Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu ikipe yagaragaje ubudahangarwa i Burayi haravugwamo amakuru yo kuyitsindagira

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu ikipe yagaragaje ubudahangarwa i Burayi haravugwamo amakuru yo kuyitsindagira
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Manchester City yahiriwe n’umwaka w’imikino wa 2022-2023, igiye gusinyisha myugariro Josko Gvardiol mu rwego rwo gukomeza gukanyaga ubwugarizi bwayo.

Ibyo kuba Manchester City igiye kugura Josko Gvardiol, byemejwe n’ikipe asanzwe akinira ya Leipzig, yatangaje ko ibiganiro birimbanyije hagati y’amakipe yombi.

Amakuru y’uko Manchester City yifuza Josko Gvardiol yafashe indi ntera mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru ubwo ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Leipzig, yemezaga ko bari kuganira na Manchester City kugira ngo basoze iby’igurishwa ry’uyu mukinnyi.

Ikipe ya Leipzig yagiye yanga kugurisha uyu myugariro w’Umunya-Croatia, ariko we yamaze kuyimenyesha ko, muri iyi mpeshyi, yifuza kuyivamo akerekeza muri Manchester City, iherutse gutwara ibikombe 3 bikomeye (treble) mu mwaka w’imikino ushize.

Ikipe ya Leipzig, ibarizwa muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Budage, irifuza miliyoni 86 z’ama Pounds, zazongerwaho n’utundi duhimbazamusyi, kuri Gvardiol ufatwa nk’umwe muri ba myugariro bakiri bato, b’abahanga kandi bafite impano ku mugabane w’i Burayi.

Amakuru ava mu gihugu cy’u Bwongereza avuga ko Umunya-Espagne Pep Guardiola utoza ikipe ya Manchester City, yifuza cyane Josko Gvardiol dore ko ashaka kongera amaraso mashya mu ikipe ye nyuma y’uko igize umwaka w’imikino mwiza cyane mu mateka yayo.

Max Eberl, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Leipzig, yavuze ko bari mu biganiro na Manchester City, ndetse yongeraho ko kuri miliyoni 100 z’ama Euros, zazongerwaho andi macye, bishobora kurangira Josko Gvardiol atojwe na Pep Guardiola muri Manchester City mu mwaka w’imikino utaha.

Ibi byahita bituma Gvardiol aba Myugariro wa mbere uhenze cyane mu mateka y’umupira w’amaguru ku isi.

Max Eberl, waganiraga n’ikinyamakuru cyo mu Budage cyitwa Leipziger-Volkszeitung, yakomeje ashimangira ko Josko Gvardiol n’abamuhagarariye bamenyesheje ikipe ya Leipzig icyifuzo cyo kwerekeza mu ikipe ya Manchester City.

Josko Gvardiol, w’imyaka 21, akina mu mwanya umwe na Aymeric Laporte, ushobora gutandukana na Manchester City mu byumweru bike biri imbere nubwo iyi kipe ya Manchester City yo itaratangaza ko izagurisha uyu Myugariro w’Umunya Espagne, Aymeric Laporte.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + twelve =

Previous Post

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Next Post

Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Related Posts

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.