Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa

radiotv10by radiotv10
29/06/2021
in MU RWANDA
0
Muhanga: Abanyeshuri barinubira ibihano bahabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Munyinya mu karere ka Muhanga barinubira ibihano bahabwa n’ubuyozi bw’iri shuri birimo kwamburwa amakayi,  gukubitwa no gukoreshwa ibihano by’igihe kirekire. Ubuyobozi bw’ikigo  buvuga ko ibyo aibyo abanyeshuri bavuga Atari byo.

Bamwe mu banyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Munyinya  batashatse ko dutangaza imyirondoro y’abo kubw’impamvu z’umutekano wabo, babwiye RadioTv10 ko iyo bakererewe ubuyobozi bw’iki kigo bubambura amakayi ubundi bukabahanisha ibihano birimo gukoropa ubwiherero icyumweru cyose, cyarangira bakabona gusubbizwa amakaye.

Umwe yagize ati”  bikunda kubaho cyane nk’iyo abanyeshuri bakererewe niho bakunda kuduha icyo gihano, bakadupfukamisha bagafata ibikapu  byacu bakabishira mu biro.”

Uyu munyeshuri kimwe na bagenzi be bandi bavuga ko bagiye bafatirwa mu ikosa ryo gukerererwa bakamburwa amakayi yabo ubundi bagahabwa ibihano byo gukoropa ubwiherero mu gihe cyingana n’icyumweru cyose badakandigira mu ishuri ndetse batanabona uko basubiramo amasomo kuko amakayi yabo baba bayambuwe.

Aba banyeshuri kandi banavuga ko Atari ibyo gusa ahubwo bajya banakubitirwa  mu biro by’umuyobozi w’ikigo bashinze inkokora banafashe ku matwi.

Ndindabahizi Protogène umuyobozi w’iri shuri avuga ko abo banyeshuri  babeshya ko nta munyeshuri baha ibihano by’icyumweru cyose  ahubwo ko hari abahora bahanwa kubera guhora bakosa.

Daniel Habyarimana ushinzwe uburezi mu karere ka Muhanga we avuga ko yumva ibyo bidashoboka ko hari umuyobozi w’ikigo wakwambura abana amakayi, gusa akavuga ko ibijyanye no kuba umwana yahabwa igihano runaka bijyendana na gahunda z’ikigo mu rwego rwo gukosora no kugarura abana mu murongo.

Icyi kigo kandi mu minsi yashize ni nacyo RadioTV10 yari yasanzeho abana basohorwamu bizami bamwe ngo kubera ko bafite imisatsi abandi bazira ko hari amafaranga asabwa ku ishuri batari bishyura.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 20 =

Previous Post

Burera: Abahinzi b’ibigori barashinja RAB kubizeza isoko ry’umusaruro none amaso yaheze mu kirere

Next Post

Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yavuguruwe, ingendo ziratangirana Nyakanga zihagarara saa kumi n’ebyiri

Related Posts

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yavuguruwe, ingendo ziratangirana Nyakanga zihagarara saa kumi n’ebyiri

Amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yavuguruwe, ingendo ziratangirana Nyakanga zihagarara saa kumi n’ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.