Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

VIDEO: Mu marira y’ibyishimo umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Rusine yarahiriye kubana n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
VIDEO: Mu marira y’ibyishimo umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Rusine yarahiriye kubana n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu marira y’imbamutima n’ibyishimo, Umunyarwenya Rusine Patrick usanzwe ari n’umunyamakuru, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, nyuma y’ukwezi kumwe amwambitse impeta amusaba kuzamubera umugore na we akazamubera umugabo.

Rusine Patrick usanzwe ari Umunyamakuru wa Radio Kiss FM, mu kwezi gushize kwa Kanama, yambitse impeta y’urukungo umukunzi we Iyrn Uwase, amusaba kumubera umugore, na we arabimwemerera.

Amakuru yamenyekanye, ni uko aba bombi basanzwe banabana nk’umugore n’umugabo, ndetse bakaba baherutse kwibaruka umwana wabo w’imfura, nk’uko uyu munyarwenya na we yabigaragaje mu mafoto yashyize hanze.

Nanone kandi Rusine na Iyrn Uwase basezeranye imbere y’amategeko, mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Kimihurura kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024.

Ubwo Rusine Patrick yavugaga indahiro ye, yageze hagati aganzwa n’imbamutima, yumvikana mu ijwi ry’ikiniga n’amarira by’ibyishimo byo kuba ateye intambwe we n’umukunzi we.

Umunyarwenya akana n’umunyamakuru Rusine Patrick, yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we banaherutse kubyarana imfura . pic.twitter.com/PsszWRilYZ

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 12, 2024

Ukwezi kwari kuzuye bamikanye impeta y’urukundo, mu gikorwa cyabaye tariki 12 Kanama 2024, ndetse buri umwe abwiye undi urwo amukunda.

Rusine mu butumwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Uyu munsi ni intangiriro yo kuzibanira nawe iteka. Uko umutima wanjye utera, ni ko mpitamo wowe.”

Arongera ati “Nishimiye kuzamarana ubuzima bwanjye bwose ngukunda iteka ryose.”

Icyo gihe kandi umukunzi we Iryn Uwase Nizra na we yari yagize ati “Kugukunda byatumye mba mwiza kurushaho, ndifuza gukomeza gukura ndi kumwe nawe.”

Nyuma yuko bambikanye impeta, aba bombi bamaze iminsi banagaragara mu biganiro batambutsa ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube, bagaruka ku rukundo rwabo batakunze kuvugaho cyane mbere.

Umunyarwenya mugenzi we Kibonke yabatahiye ibirori

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Abafatanywe magendu binjije mu Rwanda rwihishwa basobanuye amayeri bakoresheje

Next Post

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.