Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

radiotv10by radiotv10
17/11/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda habaye igikorwa cyo kwishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda yongeye guhuriza hamwe abakora mu nzego zinyuranye mu gikorwa kiswe “Dinner in the Dark” [umusangiro wo mu gicuku], aho bipfuka igitambaro kirabura mu maso bagasangira ifunguro, kugira ngo bishyire mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona, bumve ububabare bwabo.

Ni igikorwa cyateguwe ku bufatanye bwa MTN Rwanda n’Ihuriro ry’Abafite ubumuga bwo kutabona mu Rwanda, RUB (Rwanda Union of the Blind) muri Gahunda yiswe ‘MTN Rwanda’s Twese Initiative’, igamije kutagira umuntu n’umwe usigara inyuma.

Iyi gahunda ya Twese yatangiye muri 2021, igamije gushimangira ko abafite ubumuga ubwo ari bwo bwose, bakwiye guhabwa serivisi zose nk’abandi bantu.

Muri iki gikorwa cyabaye ku nshuro ya kabiri, kikabera muri Serena Hotel mu Mujyi wa Kigali, hakozwe umusangiro wahurije hamwe abakora mu nzego zinyuranye barimo abayobozi muri Guverinoma ndetse n’abakora mu zindi nzego zifasha abafite ubumuga bwo kutabona.

Uyu musangiro wakozwe abantu bipfutse igitambaro cy’umukara mu maso banakoresha inkoni yera, wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ugushyingo 2023, aho abantu bagiye gufata ifunguro batareba, kugira ngo bumve uko bigendekera abafite ubumuga bwo kutabona.

Ubuyobozi bwa MTN Rwanda, buvuga ko iyi gahunda igamije gushyigikira ubukangurambaga bwo gukuraho imbogamizi zikizitira abafite ubumuga bwo kutabona, gushyigikira igikorwa cyo gukusanya inkunga yo kugura inkoni zera zifashishwa n’abafite ubu bumuga, ndetse no kubaka umuryango mugari wita kuri aba bantu.

Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mapula Bodibe yagize ati “Tugendeye ku migendekere ya ‘Dinner in the Dark’ yabaye umwaka ushize, twabonye itagira gusa uruhare mu kumva ibibazo bagira, ahubwo no kuzamura imibereho yabo. Harimo gutanga inkunga yo kubona inkoni yera nk’igikoresho cy’ibanze kibafasha mu ngendo, twanateye intambwe ikomeye yo kubaha ubushobozi bwo kubafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.”

Mapula Bodibe avuga ko iyi gahunda igaragaza umuhate mu bikorwa byo kubaka umuryango utagira uwo uheza ndetse no guha inkunga yo kuzamura imibereho ya buri wese.

Abaje muri uyu musangiro bambikwaga igitambaro cy’umukara
Kugira ngo bishyira mu mwanya w’abafite ubumuga bwo kutabona

Bakoze ibikorwa basanzwe bakora nko gufata ifunguro ngo bumve uko abafite ubu bumuga babigenza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Ibyatangajwe mbere na nyuma y’icyemezo kuri gahunda y’u Rwanda n’u Bwongereza biraganisha he?

Next Post

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Nyamagabe: Akaga katurutse ku bikorwa bya sosiyete y’Abashinwa kari kubateza amapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.