• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
06/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Mu minsi yikurikiranya Tshisekedi aragenderera Igihugu cya gatatu ajyanywe n’iby’Igihugu cye n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi ategerejwe i Luanda muri Angola, Igihugu agiye kujyamo nyuma y’urugendo yagiriye i Burundi n’urundi yagiriye muri Congo-Brazzaville mu minsi itatu ikurikirana.

Biteganyijwe ko Perezida Tshisekedi ajya i Luanda muri Angola kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023 aho aza guhura na mugenzi we Joao Lourenco.

Ni urugendo agiriye mu Gihugu cya gatatu mu minsi itatu yikurikiranya, rukurikira urwo yagiriye i Burundi ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, aho yari yitabiriye Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yigaga ku bibazo bimaze iminsi mu burasirazuba bw’Igihugu cye (DRC).

Kuri iki Cyumweru tariki 05 Gashyantare, Perezida Tshisekedi yagiye muri Congo-Brazzaville, aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we uyobora iki Gihugu, Denis Sassou-Nguesso byabereye mu muhezo.

Kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare, Perezida Tshisekedi ategerejwe i Luanda, aho aza kwakirwa na mugenzi we uyobora Angola, Joao Lourenco.

Biteganyijwe ko mu biganiro bagirana, biza kwibanda ku ishusho y’urugendo rwo gukemura ibibazo biri hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda ndetse n’iby’umutekano mucye biri mu burasirazuba bwa Congo.

Perezida Joao Lourenco uyoboye ibikorwa bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, yagiye ayobora inama zinyuranye zirimo iyo ku ya 23 Ugushyingo 2022 yafatiwemo imyanzuro yahaye igihe ntarengwa imitwe irimo uwa M23 kuba washyize hasi intwaro.

Uru rugendo rwa Perezida Tshisekedi ruje mu gihe umutwe wa M23 ukomeje kurwana na FARDC mu mirwano iremereye.

Ruje kandi nyuma y’iyi nama yabereye i Burundi, yongeye gusaba ko Guverinoma ya Congo Kinshasa igirana ibiganiro n’imitwe yose iri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Iyi nama y’i Bujumbura kandi yasabye Ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba bitarohereza ingabo muri Congo, kuzohereza nkuko byumvikanyweho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

PremierLeague: ManCity yongeye kurungurukwa, Harry Kane yandika amateka

Next Post

Eddy Kenzo yagaragaje agahinda ko kuba Guverinoma ya Uganda yaramuteye umugongo

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Eddy Kenzo yagaragaje agahinda ko kuba Guverinoma ya Uganda yaramuteye umugongo

Eddy Kenzo yagaragaje agahinda ko kuba Guverinoma ya Uganda yaramuteye umugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.