Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi
Share on FacebookShare on Twitter

Hoteli y’Inyenyeri eshanu y’ubwato buri mu mazi y’Ikiyaga cya Kivu, yatangiye kugeragzwa mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ikazabasha gutanga serivisi mu Turere dutatu.

Ubu bwato bukaba na hoteli bwiswe Kivu Queen Uburanga, bwashyizwe mu mazi kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023, nyuma y’umushinga umaze igihe wubakwa.

Iyi nkuru nziza yatangajwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois mu butumwa yanyujije kuri Twitter, buherekejwe n’amashusho agaragaza bamwe mu baturage babyinira ku rukoma ko uyu mushinga ugezweho.

Ubutumwa bwa Habitegeko bugaragaza ko muri iyi Ntara y’Iburengerazuba bishimiye uyu mushinga mushya ubayeho mu Rwanda, yagize ati “Ubwato bwa Kivu Queen bwubakiwe 100% mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, bwageze aho bushyirwa mu mazi uyu munsi.”

Iyi hoteli y’inyenyeri eshanu y’ubwato bwubatse nk’inzu y’igorofa, yagaragaye mu Kiyaga cya Kivu aho izajya inatangira serivisi mu Turere twa Karongi, Rubavu na Rusizi twose dukora kuri iki Kiyaga cya Kivu tukaba utwo mu Ntara y’Iburengerazuba.

Ubu bwato bufite ibyumba 10 bigezwe ndetse n’ubwogero (Piscine), Resitora, akabari ndetse no ku ibaraza aho abantu bazajya bicara bareba ibyiza by’Ikiyaga n’ubwiza bw’u Rwanda.

Ibyumba by’iyi hoteli, biri ku rwego nk’ibyo muri hoteli z’inyenyeri eshanu, biba birimo buri kimwe cyose umuntu wakirayemo akenera, kandi byose byo ku rwego rwo hejuru.

Ubu bwato bwavuzwe cyane ubwo bwatangiraga kubakwa, bwubastwe na kompanyi yo muri Afurika y’Epfo ya AfriNest, mu gihe iyi Hoteli izagenzurwa na sosiyete y’Abafaransa ya Mantis isanzwe ari iy’Ikipe cya Accor Group, kizobereye mu byo gucunga amahoteri ku Mugabane w’u Burayi, kikaba ari icya gatandatu ku Isi muri izi serivisi.

Biteganyijwe ko ubu Bwato bukaba na Hoteli, buzafungurwa ku mugaragaro muri Kamena uyu mwaka wa 2023, aho bwitezweho kuzakurura ba mukerarugendo benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + fourteen =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

Next Post

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.