu mupaka wa Grande Barrière bibaye mu gihe bitarenze kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2024, i Goma hagomba gutangizwa ku mugaragaro itsinda rihuriweho ry’Inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, rigomba kuzakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho n’inzego z’ubutasi n’iz’umutekano, birimo kurandura umutwe wa FDLR.

Mu nama yabereye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, yahuje impuguke mu mutekano n’iperereza hagati y’Ibihugu byombi, yari yafashe ibi byemezo bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DRC, birimo no kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba rwashyizeho zo kwirindira umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − two =

Previous Post

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Next Post

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Related Posts

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.