Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari aho itike y’urugendo rwo mu mazi ikomeje kubabera amayobera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bakora ingendo bambuka bava mu Murenge wa Sake bajya mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamirwa n’ihindagurika ry’ibiciro byo kwambutswa, bagasaba ko hashyirwaho igiciro kizwi kandi gihoraho.

Abaturage bo mu Murenge wa Sake bakoresha icyambu cy’ahitwa ku Cyaleta, bambuka bava mu Kagari ka Gafunzo ndetse no mu bindi bice, bavuga ko babangamirwa n’izamurwa ry’ibiciro bya hato na hato, bishyirwaho n’ababambutsa bishyiriraho.

Bavuga ko abo basare bashyiraho ibiciro bitewe n’amasaha cyangwa ibihe, dore ko batangiye bishyura igiceri cy’ijana (100 Frw), nyuma bashyira kuri 200, ngo hari n’ubwo bishyura arenze ayo.

Minani Theogene utuye mu Kagari ka Gafunzo ati “Bashyira kuri maganabiri, ariko ukabona abantu abantu batangiye kwinuba. Igihe kigeze bashyira no kuri maganatatu, wahanyura ufite n’igari ugatanga amafaranga maganatanu.”

Sinayitutse Anastase wo mu Kagari ka Rukoma we yagize ati “Rimwe na rimwe ushobora no kuza cyangwa ujya mu kazi wenda nka sa kumi n’imwe bakaba bakwiyongereraho ibindi biciro.”

Aba bakoresha iki cyambu, basaba ko hajyaho igiciro kitagendeye ku masaha n’ibihe kuko urugendo bambukirizamo rudahinduka.

Biguweneza Aphrodis ati “Kugira ngo bigende neza ni uko urugendo rutahinduka, ariko Leta ishobora gushyiraho itegeko bakavuga ngo kwambuka hano ni aya. Niba ari 200 tukamenya ngo 200 bigatangazwa bikamenyekana, waba ufite igari cyangwa udafite igari.”

Nduwimana Jean Claude, umuyobozi muri iyi Koperative ya COTRES ishinzwe kwambutsa muri iki kiyaga  cya Sake yemereye RADIOTV10 ko amafaranga azamuka iyo bigeze nimugoroba ariko kandi  ngo habayeho n’izamuka rya lisansi.

Ati “Biterwa  n’amasaha nyine uko agenda yisumburaho akaba yatanga 300. Na Lisansi yahise yurira koperative irareba iravuga iti reka dushyire kuri 300 turebe ko byagenda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurwnge wa Sake  Ndaruhutse Jean de Dieu yabwiye RADIOTV10 ko  icyo kibazo bakigejejweho n’abaturage, bakaba bagiye gushaka uko bavugana n’ibuyobozi bw’Umurenge wa Jarama aho iyo Koperative ifite ikicaro kugira ngo gihabwe umurongo.

Ati “Birasaba ko nazavugana na Michel (Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Jarama) hanyuma Tegeri uriya uyihagarariye kuko atuye i Jarama bakaba batubwira uko gahunda y’ibiciro imeze. Ariko ibyo abaturage batishimiye nanjye barabimbwiye kuko mbere byari ijana kugenda hanyuma ubu byabaye 200, Kugenda no kugaruka bikaba 400. Ntituzi ngo icyemezo cyafatiwe mu nama rusange y’abanyamuryango ba Koperative. Icyo bisaba ni uko umuntu yakurikirana.”

Aba baturage barasaba ko ubuyobozi bw’iyi koperative ya COTRES budakwiye gushyiraho ibiciro uko bwiboneye, ahubwo ngo hakwiye gushyirwaho ibiciro bizwi kandi bihoraho, mu gihe ngo haba hari ibihindutse bakabimenyeshwa.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 14 =

Previous Post

Abanyamakuru bazobereye iby’umupira mu Rwanda bagaragaje ingingo yihariye mu byaranze Shampiyona

Next Post

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b’Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Icyo ubuyobozi buvuga ku Bajyanama b'Ubuhinzi bamaze sizeni eshatu batabona insimburamubyizi 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.