Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bakora ingendo bambuka bava mu Murenge wa Sake bajya mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamirwa n’ihindagurika ry’ibiciro byo kwambutswa, bagasaba ko hashyirwaho igiciro kizwi kandi gihoraho.

Abaturage bo mu Murenge wa Sake bakoresha icyambu cy’ahitwa ku Cyaleta, bambuka bava mu Kagari ka Gafunzo ndetse no mu bindi bice, bavuga ko babangamirwa n’izamurwa ry’ibiciro bya hato na hato, bishyirwaho n’ababambutsa bishyiriraho.

Bavuga ko abo basare bashyiraho ibiciro bitewe n’amasaha cyangwa ibihe, dore ko batangiye bishyura igiceri cy’ijana (100 Frw), nyuma bashyira kuri 200, ngo hari n’ubwo bishyura arenze ayo.

Minani Theogene utuye mu Kagari ka Gafunzo ati “Bashyira kuri maganabiri, ariko ukabona abantu abantu batangiye kwinuba. Igihe kigeze bashyira no kuri maganatatu, wahanyura ufite n’igari ugatanga amafaranga maganatanu.”

Sinayitutse Anastase wo mu Kagari ka Rukoma we yagize ati “Rimwe na rimwe ushobora no kuza cyangwa ujya mu kazi wenda nka sa kumi n’imwe bakaba bakwiyongereraho ibindi biciro.”

Aba bakoresha iki cyambu, basaba ko hajyaho igiciro kitagendeye ku masaha n’ibihe kuko urugendo bambukirizamo rudahinduka.

Biguweneza Aphrodis ati “Kugira ngo bigende neza ni uko urugendo rutahinduka, ariko Leta ishobora gushyiraho itegeko bakavuga ngo kwambuka hano ni aya. Niba ari 200 tukamenya ngo 200 bigatangazwa bikamenyekana, waba ufite igari cyangwa udafite igari.”

Nduwimana Jean Claude, umuyobozi muri iyi Koperative ya COTRES ishinzwe kwambutsa muri iki kiyaga  cya Sake yemereye RADIOTV10 ko amafaranga azamuka iyo bigeze nimugoroba ariko kandi  ngo habayeho n’izamuka rya lisansi.

Ati “Biterwa  n’amasaha nyine uko agenda yisumburaho akaba yatanga 300. Na Lisansi yahise yurira koperative irareba iravuga iti reka dushyire kuri 300 turebe ko byagenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurwnge wa Sake  Ndaruhutse Jean de Dieu yabwiye RADIOTV10 ko  icyo kibazo bakigejejweho n’abaturage, bakaba bagiye gushaka uko bavugana n’ibuyobozi bw’Umurenge wa Jarama aho iyo Koperative ifite ikicaro kugira ngo gihabwe umurongo.

Ati “Birasaba ko nazavugana na Michel (Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jarama) hanyuma Tegeri uriya uyihagarariye kuko atuye i Jarama bakaba batubwira uko gahunda y’ibiciro imeze. Ariko ibyo abaturage batishimiye nanjye barabimbwiye kuko mbere byari ijana kugenda hanyuma ubu byabaye 200, Kugenda no kugaruka bikaba 400. Ntituzi ngo icyemezo cyafatiwe mu nama rusange y’abanyamuryango ba Koperative. Icyo bisaba ni uko umuntu yakurikirana.”

Aba baturage barasaba ko ubuyobozi bw’iyi koperative ya COTRES budakwiye gushyiraho ibiciro uko bwiboneye, ahubwo ngo hakwiye gushyirwaho ibiciro bizwi kandi bihoraho, mu gihe ngo haba hari ibihindutse bakabimenyeshwa.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

Abanyamakuru bazobereye iby’umupira mu Rwanda bagaragaje ingingo yihariye mu byaranze Shampiyona

Next Post

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b'Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.