Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu muryango uyobowe na Mushikiwabo Congo yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma

radiotv10by radiotv10
19/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu muryango uyobowe na Mushikiwabo Congo yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yahuje Abaminisitiri bo mu Bihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF), Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye gushinja u Rwanda ko rufasha M23, iy’u Rwanda ihita yibutsa ko ibi birego ari ibinyoma.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga kenshi ko ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bireba iki Gihugu ubwacyo kuko bishingiye ku ihohoterwa rikorerwa bamwe mu baturage b’iki Gihugu.

Gusa Congo Kinshasa yo yakunze kwirengagiza ibibazo byayo, ikabyegeka ku Rwanda, ivuga ko rufasha umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’Igisirikare cya Congo cyamaze kwiyambaza imitwe yitwaje intwari irimo uw’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Mu bikorwa by’inama y’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF) iri kubera i Djerba muri Tunisie, Guverinoma ya Congo yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ku Rwanda.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ugushyingo 2022, ubwo Abaminisitiri bo mu Bihugu bigize uyu muryango, uwari uhagarariye Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko u Rwanda rufasha umutwe wa M23.

Ni ibirego bitari kwihanganirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta wari muri iyi nama, wamaganye ibi birego.

Agaruka ku byo Congo yongeye gushinja u Rwanda, Dr Biruta yagize ati “Nta kintu gishya usibye ibisanzwe byo kuvuga ko M23 yateye hanyuma ko bashyigikiwe n’u Rwanda, ni byo birego byari Bihari.”

Dr Biruta akomeza agira ati “Nanjye rero nababwiye ko ikibazo cya M23 ari ikibazo cy’Abanyekongo kandi ko hari uburyo bwashyizweho n’akarere kugira ngo kibonerwe igisubizo.

Nanone nagarutse ku bijyanye n’ibivugwa muri iki gihe bijyanye no gutoteza abanyekongo bamwe, byumwihariko abakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda n’abo bita Abatutsi, ibyo byose nababwiye ko ari ibintu bigomba guhagurukira na byo bikabonerwa igisubizo.”

Minisitiri Biruta kandi yagaragarije abari muri iyi nama ko ibi bikorwa by’ihohoterwa bikorerwa bamwe mu Banyekongo byo kubaheza no kubatoteza, biba biganisha ku makimbirane n’intambara biri kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Hatahuwe umusore wibaga insinga ku mapiloni ngo azigurishe mu ‘njyamani’

Next Post

RDF yemeje ko umusirikare bikekwa ko ari uwa FARDC yarasiwe mu Rwanda

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yemeje ko umusirikare bikekwa ko ari uwa FARDC yarasiwe mu Rwanda

RDF yemeje ko umusirikare bikekwa ko ari uwa FARDC yarasiwe mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.