Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi
Share on FacebookShare on Twitter

Hoteli y’Inyenyeri eshanu y’ubwato buri mu mazi y’Ikiyaga cya Kivu, yatangiye kugeragzwa mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ikazabasha gutanga serivisi mu Turere dutatu.

Ubu bwato bukaba na hoteli bwiswe Kivu Queen Uburanga, bwashyizwe mu mazi kuri uyu wa Mbere tariki 03 Mata 2023, nyuma y’umushinga umaze igihe wubakwa.

Iyi nkuru nziza yatangajwe na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois mu butumwa yanyujije kuri Twitter, buherekejwe n’amashusho agaragaza bamwe mu baturage babyinira ku rukoma ko uyu mushinga ugezweho.

Ubutumwa bwa Habitegeko bugaragaza ko muri iyi Ntara y’Iburengerazuba bishimiye uyu mushinga mushya ubayeho mu Rwanda, yagize ati “Ubwato bwa Kivu Queen bwubakiwe 100% mu Karere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, bwageze aho bushyirwa mu mazi uyu munsi.”

Iyi hoteli y’inyenyeri eshanu y’ubwato bwubatse nk’inzu y’igorofa, yagaragaye mu Kiyaga cya Kivu aho izajya inatangira serivisi mu Turere twa Karongi, Rubavu na Rusizi twose dukora kuri iki Kiyaga cya Kivu tukaba utwo mu Ntara y’Iburengerazuba.

Ubu bwato bufite ibyumba 10 bigezwe ndetse n’ubwogero (Piscine), Resitora, akabari ndetse no ku ibaraza aho abantu bazajya bicara bareba ibyiza by’Ikiyaga n’ubwiza bw’u Rwanda.

Ibyumba by’iyi hoteli, biri ku rwego nk’ibyo muri hoteli z’inyenyeri eshanu, biba birimo buri kimwe cyose umuntu wakirayemo akenera, kandi byose byo ku rwego rwo hejuru.

Ubu bwato bwavuzwe cyane ubwo bwatangiraga kubakwa, bwubastwe na kompanyi yo muri Afurika y’Epfo ya AfriNest, mu gihe iyi Hoteli izagenzurwa na sosiyete y’Abafaransa ya Mantis isanzwe ari iy’Ikipe cya Accor Group, kizobereye mu byo gucunga amahoteri ku Mugabane w’u Burayi, kikaba ari icya gatandatu ku Isi muri izi serivisi.

Biteganyijwe ko ubu Bwato bukaba na Hoteli, buzafungurwa ku mugaragaro muri Kamena uyu mwaka wa 2023, aho bwitezweho kuzakurura ba mukerarugendo benshi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Perezida Kagame yavuze icyatumye habaho impinduka nziza mu gushaka umuti w’ibyo muri Congo

Next Post

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.