Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mu Rwanda hategerejwe umushyitsi ari we Perezida wa Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Daniel Francisco Chapo umaze umwaka atsindiye kuyobora Igihugu cya Mozambique, ategerejwe mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije gukomeza guteza imbere umubano n’ubucuti hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida Daniel Francisco Chapo aratangira uruzinduko rwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Kanama 2025, aho biteganyijwe ko azasura ibikorwa binyuranye, nk’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi asura akigera i Kigali.

Biteganyijwe kandi ko none tariki 27 Kanama, Perezida wa Mozambique aza kwakirwa na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu biro bye muri Village Urugwiro, banagirane ibiganiro.

Abakuru b’Ibihugu byombi kandi baranayobora ibiganiro bihuza abayobozi mu nzego Nkuru ku mpande zombi, bigamije gukomeza guteza imbere imikoranire n’ubufatanye busanzwe buhagaze neza.

Muri uru ruzinduko rw’iminsi ibiri, kuri uyu wa Kane tariki 28 Kanama 2025, Perezida Daniel Francisco Chapo azanasura icyanya cy’Inganda i Masoro, mu rwego rwo kureba ibyo Igihugu cye cyakwigira ku Rwanda mu rwego rw’ishoramari mu nganda.

Biteganyijwe kandi ko kuri uyu wa Kane, Perezida Daniel Francisco Chapo azanahura n’abo mu rwego rw’abikorera mu Rwanda barimo abashoramari bifuza gushora imari muri Mozambique kugira ngo bungurane ibitekerezo.

Uru ruzinduko rwa Perezida wa Mozambique, ruraza nyuma yuko kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2025, bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’iki Gihugu barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Maria Manuela dos Santos Lucas, Minisitiri w’Ingabo, Gen Maj Cristóvão Artur Chume, Umugaba Mukuru w’ingabo za Mozambique, Gen Maj André Rafael Mahunguane n’Umuyobozi wa Polisi, CP Fabião Pedro Nhancololo, bageze mu Rwanda.

Aba bayobozi kandi banagiranye n’ibiganiro n’abo mu Rwanda, byayobowe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, General (Rtd) James Kabarebe, aho impande zombi zaganiriye n’ubundi ku mikoranire yagutse y’ibi Bihugu byombi.

U Rwanda na Mozambique, bisanzwe ari Ibihugu bifitanye imikoranire ihagaze neza, byumwihariko ishingiye ku bufatanye mu by’umutekano, aho u Rwanda rufite abasirikare n’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado yari yarazengerejwe n’ibyihebe, ariko aho inzego z’umutekano z’u Rwanda zigereyeyo, ibintu bikaba byarahindutse.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane wa Mozambique, Amb. Maria Manuela dos Santos Lucas

Haraye habaye ibiganiro by’impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 3 =

Previous Post

Umusaza n’umukecuru b’i Rwamagana bashinjanya ingeso mbi bafitiwe impungenge n’abaturanyi

Next Post

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.