Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu gutabara abagwiriwe n’inyubako mu Gihugu cyabayemo umutingito hagaragaye ibyumvikana nk’igitangaza

radiotv10by radiotv10
31/03/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Mu gutabara abagwiriwe n’inyubako mu Gihugu cyabayemo umutingito hagaragaye ibyumvikana nk’igitangaza
Share on FacebookShare on Twitter

Abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi mu Gihugu cya Maynmar giherutse kwibasirwa n’umutingito ukomeye umaze guhitana abagera mu 2 000, batangaje ko babashije kurokora abantu bane bari mu bagwiriwe n’inyubako bari bamaze iminsi itatu munsi y’ibyabagwiriye, bituma hakekwa ko hari abandi bakiri bazima.

Ibi byatangajwe kuri uyu wa mbere nyuma y’iminsi itatu iki Gihugu cya Maynmar na Thailand byibasiwe n’umutingito ukomeye wabaye ku wa Gatanu tariki 28 Werurwe 2025.

Itsinda riri mu bikorwa by’ubutabazi muri Maynmar, ryatangaje ko muri abo bane batawe bakiri bazima bakurwa munsi y’ibikuta by’inyubako zasenyutse i Mandalay mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa Mbere, harimo umugore utwite n’umwana w’umukobwa, nk’uko ibiro Ntaramakuru by’Abashinwa Xinhua byabitangaje.

Kugeza ubu Ibihugu by’ibituranyi bya Maynmar birimo u Bushinwa, u Buhindi na Thailand, byohereje ibikoresho n’amatsinda y’ubutabazi, n’inkunga, mu gihe Ibihugu nka Malaysia, Singapore n’u Burusiya, na byo byoherejeyo amatsinda yo gufasha mu butabazi.

Aganira n’Ibiro Ntaramakuru by’Abashinwa, Yue Xin umuyobozi w’itsinda rya mbere ry’u Bushinwa rishinzwe ubutabazi yagize ati “Ntabwo twitaye ku gihe dukora uko kingana, icy’ingenzi ni uko nakongera kugarura icyizere ku baturage baho.”

I Bangkok, mu murwa mukuru wa Thailand, naho kuri uyu wa Mbere, abashinzwe ubutabazi, bakomeje ibikorwa byo gushakisha abantu 76 bikekwa ko bari munsi y’ibikuta by’inyubako ndende yasenyutse ikiri kubakwa.

Abantu 18 nibo bimaze kumenyekana ko bahitanywe n’umutingito muri Thailand, icyakora ngo uwo mubare ushobora gukomeza kwiyongera, mu gihe haba ntawundi warokotse mu bo iyi nyubako yagwiriye, nkuko inzego z’ubuyobozi muri Thailand zabitangaje kuri iki Cyumweru.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + four =

Previous Post

Uwitabiriye Miss Rwanda akanegukanamo ikamba yateye intambwe imuganisha gushinga urugo

Next Post

Bahawe robine babyinira ku rukoma ariko ntibyateye kabiri basubira mu bituma bijujuta

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bahawe robine babyinira ku rukoma ariko ntibyateye kabiri basubira mu bituma bijujuta

Bahawe robine babyinira ku rukoma ariko ntibyateye kabiri basubira mu bituma bijujuta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.