Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi

radiotv10by radiotv10
18/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu muziki akunda Vestine&Dorcas, muri ruhago afana Real Madrid,…-Ibiteye amatsiko kuri Guverineri Kayitesi
Share on FacebookShare on Twitter

Tubabona tukanabumva mu bitangazamakuru bagaruka kuri politiki, ariko ntitumenye ibiberekeyeho hanze ya Politiki. Guverineri w’Amajyepfo, Alice Kayitesi twaganiriye atubwira bimwe mu buzima busanzwe birimo kuba akunda gukora siporo, kumva umuziki ndetse n’ugezweho ariko akaba akunda cyane Vestine na Dorcas baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yavukiye mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanda mu Ntara y’Amajyepfo, ubu ayoboye.

Amashuri abanza yayigiye muri aka gace yavukiyemo, mu yisumbuye yerecyeza muri Rwunge rw’Amashuri (GS) Remera Rukoma mu Karere ka Kamonyi, aho yigiye icyiciro rusange, akomereza muri Groupe Scolaire Saint Joseph Kabgayi mu Karere ka Muhanga.

Amashuri makuru yayigiye muri Kaminuza y’Abadivantisiti ya AUCA mu ishami ry’Uburezi, ahakura impamyabumenyi y’Icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza, aza gukomereza muri Mount Kenya University aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye no gucunga imishinga.

 

Icyamubayeho atazibagira mu bwana bwe

Mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, Guverineri Alice Kayitesi avuga ko yakuriye mu muryango usanzwe wari ubayeho ubuzima nk’ubw’indi miryango bari baturanye.

Mu mashuri abanza yakinaga imikino isanzwe y’abana “nk’agati n’agapira, agatambaro. Ni utwo dukino twakinaga. Mu mashuri yisumbuye nakundaga cyane umukino wa Volleyball.”

Avuga ko ubwo bigaga mu mashuri abanza, mu gace k’iwabo hari abana babaga bemerewe kwambara inkweto ku ishuri mu gihe hari n’abandi batari babyemerewe barimo na we.

Alice Kayitesi unanenga iyi migenzereze ubu yamaze kuba amateka, avuga ko we n’abavandimwe be bambaraga inkweto ariko ntibazigeze ku ishuri ahubwo bajya kugerayo bakazihisha ahantu bakaza kuzifata bahinduye bavuye ku ishuri.

Ati “Rimwe rero nzisiga hafi ku gihuru ku ishuri kuko nabonaga amasaha yageze, ngarutse nsanga bazibye.”

Anenga aya mabwiriza yariho icyo gihe, ati “Ahubwo ubu dusaba abana bacu ko bagomba kugira isuku no kwambara inkweto, nk’iyo politiki y’icyo gihe ntiyari nziza, urumva nk’icyo kintu nibuka niga mu wa gatatu Primaire nkaba nkibyibuka n’ubu.”

Guverineri Kayitesi yaganirije RADIOTV10

 

Hari byinshi ashimira Leta y’Ubumwe

Guverineri Kayitesi Alice agendeye kuri aya mateka ndetse no kuba akomoka mu muryango usanzwe, avuga ko nubwo ubu ari Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, nta muntu wo mu muryango we wabaye umuyobozi mu nzego za leta ku buryo yavuga ko ari ho abikomora.

Ati “Nanabishimira cyane ubuyobozi bukuru bw’Igihugu cyacu, burebera umuntu mu cyo ashoboye hatagendewe kuvuga ku mateka y’umuntu inyuma. Mvuka mu muryango usanzwe mu muryango nyarwanda, ababyeyi banjye bakoraga ubucuruzi n’ubuhinzi, nta buyobozi cyangwa imirimo ya Leta bakoze.”

Aboneraho kugira inama abakobwa bakiri bato ko, bagomba gukorera abo bashaka kuzaba bo mu gihe kiri imbere kuko na we mu mashuri ye yose, yize afite ishyaka ndetse bikanamuhira akagenda agira amanota meza.

Ati “Nubwo imyigire yabaga itanoroshye cyangwa ukavuga uti ‘nshobora kuziga sinanatsinde’ ariko ababyeyi bakomezaga kugushyiramo uwo muhate.”

 

Uko yidagadura, indirimbo zigezweho arazumva,…

Guverineri w’Amajyepfo avuga ko asanzwe akunda siporo ndetse ko agerageza kuyishakira umwanya kugira ngo imufashe kuruhuka mu mutwe no kunanura umubiri kugira ngo arusheho kugira ubuzima buzira umuze.

Ati “Nkunda kugenda n’amaguru, nkunda kujya muri Gym Tonic, n’umwanya waboneka nkaba najya koga.”

Avuga ko indirimbo zigezweho na zo azumva ndetse ko hari n’abahanzi b’iki gihe akunda barimo Yvan Buravan watabarutse kuri uyu wa Gatatu.

Ati “Indirimbo z’iki gihe ndazikurikirana, unankoresheje iki kiganiro mu gihe kibi twabuzemo umuhanzi Yvan Buravan umwana ukiri muto, binababaje kandi ni amaboko twabuze ariko no kwihanganisha umuryango we.”

Akomeza agira ati “Abahanzi nyarwanda ndabakunda ariko ngakunda cyane abatanga ubuhamya bushobora kubaka urubyiruko, ariko byumwihariko nkunda abahanzi bacuranga indirimbo z’Imana ba Dorcas, kandi mbona bafite impano.”

Intara y’Amajyepfo ni imwe mu yavukiyemo amakipe afite ibigwi mu Rwanda ndetse n’ubu akiriho nka Rayon Sports na Mukura VS.

Guverineri Kayitesi avuga ko amakipe yose yo muri iyi Ntara ayakunda ariko byumwihariko agafana ikipe y’Igihugu Amavubi ku buryo iyo yakinnye afite umwanya adashobora gucikwa n’uwo mukino.

Naho mu makipe yo ku Mugabane w’u Burayi, Guverineri Kayitesi avuga ko akunda Real Madrid kubera imikinire yayo myiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Tshisekedi imbere y’Abakuru b’Ibihugu 16 yabaregeye u Rwanda yongera kurushinja bikomeye

Next Post

Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga

Mugiye mukiri bato kandi tukibakeneye- Minisitiri w’Umuco mu bashenguwe n’urupfu rwa Buravan na Yanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.