Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Mu myaka 18 bwa mbere urutonde rw’abahatanira igihembo cy’umukinnyi mwiza hari utarugaragayeho

radiotv10by radiotv10
07/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Mu myaka 18 bwa mbere urutonde rw’abahatanira igihembo cy’umukinnyi mwiza hari utarugaragayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Kuva muri 2005, rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo ntiyaje ku rutonde rw’abakinnyi 30 bagomba kuzavamo uzegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza ku Isi [Ballon d’Or], mu gihe mugenzi we Lionel Messi aruyoboye.

Urutonde rw’abakinnyi bazatorwamo uzatwara Ballon d’Or ya 2023 rwatangajwe kuri uyu wa Gatatu, ruriho abakinnyi benshi b’ibyamamare biganjemo abakina muri Shampiyona y’u Bwongereza [English Premier League].

Abenshi baravuga ko Messi nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona mu Bufaransa ndetse n’igikombe cy’Isi, ari we uhabwa amahirwe ya mbere yo kwegukana iki gihembo kiruta ibindi ku mukinnyi ku giti cye.

Ariko nanone ntawakwirengagiza rutahizamu Erling Braut Haaland wa Manchester City wegukanye ibikombe 3 bikomeye birimo Shampiyona y’Abongereza, FA Cup na UEFA Champions League kandi abigizemo uruhare rugaragara cyane aho yatsindagamo ibitego byinshi.

Hari n’andi mazina agarukwaho cyane, nka Kevin De Bruyne, Rodri, n’abandi.

 

Kuva muri 2005 habaye amateka

Kuva 2005 ni bwo bwa mbere bibaye ko urutonde rw’abakinnyi 30 ba nyuma bahatanira iki gihembo rusohoka hakaburaho kizigenza Cristiano Ronaldo ahanini bijyanye n’uko atagize umwaka w’imikino mwiza.

 

URUTONDE RWOSE

Josko Gvardiol, Andre Onana, Jamal Musiala, Karim Benzema, Mohamed Salah, Bukayo Saka, Kevin de Bruyne, Jude Bellingham, Randal Kolo Muani, Bernardo Silva, Khvicha Kvaratskhelia, Emiliano Martinez, Ruben Dias, Erling Haaland, Nicolo Barella, Martin Odegaard, Ilkay Gundogan, Yassine Bounou, Julian Alvarez, Vinicius Jr, Rodri, Antoine Griezmann, Lionel Messi, Lautaro Martinez, Robert Lewandowski, Kim Min-Jae, Luka Modric, Kylian Mbappe, Victor Osimhen na Harry Kane.

Umuhango wo gutanga ibi bihembo uteganyijwe kuba tariki ya 30 Ukwakira 2023, ukabera i Paris Mu Bufaransa muri Théâtre du Châtelet.

Deus Abel KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + twelve =

Previous Post

Gabon: Bongo wari ufungiye iwe kuva yakorerwa ‘Coup d’Etat’ ubu byahindutse

Next Post

Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Hasohotse amakuru atunguranye anibazwaho ku wabaye Perezida wa America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.