Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bakora ingendo bambuka bava mu Murenge wa Sake bajya mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamirwa n’ihindagurika ry’ibiciro byo kwambutswa, bagasaba ko hashyirwaho igiciro kizwi kandi gihoraho.

Abaturage bo mu Murenge wa Sake bakoresha icyambu cy’ahitwa ku Cyaleta, bambuka bava mu Kagari ka Gafunzo ndetse no mu bindi bice, bavuga ko babangamirwa n’izamurwa ry’ibiciro bya hato na hato, bishyirwaho n’ababambutsa bishyiriraho.

Bavuga ko abo basare bashyiraho ibiciro bitewe n’amasaha cyangwa ibihe, dore ko batangiye bishyura igiceri cy’ijana (100 Frw), nyuma bashyira kuri 200, ngo hari n’ubwo bishyura arenze ayo.

Minani Theogene utuye mu Kagari ka Gafunzo ati “Bashyira kuri maganabiri, ariko ukabona abantu abantu batangiye kwinuba. Igihe kigeze bashyira no kuri maganatatu, wahanyura ufite n’igari ugatanga amafaranga maganatanu.”

Sinayitutse Anastase wo mu Kagari ka Rukoma we yagize ati “Rimwe na rimwe ushobora no kuza cyangwa ujya mu kazi wenda nka sa kumi n’imwe bakaba bakwiyongereraho ibindi biciro.”

Aba bakoresha iki cyambu, basaba ko hajyaho igiciro kitagendeye ku masaha n’ibihe kuko urugendo bambukirizamo rudahinduka.

Biguweneza Aphrodis ati “Kugira ngo bigende neza ni uko urugendo rutahinduka, ariko Leta ishobora gushyiraho itegeko bakavuga ngo kwambuka hano ni aya. Niba ari 200 tukamenya ngo 200 bigatangazwa bikamenyekana, waba ufite igari cyangwa udafite igari.”

Nduwimana Jean Claude, umuyobozi muri iyi Koperative ya COTRES ishinzwe kwambutsa muri iki kiyaga  cya Sake yemereye RADIOTV10 ko amafaranga azamuka iyo bigeze nimugoroba ariko kandi  ngo habayeho n’izamuka rya lisansi.

Ati “Biterwa  n’amasaha nyine uko agenda yisumburaho akaba yatanga 300. Na Lisansi yahise yurira koperative irareba iravuga iti reka dushyire kuri 300 turebe ko byagenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurwnge wa Sake  Ndaruhutse Jean de Dieu yabwiye RADIOTV10 ko  icyo kibazo bakigejejweho n’abaturage, bakaba bagiye gushaka uko bavugana n’ibuyobozi bw’Umurenge wa Jarama aho iyo Koperative ifite ikicaro kugira ngo gihabwe umurongo.

Ati “Birasaba ko nazavugana na Michel (Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jarama) hanyuma Tegeri uriya uyihagarariye kuko atuye i Jarama bakaba batubwira uko gahunda y’ibiciro imeze. Ariko ibyo abaturage batishimiye nanjye barabimbwiye kuko mbere byari ijana kugenda hanyuma ubu byabaye 200, Kugenda no kugaruka bikaba 400. Ntituzi ngo icyemezo cyafatiwe mu nama rusange y’abanyamuryango ba Koperative. Icyo bisaba ni uko umuntu yakurikirana.”

Aba baturage barasaba ko ubuyobozi bw’iyi koperative ya COTRES budakwiye gushyiraho ibiciro uko bwiboneye, ahubwo ngo hakwiye gushyirwaho ibiciro bizwi kandi bihoraho, mu gihe ngo haba hari ibihindutse bakabimenyeshwa.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 7 =

Previous Post

Abanyamakuru bazobereye iby’umupira mu Rwanda bagaragaje ingingo yihariye mu byaranze Shampiyona

Next Post

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b'Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.