Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari umusozi wagaragayeho ibiteye urujijo

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari umusozi wagaragayeho ibiteye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, hari umusozi ukomeje kuvamo umuriro ntawawucanye nta n’igishirira cyahaguye, ku buryo byashyize mu rujijo abahatuye, bibaza icyabiteye kikabayobera, ariko bakagira n’ibyo bakeka.

Uyu musozi wa Nyakanigwa uherereye mu Mudugudu wa Nyakagano mu Kagari ka Buhimba muri uyu Murenge wa Shangi, umaze iminsi uvamo umuriro ariko bitazwi aho waturutse.

Abahaturiye bavuga ko uyu muriro watangiye kuhagaragara muri Gicurasi uyu mwaka ubwo Intara y’Iburengerazuba yibasirwaga n’ibiza by’inkangu n’imyuzure byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku ya 03 rishyira ku ya 04 Gicurasi 2023.

Bavuga ko uko iminsi yagiye ishira uyu muriro wagiye wiyongera kuko wabanje gutangira babona hari imyotsi yoroheje ariko uko iminsi yagiye ishira wagendaga wiyongera.

Dusingize Joseph usanzwe ashinzwe umutekano mu Mudugudu wa Nyakagano uherereyemo uyu musozi, avuga ko umuriro mwinshi watangiye kugaragara mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 08 Nyakanga.

Ati “Twatangiye kubona muri urwo rutare hacucukamo umuriro mwinshi, ukagurumana hamwe n’icyotsi cyinshi. Abo hakurya y’Ikivu mu Murenge wa Bushekeri bakajya bawubona bakaduhamagara ngo dutabare.”

Ni mu gihe ugeze ahagaragara uyu muriro, atawubona ariko mu kanya kamwe ukongera ugacucukmukamo, unamenagura amabuye.

Aba baturage bavuga ko byabateye ikikango ku buryo n’abahingaga hafi y’ahaka uyu muriro, babihagaritse.

Ntabanganyimana Berthe ati “Nta mwana wahohereza, n’uwagucitse akajya gukinira ahandi usigarana umutima uhagaze, ugira ngo ni ho yagiye. Imirimo y’ubuhinzi hariya twarayihagaritse.”

Ndayisabye Joseph, uyobora by’agateganyo Umurenge wa Shangi, yagiriye inama abaturage batuye hafi y’uyu musozi, ko bakwiye kwitwararika.

Ati “Turabasaba kwirinda kujya kuri uriya musozi kuko bashobora kujyayo bazi ko bitari gutwika bagerayo bagasanga byahinduye isura bikaba byabateza ibyago.”

Bamwe mu baturage bakeka ko muri uyu musozi, hashobora kuba harimo imitungo kamere ituma hapfupfunukamo uyu muriro, nka peteroli cyangwa amabuye y’agaciro, bagasaba ko hakorwa ubushakashatsi ku cyaba gitera uyu muriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 1 =

Previous Post

Inkuru nziza ku Baturarwanda bakunda Gospel

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe
IBYAMAMARE

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

by radiotv10
18/11/2025
0

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

18/11/2025
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.