Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

radiotv10by radiotv10
15/09/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere Igihugu cyabo kirindimurwa n’ubutegetsi bwamusimbuye, bityo ko agomba gukoresha ubunarabibunye bwe akagisubizo ku murongo, kandi ko yiteguye kongera kukiyobora.

Bikubiye mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 14 Nzeri 2025, bwari butegerejwe n’Abanyekongo benshi, ngo bumve ikiri ku mutima w’uyu munyapolitiki wabayoboreye Igihugu.

Joseph Kabila yatangaje ko yarekuye ubutegetsi mu mahoro mu buryo bwubahirije Itegeko Nshinga, ariko ko hari benshi batekerezaga ko urugendo rwe rwa Politiki aruhagarikiye aho. Ati “Ariko uyu munsi ndagira ngo mbabwire nti ‘byari akaruhuko’.”

Akomeza avuga ko yakomeje kureba ibibazo byatangiye kuvuka akiva ku butegetsi, birimo “amasezerano atarashyizwe mu bikorwa, ivangura, akarengane kakomeje kwiyongera. Abansimbuye nta mahoro cyangwa iterambere bigeze bazana.”

Akomeza agira ati “Sinshobora gukomeza kurebera. Ni yo mpamvu ntangaje ku mugaragaro ko: Niteguye gusubukukura inshingano zikomeye z’Igihugu [kuba yakongera akaba Umukuru w’Igihugu]. Atari ukubera njye ahubwo ari ukugira ngo nsubizeho ubutegetsi buhamye, kugira ngo ndinde buri Munyekongo, no kugira ngo ubukungu bwacu bugirire akamaro abana bacu.”

Kabila yavuze ko bamwe bashobora kumunenga ko ashaka kwisubiza ubutegetsi, “ariko nabasubiza nti: ngarutse kuko Congo iri mu kangaratete, no kubera ko Congo nyifitiye ubunararibonye ndetse n’imbaraga zo kuba nayigoboka.”

Yaboneyeho gusaba Abanyekongo bose gushyira hamwe, kugira ngo basubize Igihugu cyabo mu maboko meza. Ati “Simfite ubwoba bwo kunengwa, nta nubwo mfite impungenge zo guterwa ubwoba. Icyo nshyize imbere ni uko Congo yongera guhaguruka. Ndaje. Kandi nzagaruka kugeza igihe Abaturage babonye agaciro kabakwiye.”

Joseph Kabila yasubiye muri Congo mu mpera za Gicurasi uyu mwaka, ubwo yahitaga yerecyeza i Goma mu bice bigenzurwa na AFC/M23. Kuva yagera muri Congo yagiye yakira abo mu matsinda atandukanye, kugira ngo yumve ibitekerezo byabo bityo azabone aho ahera ashyira mu bikorwa intego ye yo gusubiza iki Gihugu ku murongo nk’uko yakunze kubivuga.

Ni mu gihe ubutegetsi bw’iki Gihugu bwo butamworoheye, dore ko bumaze igihe bumuburanisha ku byaha bikomeye, birimo ibyo kugambanira Igihugu, aho ashinjwa gufatanya na AFC/M23, ndetse Ubushinjacyaha bukaba bwaramusabiye igihano cy’urupfu, akaba yaragombaga gusomerwa mu cyumweru gishize, ariko bikaza gusubikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Next Post

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.