Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda yongeye guhuriza hamwe abakora mu nzego zinyuranye mu gikorwa kiswe “Dinner in the Dark” [umusangiro wo mu gicuku], aho bipfuka igitambaro kirabura mu maso bagasangira ifunguro, kugira ngo bishyire mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona, bumve ububabare bwabo.

Ni igikorwa cyateguwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda n’Ihuriro ry’Abafite ubumuga bwo kutabona mu Rwanda, RUB (Rwanda Union of the Blind) muri Gahunda yiswe ‘MTN Rwanda’s Twese Initiative’, igamije kutagira umuntu n’umwe usigara inyuma.

Iyi gahunda ya Twese yatangiye muri 2021, igamije gushimangira ko abafite ubumuga ubwo ari bwo bwose, bakwiye guhabwa serivisi zose nk’abandi bantu.

Muri iki gikorwa cyabaye ku nshuro ya kabiri, kikabera muri Serena Hotel mu Mujyi wa Kigali, hakozwe umusangiro wahurije hamwe abakora mu nzego zinyuranye barimo abayobozi muri Guverinoma ndetse n’abakora mu zindi nzego zifasha abafite ubumuga bwo kutabona.

Uyu musangiro wakozwe abantu bipfutse igitambaro cy’umukara mu maso banakoresha inkoni yera, wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, aho abantu bagiye gufata ifunguro batareba, kugira ngo bumve uko bigendekera abafite ubumuga bwo kutabona.

Ubuyobozi bwa MTN Rwanda, buvuga ko iyi gahunda igamije gushyigikira ubukangurambaga bwo gukuraho imbogamizi zikizitira abafite ubumuga bwo kutabona, gushyigikira igikorwa cyo gukusanya inkunga yo kugura inkoni zera zifashishwa n’abafite ubu bumuga, ndetse no kubaka umuryango mugari wita kuri aba bantu.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Tugendeye ku migendekere ya ‘Dinner in the Dark’ yabaye umwaka ushize, twabonye itagira gusa uruhare mu kumva ibibazo bagira, ahubwo no kuzamura imibereho yabo. Harimo gutanga inkunga yo kubona inkoni yera nk’igikoresho cy’ibanze kibafasha mu ngendo, twanateye intambwe ikomeye yo kubaha ubushobozi bwo kubafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.”

Mapula Bodibe avuga ko iyi gahunda igaragaza umuhate mu bikorwa byo kubaka umuryango utagira uwo uheza ndetse no guha inkunga yo kuzamura imibereho ya buri wese.

Abaje muri uyu musangiro bambikwaga igitambaro cy’umukara
Kugira ngo bishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Bakoze ibikorwa basanzwe bakora nko gufata ifunguro ngo bumve uko abafite ubu bumuga babigenza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 6 =

Previous Post

Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?

Next Post

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.