Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ziteraniye i Kigali mu Rwanda, mu nama itegura imyitozo ya gisirikare izwiho nka USHIRIKIANO IMARA.

Iyi nama y’iminsi itatu yatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 22 Mata 2024, yitabiriwe n’abahagarariye inzego z’umutekano zo mu Bihugu bigize EAC; zirimo igisirikare, Polisi, abacungagereza, abo mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, ndetse n’abo mu nzego za gisivile.

Ni inama itegura imyitozo ya gisirikare n’urugamba izwi nka Armed Forces Field Training Exercise (FTX) USHIRIKIANO IMARA 2024 igiye kuba ku nshuro ya 13.

Mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF, Maj Gen Andrew Kagame usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Inkeragutabara, yahaye ikaze izi ntumwa zaje muri iyi nama.

Yavuze kandi ko u Rwanda rwishimiye kuzakira iyi myitozo ya USHIRIKIANO IMARA izaba muri Kamena uyu mwaka wa 2024, avuga ko iyi nama itegura iyi myitozo ishimangira ubumwe, imikoranire n’umubano by’ingabo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bigamije kubungabunga amahoro, umutekano n’ituze mu karere.

Yasabye abitabiriye iyi nama, kugirana ibiganiro byiza bigamije gushyira ku murongo ibiteganyijwe byose kugira ngo iyi myitozo iteganyijwe mu mezi abiri ari imbere izagende neza.

Col Malual Deng Mayom MANYANG, wahagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yashimiye abitabiriye iyi nama ndetse n’u Rwanda rwayakiriye.

Yavuze ko iyi nama izagenda inoza mu buryo bwa nyuma ibizatuma imyitozo ya EAC Armed Forces FTX, USHIRIKIANO IMARA 2024, igenda neza, ndetse ikazanemerezwamo uko gahunda yayo iteye.

Maj Gen Andrew Kagame yahaye ikaze abitabiriye iyi nama
Col Malual Deng Mayom MANYANG uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa EAC
Hafashwe umunota wo kuzirikana Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya uherutse kwitaba Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)

Next Post

Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.