Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ziteraniye i Kigali mu Rwanda, mu nama itegura imyitozo ya gisirikare izwiho nka USHIRIKIANO IMARA.

Iyi nama y’iminsi itatu yatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 22 Mata 2024, yitabiriwe n’abahagarariye inzego z’umutekano zo mu Bihugu bigize EAC; zirimo igisirikare, Polisi, abacungagereza, abo mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, ndetse n’abo mu nzego za gisivile.

Ni inama itegura imyitozo ya gisirikare n’urugamba izwi nka Armed Forces Field Training Exercise (FTX) USHIRIKIANO IMARA 2024 igiye kuba ku nshuro ya 13.

Mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF, Maj Gen Andrew Kagame usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Inkeragutabara, yahaye ikaze izi ntumwa zaje muri iyi nama.

Yavuze kandi ko u Rwanda rwishimiye kuzakira iyi myitozo ya USHIRIKIANO IMARA izaba muri Kamena uyu mwaka wa 2024, avuga ko iyi nama itegura iyi myitozo ishimangira ubumwe, imikoranire n’umubano by’ingabo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bigamije kubungabunga amahoro, umutekano n’ituze mu karere.

Yasabye abitabiriye iyi nama, kugirana ibiganiro byiza bigamije gushyira ku murongo ibiteganyijwe byose kugira ngo iyi myitozo iteganyijwe mu mezi abiri ari imbere izagende neza.

Col Malual Deng Mayom MANYANG, wahagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yashimiye abitabiriye iyi nama ndetse n’u Rwanda rwayakiriye.

Yavuze ko iyi nama izagenda inoza mu buryo bwa nyuma ibizatuma imyitozo ya EAC Armed Forces FTX, USHIRIKIANO IMARA 2024, igenda neza, ndetse ikazanemerezwamo uko gahunda yayo iteye.

Maj Gen Andrew Kagame yahaye ikaze abitabiriye iyi nama
Col Malual Deng Mayom MANYANG uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa EAC
Hafashwe umunota wo kuzirikana Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya uherutse kwitaba Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + sixteen =

Previous Post

Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)

Next Post

Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.