Wednesday, October 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in Uncategorized
0
Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo abahoze mu buyobozi bw’Itorero rya ADEPR, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ibyo burega Niyitanga Salton ushinjwa kunyereza Miliyoni 42 Frw arimo ayo bikekwa ko yahawe Abanyamakuru.

Niyitanga Salton wari umuyobozi ushinzwe ivugabutumwa muri ADEPR na bagenzi be bongeye kuburana ubujurire kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022 mu rukiko rukuru.

Abantu 12 barimo abahoze ari abayobozi mu Itorero rya ADEPR, bari babanje kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rugira abere bamwe muri bo, bituma ubushinjacyaha bujurira.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, Niyitanga Salton wari wunganiwe na Me Emmanuel Nsengiyumva, yahereweho n’Ubushinjacyaha mu gusobanurira Urukiko impamvu bwamujuririye.

Ubushinjacyaha burega Niyitanga Salton kunyereza Miliyoni 42 Frw, bwavuze aya mafaranga yayanyereje mu bihe binyuranye arimo miliyoni 6 Frw yabikuje kuri konti ya ADEPR akoresheje inyandiko mpimbano ndetse mu ibazwa akaba yarananiwe gusobanura irengero ryayo.

Gusa ngo yavuze ko yayahaye ibitangazamakuru mu rwego rwo kogeza ubutumwa mu gihe Abanyamakuru yavuze ko yayahaye bose babihakanye.

Ubushinjacyaha bwagarutse ku Banyamakuru batandatu bahawe ayo mafaranga, barimo uwahawe Miliyoni 2 Frw mu gihe harimo n’uwahawe 100.000Frw.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bwabazaga abo Banyamakuru, bose babiteye utwatsi.

Niyitanga Salton waburanye ahakana ibyaha, yabwiye Urukiko ko ibyo ashinjwa n’Ubushinjacyaha byose bidafitiwe ibimenyetso, yewe ko nta n’ubugenzuzi yakorewe ngo bwemeze ko yanyereje ayo mafaranga.

Ku bijyanye na Miliyoni 6 Frw yavuze ko zahawe Abanyamakuru, Niyitanga yavuze ko nk’umuntu wari ushinzwe ivugabutumwa, atari kubura kwifashisha Itangazamakuru kandi ko ritari gukorera Ubuntu.

Avuga ko amafaranga yakoreshejwe mu kugeza ubutumwa kure hifashishijwe itangazamakuru, nta handi yari kuva atari mu mutungo wa ADEPR.

Niyitanga Salton wavuze ko amafaranga yose ashinjwa kunyereza, yayahabwaga n’ubuyobozo bwa ADEPR, yasabye Urukiko Rukuru kuzamugira umwere nk’uko byakozwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuko ibyo ashinjwa byose bihabanye n’ukuri.

Uru rubanza rw’ubujurire rurakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + three =

Previous Post

Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia

Next Post

RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo
IMIBEREHO MYIZA

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

by radiotv10
29/10/2025
0

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

29/10/2025
Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

29/10/2025
Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

29/10/2025
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

29/10/2025
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Ibyavugiwe mu ibazwa ry’umusore ukurikiranyweho kwica umubyeyi we barimo basangira

29/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamagabe: Uruganda rw’abashinwa rwashyize mu kaga ubuzima bwe none arasaba ubuyobozi kubyinjiramo

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.