Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru

radiotv10by radiotv10
15/02/2022
in Uncategorized
0
Mu rubanza rwa Miliyoni 42 rw’uwari umuyobozi muri ADEPR hagarutswe ku mafaranga yahawe Abanyamakuru
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rubanza ruregwamo abahoze mu buyobozi bw’Itorero rya ADEPR, Ubushinjacyaha bwasobanuriye Urukiko ibyo burega Niyitanga Salton ushinjwa kunyereza Miliyoni 42 Frw arimo ayo bikekwa ko yahawe Abanyamakuru.

Niyitanga Salton wari umuyobozi ushinzwe ivugabutumwa muri ADEPR na bagenzi be bongeye kuburana ubujurire kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022 mu rukiko rukuru.

Abantu 12 barimo abahoze ari abayobozi mu Itorero rya ADEPR, bari babanje kuburanishwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rugira abere bamwe muri bo, bituma ubushinjacyaha bujurira.

Kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gashyantare 2022, Niyitanga Salton wari wunganiwe na Me Emmanuel Nsengiyumva, yahereweho n’Ubushinjacyaha mu gusobanurira Urukiko impamvu bwamujuririye.

Ubushinjacyaha burega Niyitanga Salton kunyereza Miliyoni 42 Frw, bwavuze aya mafaranga yayanyereje mu bihe binyuranye arimo miliyoni 6 Frw yabikuje kuri konti ya ADEPR akoresheje inyandiko mpimbano ndetse mu ibazwa akaba yarananiwe gusobanura irengero ryayo.

Gusa ngo yavuze ko yayahaye ibitangazamakuru mu rwego rwo kogeza ubutumwa mu gihe Abanyamakuru yavuze ko yayahaye bose babihakanye.

Ubushinjacyaha bwagarutse ku Banyamakuru batandatu bahawe ayo mafaranga, barimo uwahawe Miliyoni 2 Frw mu gihe harimo n’uwahawe 100.000Frw.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubwo bwabazaga abo Banyamakuru, bose babiteye utwatsi.

Niyitanga Salton waburanye ahakana ibyaha, yabwiye Urukiko ko ibyo ashinjwa n’Ubushinjacyaha byose bidafitiwe ibimenyetso, yewe ko nta n’ubugenzuzi yakorewe ngo bwemeze ko yanyereje ayo mafaranga.

Ku bijyanye na Miliyoni 6 Frw yavuze ko zahawe Abanyamakuru, Niyitanga yavuze ko nk’umuntu wari ushinzwe ivugabutumwa, atari kubura kwifashisha Itangazamakuru kandi ko ritari gukorera Ubuntu.

Avuga ko amafaranga yakoreshejwe mu kugeza ubutumwa kure hifashishijwe itangazamakuru, nta handi yari kuva atari mu mutungo wa ADEPR.

Niyitanga Salton wavuze ko amafaranga yose ashinjwa kunyereza, yayahabwaga n’ubuyobozo bwa ADEPR, yasabye Urukiko Rukuru kuzamugira umwere nk’uko byakozwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo kuko ibyo ashinjwa byose bihabanye n’ukuri.

Uru rubanza rw’ubujurire rurakomeza kuburanishwa kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Gashyantare 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

Iyo bavuze ko mu Nteko y’u Rwanda abagore ari 60% bintera ibinezaneza- Umuyobozi wo muri Somalia

Next Post

RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika
MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

RAB yabakanguriye guhinga umuceri irangije ibatererana mu bibazo bagize none ntishaka no kubivugaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.