Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe

radiotv10by radiotv10
29/10/2022
in MU RWANDA
1
Mu rubanza rwa Prince Kid habaye ikintu kitari kitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byari byitezwe ko Urukiko rusoma icyemezo cyarwo ku rubanza ruregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, Umucamanza yategetse ko rugomba kuzasubirwamo bundi bushya.

Abanyamakuru ndetse na bamwe mu nshuti za hafi za Prince Kid, bari bakubise buzuye ku cyicaro ry’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, baje kumva icyemezo cy’Urukiko.

Ku isaaha ya saa saba zirengaho indi minota, Urukiko rwamenyesheje ababuranyi ko icyemezo kidasomwa ahubwo ko hafashwe icyo gusubiramo uru rubanza bundi bushya ku bw’impamvu zo gutanga ubutabera bwuzuye.

Umucamanza yavuze ko bamwe mu batangabuhamya babajijwe n’Ubugenzacyaha ndetse no mu Bushinjacyaha, bagomba no kuza imbere y’Urukiko gutanga ubuhamya bwabo.

Ni icyemezo cyasomwe, uregwa ndetse n’abamwunganira batari mu cyumba cy’iburanisha, aho iki gikorwa kitabiriwe n’Inteko y’Ubushinjacyaha yaburanye uru rubanza.

Ubushinjacyaha bwari bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, guhamya ibyaha Ishimwe Dieudonne, rukamukatira gufungwa imyaka 16.

Prince Kid waburanye mu mizi tariki 05 Ukwakira 2022, aregwa ibyaha bibiri; gusaba undi ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke biganisha ku mibonano mpuzabitsina.

Ni ibyaha bishingiye ku bikorwa bivugwa ko byakorewe bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda ryamaze no kwamburwa kompanyi ya Prince Kid yari imaze igihe iritegura ikanarikoresha.

Bamwe muri abo bakobwa bavugaga ko Prince Kid yabahozaga ku nkeke, abandikira ubutumwa mu gicuku ndetse anabahamagara, mu biganiro byaganishaga ku mibonano mpuzabitsina.

Tariki 05 Ukwakira 2022, ubwo Prince yazaga kuburana mu mizi, Ubushinjacyaha bwongeye gusaba ko urubanza rwashyirwa mu muhezo, ariko we akabitera utwatsi, akifuza ko rubera mu ruhame kuko anatabwa muri yombi, byatangajwe mu bitangazamakuru.

Ubushinjacyaha bwavugaga ko hakurikijwe ibivugirwa muri iyi dosiye, ku bw’impamvu mbonezabupfura, uru rubanza rukwiye gushyirwa mu muhezo.

Prince Kid waburanye ahakana ibyaha ashinjwa, yavugaga ko Abanyarwanda bakeneye kumenya ukuri kubivugwa muri ibi birego bye ndetse ko n’ababyeyi b’abo bakobwa bakeneye kumenya ukuri kwabyo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Nice Ingabire says:
    3 years ago

    Ariko Ubu Abo tuganira ibyo biganiro Bose tuzabarege uziko aricyo kiganiro kiryoha munkuru zose zibaho nicyo mushobora kuganiraho umwanya muremure kurusha ikijyanye n’a business

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Uwabaye Minisitiri w’Intebe wafunguwe ku mbabazi za Perezida Kagame yongeye guhamagazwa n’urukiko

Next Post

Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

IZIHERUKA

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira
FOOTBALL

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Perezida Kagame muri Mozambique yaganiriye na mugenzi we Nyusi (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.