Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Mu buryo butunguranye Congo yafunze umwe mu mipaka uyihuza n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/11/2024
in MU RWANDA
0
BREAKING: Mu buryo butunguranye Congo yafunze umwe mu mipaka uyihuza n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abakoresha Umupaka munini uzwi nka Grande Barrière uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokasi ya Congo, batunguwe no kujya kuhanyura nk’uko bisanzwe, bagasanga zahinduye imirishyo kuko inzego z’umutekano za DRC zawufunze.

Abaturage biganjemo abakora ibikorwa by’ubucuruzi bwambukiranya imipaka bo mu karere ka Rubavu, babyutse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ugushyingo 2024 berecyeza i Goma nk’uko bisanzwe, bamwe banyura ku mupaka wa Grande Barrière, ariko bahageze basanza urafunze.

Ni mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda umupaka ufunguye, ariko ku ruhande rwa Congo, inzira zikaba zitakiri nyabagendwa kuri uyu mupaka wa Grande Barrière.

Bamwe mu baturage bari bagiye kunyura kuri uyu mupaka, babwiye Ikinyamakuru Umuseke ko nta bantu bari gukoresha uyu mupaka munini, yaba abagenda n’amaguru ndetse n’imodoka.

Hari uwagize ati “Hano iwacu ho harafunguye. Iyo politiki yabo yatuyobeye. Mu mupaka nta muntu n’umwe n’imodoka zose ntizambuka.”

Gusa aba baturage bavuga ko ubwo bageraga kuri uyu mupaka wa Grande Barrière, basabwe kujya kunyura ku mupaka muto uzwi nka Petite Barrière ngo kuko wo ufunguye.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umaze igihe urimo igitotsi, ariko nubwo Ibihugu byombi bitabanye neza, imipaka ibihuza yakomeje gukora, kubera akamaro ifitiye impande zombi.

Gufunga uyu mupaka wa Grande Barrière bibaye mu gihe bitarenze kuri uyu wa 05 Ugushyingo 2024, i Goma hagomba gutangizwa ku mugaragaro itsinda rihuriweho ry’Inzego z’umutekano z’Ibihugu byombi, rigomba kuzakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho n’inzego z’ubutasi n’iz’umutekano, birimo kurandura umutwe wa FDLR.

Mu nama yabereye i Luanda muri Angola mu cyumweru gishize, yahuje impuguke mu mutekano n’iperereza hagati y’Ibihugu byombi, yari yafashe ibi byemezo bigamije kugarura amahoro mu burasirazuba bwa DRC, birimo no kuba u Rwanda ruzakuraho ingamba rwashyizeho zo kwirindira umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 16 =

Previous Post

Ericsson and MTN Rwanda modernize and expand network in Kigali

Next Post

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Mu rubanza rwa ‘Fatakumavuta’ havuzwemo amazina y’abazwi mu myidagaduro Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.