Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu ikipe yagaragaje ubudahangarwa i Burayi haravugwamo amakuru yo kuyitsindagira

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu ikipe yagaragaje ubudahangarwa i Burayi haravugwamo amakuru yo kuyitsindagira
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Manchester City yahiriwe n’umwaka w’imikino wa 2022-2023, igiye gusinyisha myugariro Josko Gvardiol mu rwego rwo gukomeza gukanyaga ubwugarizi bwayo.

Ibyo kuba Manchester City igiye kugura Josko Gvardiol, byemejwe n’ikipe asanzwe akinira ya Leipzig, yatangaje ko ibiganiro birimbanyije hagati y’amakipe yombi.

Amakuru y’uko Manchester City yifuza Josko Gvardiol yafashe indi ntera mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru ubwo ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Leipzig, yemezaga ko bari kuganira na Manchester City kugira ngo basoze iby’igurishwa ry’uyu mukinnyi.

Ikipe ya Leipzig yagiye yanga kugurisha uyu myugariro w’Umunya-Croatia, ariko we yamaze kuyimenyesha ko, muri iyi mpeshyi, yifuza kuyivamo akerekeza muri Manchester City, iherutse gutwara ibikombe 3 bikomeye (treble) mu mwaka w’imikino ushize.

Ikipe ya Leipzig, ibarizwa muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Budage, irifuza miliyoni 86 z’ama Pounds, zazongerwaho n’utundi duhimbazamusyi, kuri Gvardiol ufatwa nk’umwe muri ba myugariro bakiri bato, b’abahanga kandi bafite impano ku mugabane w’i Burayi.

Amakuru ava mu gihugu cy’u Bwongereza avuga ko Umunya-Espagne Pep Guardiola utoza ikipe ya Manchester City, yifuza cyane Josko Gvardiol dore ko ashaka kongera amaraso mashya mu ikipe ye nyuma y’uko igize umwaka w’imikino mwiza cyane mu mateka yayo.

Max Eberl, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri Leipzig, yavuze ko bari mu biganiro na Manchester City, ndetse yongeraho ko kuri miliyoni 100 z’ama Euros, zazongerwaho andi macye, bishobora kurangira Josko Gvardiol atojwe na Pep Guardiola muri Manchester City mu mwaka w’imikino utaha.

Ibi byahita bituma Gvardiol aba Myugariro wa mbere uhenze cyane mu mateka y’umupira w’amaguru ku isi.

Max Eberl, waganiraga n’ikinyamakuru cyo mu Budage cyitwa Leipziger-Volkszeitung, yakomeje ashimangira ko Josko Gvardiol n’abamuhagarariye bamenyesheje ikipe ya Leipzig icyifuzo cyo kwerekeza mu ikipe ya Manchester City.

Josko Gvardiol, w’imyaka 21, akina mu mwanya umwe na Aymeric Laporte, ushobora gutandukana na Manchester City mu byumweru bike biri imbere nubwo iyi kipe ya Manchester City yo itaratangaza ko izagurisha uyu Myugariro w’Umunya Espagne, Aymeric Laporte.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Haratutumba indi ntambara ishobora guhangayikisha Isi

Next Post

Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Ngoma: Igisubizo bahawe n’ubuyobozi ku kibazo kibabangamiye sicyo bari biteze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.