Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda yongeye guhuriza hamwe abakora mu nzego zinyuranye mu gikorwa kiswe “Dinner in the Dark” [umusangiro wo mu gicuku], aho bipfuka igitambaro kirabura mu maso bagasangira ifunguro, kugira ngo bishyire mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona, bumve ububabare bwabo.

Ni igikorwa cyateguwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda n’Ihuriro ry’Abafite ubumuga bwo kutabona mu Rwanda, RUB (Rwanda Union of the Blind) muri Gahunda yiswe ‘MTN Rwanda’s Twese Initiative’, igamije kutagira umuntu n’umwe usigara inyuma.

Iyi gahunda ya Twese yatangiye muri 2021, igamije gushimangira ko abafite ubumuga ubwo ari bwo bwose, bakwiye guhabwa serivisi zose nk’abandi bantu.

Muri iki gikorwa cyabaye ku nshuro ya kabiri, kikabera muri Serena Hotel mu Mujyi wa Kigali, hakozwe umusangiro wahurije hamwe abakora mu nzego zinyuranye barimo abayobozi muri Guverinoma ndetse n’abakora mu zindi nzego zifasha abafite ubumuga bwo kutabona.

Uyu musangiro wakozwe abantu bipfutse igitambaro cy’umukara mu maso banakoresha inkoni yera, wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, aho abantu bagiye gufata ifunguro batareba, kugira ngo bumve uko bigendekera abafite ubumuga bwo kutabona.

Ubuyobozi bwa MTN Rwanda, buvuga ko iyi gahunda igamije gushyigikira ubukangurambaga bwo gukuraho imbogamizi zikizitira abafite ubumuga bwo kutabona, gushyigikira igikorwa cyo gukusanya inkunga yo kugura inkoni zera zifashishwa n’abafite ubu bumuga, ndetse no kubaka umuryango mugari wita kuri aba bantu.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Tugendeye ku migendekere ya ‘Dinner in the Dark’ yabaye umwaka ushize, twabonye itagira gusa uruhare mu kumva ibibazo bagira, ahubwo no kuzamura imibereho yabo. Harimo gutanga inkunga yo kubona inkoni yera nk’igikoresho cy’ibanze kibafasha mu ngendo, twanateye intambwe ikomeye yo kubaha ubushobozi bwo kubafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.”

Mapula Bodibe avuga ko iyi gahunda igaragaza umuhate mu bikorwa byo kubaka umuryango utagira uwo uheza ndetse no guha inkunga yo kuzamura imibereho ya buri wese.

Abaje muri uyu musangiro bambikwaga igitambaro cy’umukara
Kugira ngo bishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Bakoze ibikorwa basanzwe bakora nko gufata ifunguro ngo bumve uko abafite ubu bumuga babigenza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?

Next Post

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.