Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi
Share on FacebookShare on Twitter

Hoteli y’Inyenyeri eshanu y’ubwato buri mu mazi y’Ikiyaga cya Kivu, yatangiye kugeragzwa mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ikazabasha gutanga serivisi mu Turere dutatu.

Ubu bwato bukaba na hoteli bwiswe Kivu Queen Uburanga, bwashyizwe mu mazi kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023, nyuma y’umushinga umaze igihe wubakwa.

Iyi nkuru nziza yatangajwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois mu butumwa yanyujije kuri Twitter, buherekejwe n’amashusho agaragaza bamwe mu baturage babyinira ku rukoma ko uyu mushinga ugezweho.

Ubutumwa bwa Habitegeko bugaragaza ko muri iyi Ntara y’Iburengerazuba bishimiye uyu mushinga mushya ubayeho mu Rwanda, yagize ati “Ubwato bwa Kivu Queen bwubakiwe 100% mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, bwageze aho bushyirwa mu mazi uyu munsi.”

Iyi hoteli y’inyenyeri eshanu y’ubwato bwubatse nk’inzu y’igorofa, yagaragaye mu Kiyaga cya Kivu aho izajya inatangira serivisi mu Turere twa Karongi, Rubavu na Rusizi twose dukora kuri iki Kiyaga cya Kivu tukaba utwo mu Ntara y’Iburengerazuba.

Ubu bwato bufite ibyumba 10 bigezwe ndetse n’ubwogero (Piscine), Resitora, akabari ndetse no ku ibaraza aho abantu bazajya bicara bareba ibyiza by’Ikiyaga n’ubwiza bw’u Rwanda.

Ibyumba by’iyi hoteli, biri ku rwego nk’ibyo muri hoteli z’inyenyeri eshanu, biba birimo buri kimwe cyose umuntu wakirayemo akenera, kandi byose byo ku rwego rwo hejuru.

Ubu bwato bwavuzwe cyane ubwo bwatangiraga kubakwa, bwubastwe na kompanyi yo muri Afurika y’Epfo ya AfriNest, mu gihe iyi Hoteli izagenzurwa na sosiyete y’Abafaransa ya Mantis isanzwe ari iy’Ikipe cya Accor Group, kizobereye mu byo gucunga amahoteri ku Mugabane w’u Burayi, kikaba ari icya gatandatu ku Isi muri izi serivisi.

Biteganyijwe ko ubu Bwato bukaba na Hoteli, buzafungurwa ku mugaragaro muri Kamena uyu mwaka wa 2023, aho bwitezweho kuzakurura ba mukerarugendo benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + eleven =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

Next Post

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.