Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

VIDEO: Mu marira y’ibyishimo umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Rusine yarahiriye kubana n’umukunzi we

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
VIDEO: Mu marira y’ibyishimo umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Rusine yarahiriye kubana n’umukunzi we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu marira y’imbamutima n’ibyishimo, Umunyarwenya Rusine Patrick usanzwe ari n’umunyamakuru, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, nyuma y’ukwezi kumwe amwambitse impeta amusaba kuzamubera umugore na we akazamubera umugabo.

Rusine Patrick usanzwe ari Umunyamakuru wa Radio Kiss FM, mu kwezi gushize kwa Kanama, yambitse impeta y’urukungo umukunzi we Iyrn Uwase, amusaba kumubera umugore, na we arabimwemerera.

Amakuru yamenyekanye, ni uko aba bombi basanzwe banabana nk’umugore n’umugabo, ndetse bakaba baherutse kwibaruka umwana wabo w’imfura, nk’uko uyu munyarwenya na we yabigaragaje mu mafoto yashyize hanze.

Nanone kandi Rusine na Iyrn Uwase basezeranye imbere y’amategeko, mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Kimihurura kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024.

Ubwo Rusine Patrick yavugaga indahiro ye, yageze hagati aganzwa n’imbamutima, yumvikana mu ijwi ry’ikiniga n’amarira by’ibyishimo byo kuba ateye intambwe we n’umukunzi we.

Umunyarwenya akana n’umunyamakuru Rusine Patrick, yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we banaherutse kubyarana imfura . pic.twitter.com/PsszWRilYZ

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 12, 2024

Ukwezi kwari kuzuye bamikanye impeta y’urukundo, mu gikorwa cyabaye tariki 12 Kanama 2024, ndetse buri umwe abwiye undi urwo amukunda.

Rusine mu butumwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, yagize ati “Uyu munsi ni intangiriro yo kuzibanira nawe iteka. Uko umutima wanjye utera, ni ko mpitamo wowe.”

Arongera ati “Nishimiye kuzamarana ubuzima bwanjye bwose ngukunda iteka ryose.”

Icyo gihe kandi umukunzi we Iryn Uwase Nizra na we yari yagize ati “Kugukunda byatumye mba mwiza kurushaho, ndifuza gukomeza gukura ndi kumwe nawe.”

Nyuma yuko bambikanye impeta, aba bombi bamaze iminsi banagaragara mu biganiro batambutsa ku rubuga nkoranyambaga rwa YouTube, bagaruka ku rukundo rwabo batakunze kuvugaho cyane mbere.

Umunyarwenya mugenzi we Kibonke yabatahiye ibirori

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − four =

Previous Post

Abafatanywe magendu binjije mu Rwanda rwihishwa basobanuye amayeri bakoresheje

Next Post

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Related Posts

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

by radiotv10
14/01/2026
0

Umuhanzi w'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi, yambitse impeta umukunzi we Nkurunziza Retina, amusaba kuzamubera umugore, na we...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

IZIHERUKA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo
AMAHANGA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

14/01/2026
Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

Umuhanzi Nyarwanda wavuzweho urukundo na Miss w’u Rwanda yaciye impaka agaragaza umukunzi w’ukuri

14/01/2026
How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Hasobanuwe impamvu ibihano byafatiwe Sudani byagumishijweho kugeza 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.