Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hari umusozi wagaragayeho ibiteye urujijo

radiotv10by radiotv10
01/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Mu Rwanda hari umusozi wagaragayeho ibiteye urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke, hari umusozi ukomeje kuvamo umuriro ntawawucanye nta n’igishirira cyahaguye, ku buryo byashyize mu rujijo abahatuye, bibaza icyabiteye kikabayobera, ariko bakagira n’ibyo bakeka.

Uyu musozi wa Nyakanigwa uherereye mu Mudugudu wa Nyakagano mu Kagari ka Buhimba muri uyu Murenge wa Shangi, umaze iminsi uvamo umuriro ariko bitazwi aho waturutse.

Abahaturiye bavuga ko uyu muriro watangiye kuhagaragara muri Gicurasi uyu mwaka ubwo Intara y’Iburengerazuba yibasirwaga n’ibiza by’inkangu n’imyuzure byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku ya 03 rishyira ku ya 04 Gicurasi 2023.

Bavuga ko uko iminsi yagiye ishira uyu muriro wagiye wiyongera kuko wabanje gutangira babona hari imyotsi yoroheje ariko uko iminsi yagiye ishira wagendaga wiyongera.

Dusingize Joseph usanzwe ashinzwe umutekano mu Mudugudu wa Nyakagano uherereyemo uyu musozi, avuga ko umuriro mwinshi watangiye kugaragara mu ntangiro z’uku kwezi, tariki 08 Nyakanga.

Ati “Twatangiye kubona muri urwo rutare hacucukamo umuriro mwinshi, ukagurumana hamwe n’icyotsi cyinshi. Abo hakurya y’Ikivu mu Murenge wa Bushekeri bakajya bawubona bakaduhamagara ngo dutabare.”

Ni mu gihe ugeze ahagaragara uyu muriro, atawubona ariko mu kanya kamwe ukongera ugacucukmukamo, unamenagura amabuye.

Aba baturage bavuga ko byabateye ikikango ku buryo n’abahingaga hafi y’ahaka uyu muriro, babihagaritse.

Ntabanganyimana Berthe ati “Nta mwana wahohereza, n’uwagucitse akajya gukinira ahandi usigarana umutima uhagaze, ugira ngo ni ho yagiye. Imirimo y’ubuhinzi hariya twarayihagaritse.”

Ndayisabye Joseph, uyobora by’agateganyo Umurenge wa Shangi, yagiriye inama abaturage batuye hafi y’uyu musozi, ko bakwiye kwitwararika.

Ati “Turabasaba kwirinda kujya kuri uriya musozi kuko bashobora kujyayo bazi ko bitari gutwika bagerayo bagasanga byahinduye isura bikaba byabateza ibyago.”

Bamwe mu baturage bakeka ko muri uyu musozi, hashobora kuba harimo imitungo kamere ituma hapfupfunukamo uyu muriro, nka peteroli cyangwa amabuye y’agaciro, bagasaba ko hakorwa ubushakashatsi ku cyaba gitera uyu muriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Inkuru nziza ku Baturarwanda bakunda Gospel

Next Post

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Related Posts

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

by radiotv10
08/12/2025
0

A member of the Rwandan Parliament, Hon. Germaine Mukabalisa has made history at the East African Community (EAC) Games, held...

IZIHERUKA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma
AMAHANGA

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

09/12/2025
Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

09/12/2025
Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

09/12/2025
Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

08/12/2025
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Umunyabigwi muri ruhago nyarwanda yasezeye burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.