Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC

radiotv10by radiotv10
23/04/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Mu Rwanda hagiye kubera imyitozo ya Gisirikare y’Ibihugu bya EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa z’Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ziteraniye i Kigali mu Rwanda, mu nama itegura imyitozo ya gisirikare izwiho nka USHIRIKIANO IMARA.

Iyi nama y’iminsi itatu yatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 22 Mata 2024, yitabiriwe n’abahagarariye inzego z’umutekano zo mu Bihugu bigize EAC; zirimo igisirikare, Polisi, abacungagereza, abo mu nzego zishinzwe abinjira n’abasohoka, ndetse n’abo mu nzego za gisivile.

Ni inama itegura imyitozo ya gisirikare n’urugamba izwi nka Armed Forces Field Training Exercise (FTX) USHIRIKIANO IMARA 2024 igiye kuba ku nshuro ya 13.

Mu izina ry’Umugaba Mukuru wa RDF, Maj Gen Andrew Kagame usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Inkeragutabara, yahaye ikaze izi ntumwa zaje muri iyi nama.

Yavuze kandi ko u Rwanda rwishimiye kuzakira iyi myitozo ya USHIRIKIANO IMARA izaba muri Kamena uyu mwaka wa 2024, avuga ko iyi nama itegura iyi myitozo ishimangira ubumwe, imikoranire n’umubano by’ingabo mu Bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bigamije kubungabunga amahoro, umutekano n’ituze mu karere.

Yasabye abitabiriye iyi nama, kugirana ibiganiro byiza bigamije gushyira ku murongo ibiteganyijwe byose kugira ngo iyi myitozo iteganyijwe mu mezi abiri ari imbere izagende neza.

Col Malual Deng Mayom MANYANG, wahagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yashimiye abitabiriye iyi nama ndetse n’u Rwanda rwayakiriye.

Yavuze ko iyi nama izagenda inoza mu buryo bwa nyuma ibizatuma imyitozo ya EAC Armed Forces FTX, USHIRIKIANO IMARA 2024, igenda neza, ndetse ikazanemerezwamo uko gahunda yayo iteye.

Maj Gen Andrew Kagame yahaye ikaze abitabiriye iyi nama
Col Malual Deng Mayom MANYANG uhagarariye Umunyamabanga Mukuru wa EAC
Hafashwe umunota wo kuzirikana Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya uherutse kwitaba Imana

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Irebere ikiganiro cy’ubwuzu cyanyunze benshi cy’Umufaransa n’Umunyarwanda bahuye banyonga amagare (VIDEO)

Next Post

Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Ibyamenyekanye ku ibaruwa itangaje umwarimu yandikiye ‘Directeur’ amugira inama

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.