Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe

radiotv10by radiotv10
29/10/2022
in MU RWANDA
1
Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byari byitezwe ko Urukiko rusoma icyemezo cyarwo ku rubanza ruregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, Umucamanza yategetse ko rugomba kuzasubirwamo bundi bushya.

Abanyamakuru ndetse na bamwe mu nshuti za hafi za Prince Kid, bari bakubise buzuye ku cyicaro ry’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, baje kumva icyemezo cy’Urukiko.

Ku isaaha ya saa saba zirengaho indi minota, Urukiko rwamenyesheje ababuranyi ko icyemezo kidasomwa ahubwo ko hafashwe icyo gusubiramo uru rubanza bundi bushya ku bw’impamvu zo gutanga ubutabera bwuzuye.

Umucamanza yavuze ko bamwe mu batangabuhamya babajijwe n’Ubugenzacyaha ndetse no mu Bushinjacyaha, bagomba no kuza imbere y’Urukiko gutanga ubuhamya bwabo.

Ni icyemezo cyasomwe, uregwa ndetse n’abamwunganira batari mu cyumba cy’iburanisha, aho iki gikorwa kitabiriwe n’Inteko y’Ubushinjacyaha yaburanye uru rubanza.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, guhamya ibyaha Ishimwe Dieudonne, rukamukatira gufungwa imyaka 16.

Prince Kid waburanye mu mizi tariki 05 Ukwakira 2022, aregwa ibyaha bibiri; gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke biganisha ku mibonano mpuzabitsina.

Ni ibyaha bishingiye ku bikorwa bivugwa ko byakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda ryamaze no kwamburwa kompanyi ya Prince Kid yari imaze igihe iritegura ikanarikoresha.

Bamwe muri abo bakobwa bavugaga ko Prince Kid yabahozaga ku nkeke, abandikira ubutumwa mu gicuku ndetse anabahamagara, mu biganiro byaganishaga ku mibonano mpuzabitsina.

Tariki 05 Ukwakira 2022, ubwo Prince yazaga kuburana mu mizi, Ubushinjacyaha bwongeye gusaba ko urubanza rwashyirwa mu muhezo, ariko we akabitera utwatsi, akifuza ko rubera mu ruhame kuko anatabwa muri yombi, byatangajwe mu bitangazamakuru.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko hakurikijwe ibivugirwa muri iyi dosiye, ku bw’impamvu mbonezabupfura, uru rubanza rukwiye gushyirwa mu muhezo.

Prince Kid waburanye ahakana ibyaha ashinjwa, yavugaga ko Abanyarwanda bakeneye kumenya ukuri kubivugwa muri ibi birego bye ndetse ko n’ababyeyi b’abo bakobwa bakeneye kumenya ukuri kwabyo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nice Ingabire says:
    3 years ago

    Ariko Ubu Abo tuganira ibyo biganiro Bose tuzabarege uziko aricyo kiganiro kiryoha munkuru zose zibaho nicyo mushobora kuganiraho umwanya muremure kurusha ikijyanye n’a business

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 17 =

Previous Post

Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko

Next Post

Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.